Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Ibyakozwe 9:6 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

6 Ariko haguruka winjire mu mugi, bari bukubwire icyo ugomba gukora.»

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

6 Ariko haguruka ujye mu mudugudu, uzabwirwa ibyo ukwiriye gukora.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

6 Ariko haguruka ujye mu mujyi, uzahabwirirwa icyo ugomba gukora.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

6 Ariko haguruka ujye mu mujyi, uzahabwirirwa icyo ugomba gukora.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Ibyakozwe 9:6
33 Iomraidhean Croise  

Niba hari umuntu waba atinya Uhoraho, Uhoraho amwereka inzira agomba kunyura.


Uhoraho, hahirwa umuntu wowe ukosora, maze ukamwigishisha amategeko yawe,


kandi izo nzira zayo narazibonye! Nyamara ariko, nzayikiza, nyiyobore, nyihumurize kimwe n’abayo bababaye,


Ikindi kandi, ibi byose byakozwe n’ikiganza cyanjye, ibyaremwe byose ni ibyanjye, uwo ni Uhoraho ubivuze. Ariko uwo nitaho cyane ni umukene, ufite umutima ushavuye kandi akubaha ijambo ryanjye.


Nuko rirambwira riti «Mwana w’umuntu, haguruka ngire icyo nkubwira.»


Ubwo nari aho ngaho, ububasha bw’Uhoraho bunsesekaraho maze arambwira ati «Haguruka ujye mu kibaya, mfite icyo mpakubwirira.»


Narabyumvise maze nkuka umutima, iyo nkuru ituma iminwa yanjye ihinda umushyitsi, ingingo zanjye ziratatana, amaguru yanjye aradandabirana. Nyamara ntegereza nitonze uwo munsi w’amakuba, ugiye kugwirira ihanga ryadushikamiye!


Abenshi mu ba mbere bazaba aba nyuma, n’abenshi mu ba nyuma bazaba aba mbere.


Inteko y’abantu ikabaza Yohani iti «Tubigenze dute?»


Baramusubiza bati «Twatumwe n’umutegeka w’abasirikare witwa Koruneli, umuntu w’intungane, utinya Imana kandi agashimwa n’umuryango wose w’Abayahudi. Yabwiwe rero n’umumalayika mutagatifu kugutumira, kugira ngo yumve ibyo umubwira.»


Wohereze rero abantu i Yope, utumire Simoni uhimbwa irya Petero aze hano. Acumbitse mu rugo rwa Simoni w’umukannyi, iruhande rw’inyanja’.


Acumbitse ku wundi muntu witwa Simoni w’umukannyi, utuye mu rugo ruri iruhande rw’inyanja.»


Ngo bumve ayo magambo barakangarana, babaza Petero n’izindi Ntumwa bati «Bavandimwe, dukore iki?»


Ni ko kubaza nti ’Nkore iki se, Nyagasani?’ Nyagasani aransubiza ati ’Haguruka ujye i Damasi, ni ho bazakubwira ibyo wagenewe gukora byose.’


Ariko byuka, maze uhagarare! Igitumye nkubonekera ni uko nakugeneye kuba umugaragu wanjye n’umuhamya w’ibyo ubonye, n’uw’ibyo nzakwereka hanyuma.


Sawuli arabaza ati «Uri nde, Nyagasani?» Iryo jwi rirasubiza riti «Ndi Yezu, uwo uriho utoteza!


Izayi we ntatinya kuvuga ati «Nabonywe n’abatanshakashakaga, nigaragariza abatambaririzaga».


kuko bayobewe ubutungane buturuka ku Mana, bashaka gushyiraho ubwabo bwite, ntibayoboka ubutungane bw’Imana.


Amategeko yaje agwiza icyaha, ariko aho icyaha cyakwiriye, ineza yarushijeho kuhasendera


Kera, amategeko atarabaho, nari muzima. Aho itegeko rihingukiye, icyaha kirabaduka,


None rero nkoramutima zanjye, ubwo mutahwemye kumvira igihe nari mpari, n’ubu ngubu ndahari mubikomeze ndetse murusheho; ngaho nimushishikarire uburokorwe bwanyu mufite ubwoba kandi mudagadwa,


Nyamara, Imana iduha ingabire yisumbuyeho, kuko Ibyanditswe bigira biti «Imana yima abirasi, ariko abiyoroshya ikabagirira ubuntu.»


Nujya gutura igitambo, uzahamagare Yese. Ni jyewe ubwanjye uzakwereka icyo ugomba gukora, uwo nzakwereka uzamunsigira amavuta.»


Sawuli abonye ingabo z’Abafilisiti ariheba, akuka umutima cyane.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan