Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Ibyakozwe 8:40 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

40 Naho Filipo ngo arebe, asanga ari mu mugi wa Azoti, maze yamamaza Inkuru Nziza mu migi yose yanyuragamo, kugeza ko agera i Kayizareya.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

40 Ariko Filipo abonekera muri Azoto, agenda abwira abantu ubutumwa bwiza mu midugudu yose, kugeza aho yagereye i Kayisariya.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

40 Filipo agiye kubona asanga ari ahitwa Azoto, maze agenda yamamaza Ubutumwa bwiza mu mijyi yose kugeza aho yagereye i Kayizariya.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

40 Filipo agiye kubona asanga ari ahitwa Azoto, maze agenda yamamaza Ubutumwa bwiza mu mijyi yose kugeza aho yagereye i Kayizariya.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Ibyakozwe 8:40
21 Iomraidhean Croise  

Ashidodi izaturwa n’ibinyendaro, nzatsembe n’ubwibone bw’Umufilisiti.


I Kayizareya hakaba umuntu witwa Koruneli, wari umutegeka w’abasirikare bo mu mutwe witwa «uw’Ubutaliyani».


Ku munsi ukurikiyeho, Petero agera i Kayizareya, asanga Koruneli abategereje, yatumiye bene wabo n’incuti ze z’amagara.


Ako kanya, abantu batatu bari baturutse i Kayizareya bantumweho, baba bahagaze ku rugo nari ncumbitsemo.


Herodi amushakisha hose ariko ntiyamubona, ni bwo rero abanje kubaza abarinzi, hanyuma ategeka ko babica. Birangiye, Herodi ava mu Yudeya, ajya i Kayizareya ahamara iminsi.


yomokera i Kayizareya ajya gusura Kiliziya y’aho, hanyuma amanuka ajya Antiyokiya,


Abigishwa b’i Kayizareya bari baduherekeje, batujyana gucumbika ku muntu witwa Munasoni ukomoka i Shipure, wari umwigishwa kuva kera.


Bukeye, turagenda tugera i Kayizareya twinjira kwa Filipo, umwogezi w’Inkuru Nziza, wari umwe muri ba Barindwi, nuko ducumbika iwe.


Hanyuma ahamagara babiri mu bategeka b’abasirikare, arababwira ati «Nimutegure abasirikare magana abiri, abanyamafarasi mirongo irindwi, n’izindi ngabo magana abiri zitwaje amacumu, mwitegure guhaguruka saa tatu z’ijoro mujya i Kayizareya.


Bageze i Kayizareya, bahereza umutware Feligisi urwandiko, bamushyikiriza na Pawulo.


Nyuma y’iminsi itatu Fesito ageze muri ako karere, ava i Kayizareya ajya i Yeruzalemu.


Hashize iminsi mike, umwami Agripa na Berenisa bagera i Kayizareya, baje gusura Fesito.


Nuko Fesito abasubiza ko Pawulo afungiye i Kayizareya, kandi ko na we ubwe agomba gusubirayo bidatinze.


Fesito amara iwabo iminsi itarenze umunani cyangwa icumi, asubira i Kayizareya. Bukeye ajya mu rukiko, maze ategeka ko bazana Pawulo.


Petero na Yohani bamaze guhamya no kwamamaza ijambo rya Nyagasani, basubira i Yeruzalemu. Bamamaza Inkuru Nziza mu nsisiro nyinshi z’Abanyasamariya.


Abavandimwe ngo babimenye, baramuherekeza bamugeza i Kayizareya, maze bamwohereza i Tarisi.


mu bubasha bw’ibimenyetso n’ibitangaza, no mu bubasha bwa Roho, kugira ngo amahanga yumvire Imana. Bityo uhereye i Yeruzalemu ukazenguruka ukagera muri Iliriya, nahakwije Inkuru Nziza ya Kristu.


Ntihasigara Umunaki n’umwe mu gihugu cya Israheli, nyamara basigara i Gaza, i Gati na Ashidodi.


Abafilisiti rero bamaze kunyaga Ubushyinguro bw’Imana, babuvanye i Ebenezeri, babujyana i Ashidodi.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan