Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Ibyakozwe 8:2 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

2 Abantu bubaha Imana bahamba Sitefano, baramuririra cyane.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

2 Abantu bubahaga Imana bahamba Sitefano, baramuborogera cyane.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

2 Abantu bubahaga Imana bashyingura Sitefano kandi baramuririra cyane.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

2 Abantu bubahaga Imana bashyingura Sitefano kandi baramuririra cyane.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Ibyakozwe 8:2
19 Iomraidhean Croise  

Sara yapfiriye i Kiriyati — Haruba, ari yo Heburoni, mu gihugu cya Kanahani. Abrahamu aramuririra, aramwiraburira.


Bajyana n’amagare n’abahetswe n’amafarasi, mbese bagiye ari ikivunge.


Dawudi abwira Yowabu n’abari kumwe na we bose, ati «Nimushishimure imyambaro yanyu, mukenyere ibigunira maze muririre Abuneri.» Nuko Dawudi aherekeza ikiriba cye.


Hezekiya aratanga, asanga abasekuruza be, umurambo we ushyingurwa iruhande rw’inzira izamuka igana ku mva za bene Dawudi. Amaze gutanga, Abayuda bose n’ab’i Yeruzalemu bamuhaye icyubahiro. Nuko umuhungu we Manase amuzungura ku ngoma.


Yeremiya ahimbira Yoziya indirimbo y’amaganya; ndetse abaririmbyi n’abaririmbyikazi na bo bahimbira Yoziya indirimbo z’amaganya ku buryo uwo muhango ukiriho n’ubu muri Israheli. Nuko izo ndirimbo bazandika mu bitabo by’Amaganya.


Mwiririra uwapfuye cyangwa ngo mumugire mu cyunamo! Ahubwo nimuririre ugiye, kuko atazongera kubona ukundi igihugu cye kavukire.


None rero Uhoraho avuze atya, kuri Yoyakimu mwene Yoziya, umwami wa Yuda: Ntihazagire umuririra avuga ngo «Bavandimwe, mbega ibyago! Bashiki banjye, mbega ishyano!» Ntihazagire rwose umuririra, avuga ngo «Mbega ibyago, databuja! Mbega ibyago, nyakubahwa!»


Imbaga yose ibona ko Aroni yapfuye, nuko umuryango wa Israheli wose umara iminsi mirongo itatu umuririra.


Abigishwa ba Yohani babyumvise, baraza bajyana umurambo we, baramuhamba.


Icyo gihe, i Yeruzalemu hari umuntu witwaga Simewoni; yari intungane kandi yubaha Imana. Yari ategereje ihumure rya Israheli, kandi Roho Mutagatifu yari amurimo.


Yari umuntu wubaha kandi agatinya Imana, we n’urugo rwe rwose, akagirira ubuntu bwinshi rubanda kandi agasenga Imana ubudasiba.


Aho rero i Yeruzalemu habaga Abayahudi bubaha Imana, bari baraturutse mu mahanga yose ari mu nsi y’ijuru.


Sawuli na we yari mu bemeye ubwo bwicanyi. Uwo munsi haduka itotezwa rikomeye muri Kiliziya y’i Yeruzalemu, maze bose uretse Intumwa, batatanira mu turere twa Yudeya na Samariya.


Naho Sawuli we agumya kuyogoza Kiliziya, akinjira mu mazu, agafata abagabo n’abagore, akabashyira mu buroko.


Abayisraheli baririra Musa iminsi mirongo itatu, bari mu kibaya cya Mowabu. Hanyuma iminsi yo kuririra Musa bamwiraburira irashira.


Icyo gihe rero, Samweli yari yarapfuye, Abayisraheli bose bari baramuririye, baranamuhambye mu mugi we i Rama. Naho Sawuli yari yaraciye ubupfumu n’ibyerekeye gushikisha byose mu gihugu cyose.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan