Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Ibyakozwe 7:51 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

51 Bantu b’ijosi rishingaraye, bantu banangiye umutima n’amatwi, mugahora murwanya Roho Mutagatifu, muri kimwe n’abasekuruza banyu!

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

51 “Yemwe abatagonda ijosi, mwe abatakebwe mu mitima no mu matwi, iteka murwanya Umwuka Wera! Uko ba sekuruza wanyu bakoraga ni ko namwe mukora.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

51 “Yemwe bantu b'ibyigomeke! Yemwe bantu batagira umutima kandi b'ibipfamatwi! Muri kimwe na ba sokuruza, muhora murwanya Mwuka Muziranenge!

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

51 “Yemwe bantu b'ibyigomeke! Yemwe bantu batagira umutima kandi b'ibipfamatwi! Muri kimwe na ba sokuruza, muhora murwanya Mwuka Muziranenge!

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Ibyakozwe 7:51
38 Iomraidhean Croise  

Ariko banga kumva, ahubwo bagamika amajosi nk’uko abasekuruza babo bayagamitse banga kwemera Uhoraho, Imana yabo.


Ubu ngubu mwigamika amajosi nk’abasokuruza banyu, ahubwo nimwinjire mu Ngoro Uhoraho yihiteyemo iteka ryose, maze mukorere Uhoraho, Imana yanyu, kugira ngo abakureho amakare y’uburakari bwe.


Ariko abasokuruza bacu bo, bakwishongoyeho, bagushingana ijosi, banga kubahiriza amategeko yawe.


Warabihanije, imyaka ishira ari myinshi, ubamanuriraho umwuka wawe, urabihanangiriza, ndetse uboherereza n’abahanuzi, ariko bo banga kumva, maze worohera indi miryango yo mu bihugu, irabigabiza.


Nabwiye abirasi nti ’Nimurekere aho kwirata!’ n’abagiranabi nti ’Mutongera gushinga ijosi;


bityo ntibazabe nk’ababyeyi babo, igisekuruza kitagira umutima ushyitse, ntikigire imigambi ihuje n’iy'Imana.


Uhoraho abwira Musa, ati «Ndabona neza ko uyu muryango ufite ijosi rishingaraye!


Ngaho zamuka ugana mu gihugu gitemba amata n’ubuki. Ariko jye sinzajyana namwe, kuko muri umuryango ufite ijosi rishingaraye, hato ntazabatsembera mu nzira.»


Uhoraho rero abwira Musa, ati «Ubwire Abayisraheli uti ’Muri umuryango ufite ijosi rishingaraye! Ndamutse njyanye namwe akanya gatoya, nabarimbura. Ngaho nimufashe hasi imyambaro yanyu y’imirimbo, ndaba ndeba uko ngomba kubagenza.’»


Nuko aravuga ati «Nyagasani, niba koko mfite ubutoni mu maso yawe, ngaho databuja niyemere kugendana natwe. Yego turi umuryango ufite ijosi rishingaraye; ariko rero utubabarire ibicumuro byacu n’ibyaha byacu, maze utugire ubukonde bwawe!»


Kuko nari nzi neza ko utumva, ijosi ryawe rireze nk’umukwege w’icyuma, n’uruhanga rwawe rukomeye nk’umuringa.


Ariko bo barijujuse, bababaza umwuka we mutagatifu, ni bwo rero abateye umugongo, maze we ubwe abarwanya nk’umwanzi.


Bo nyine banze kunyumva, ntibantega amatwi; banshinganye ijosi, banga kumva no kwakira inyigisho.


Bantu ba Yuda, namwe ab’i Yeruzalemu, nimwiyegurire Uhoraho, nimwiyorosoreho ibyugarije umutima wanyu. Nimutagenza mutyo, uburakari bwanjye buzavubuka nk’umuriro; buzatwika ku buryo nta we ushobora kubuzimya, kubera imigenzereze yanyu mibi.


Ni nde nzabwira amagambo yanjye, n’ubuhamya bwanjye akabyumva? Dore amatwi yabo yarapfuye, ntibashobora kumva, ijambo ry’Uhoraho barigize igitutsi, ntibarishaka. (Uhoraho:)


Urwo rubyaro rufite umutwe ukomeye n’umutima unangiye; ndugutumyeho ngo uzarubwire uti ’Ni ko Nyagasani Uhoraho avuze.’


ya mahano mwakoze mwinjiza abanyamahanga batagenywe ku mutima no ku mubiri mu Ngoro yanjye, bakayijyamo kandi bakayandavuza, mugasangira na bo ikinure n’amaraso byanyeguriwe, mukica mutyo Isezerano ryanjye kubera ayo mahano vose!


None rero, dore uko Nyagasani Uhoraho avuze: Nta munyamahanga utagenywe ku mutima no ku mubiri uzinjira mu Ngoro yanjye, habe no mu banyamahanga batuye rwagati mu Bayisraheli.


Bazumva ko nanjye byandakaje maze nkabacira mu gihugu cy’abanzi. Cyangwa se nanone, umunsi umwe umutima wabo utagenywe uzicisha bugufi maze bemere igihano bahawe.


Impamvu y’ibyo ni uko mwansuzuguriye mu butayu bwa Sini, igihe imbaga yanshakagaho urwiyenzo. Nabategetse kugaragaza ubutungane bwanjye imbere y’Abayisraheli, muvubura amazi mu rutare, nyamara musuzugura ijambo ryanjye.» Ayo mazi ni ya yandi y’i Meriba ya Kadeshi mu butayu bwa Sini.


Nyamara ntibashoboraga guhangara ubuhanga bwe kimwe na Roho wamuvugiragamo,


Ariko uwarenganyaga mugenzi we asunika Musa, avuga ati ’Ni nde wakugize umutware n’umucamanza wacu?


Musa uwo nyine bari barihakanye bavuga bati ’Ni nde wakugize umutware n’umucamanza?’, ni we Imana yohereje kubabera umutware n’umutabazi, imutumyeho umumalayika wari wamubonekeye mu gihuru.


Ariko abasekuruza bacu banga kumwumvira, baramuhigika maze bifuza kwisubirira mu Misiri!


Abo basekuruza bacu bagirira Yozefu ishyari, baramugurisha, ajyanwa mu Misiri. Ariko Imana yari kumwe na we,


Koko kuba waragenywe byagira akamaro ukurikije amategeko, naho niba ugomera amategeko, ukugenywa kwawe kwabaye ukutagenywa.


Muramenye, ntimugashavuze Roho Mutagatifu w’Imana, wa wundi mwahawe ngo abe ikimenyetso kizabaranga ku munsi w’ukubohorwa kwanyu.


Nimugenye rero imitima yanyu, muherukire aho kumushingana ijosi,


Wowe hamwe n’abazagukomokaho, Uhoraho Imana yawe azakugenya umutima, kugira ngo ubashe gukunda Uhoraho Imana yawe n’umutima wawe wose, n’amagara yawe yose, maze ubone kugira ubugingo.


Kuko nzi amatwara yawe yo kwigomeka no kugira ijosi rishingaraye. Ubwo muri iki gihe mugomera Uhoraho, kandi nkiriho ndi kumwe namwe, hazacura iki nimara gupfa?


Uhoraho yungamo arambwira ati «Ndareba iriya mbaga, ngasanga ari imbaga ifite ijosi rishingaraye!


Umenye rero yuko ubutungane bwawe atari bwo bwatumye Uhoraho Imana yawe aguha kiriya gihugu cyiza ngo ugitunge, kuko usanzwe uri umuryango ufite ijosi rishingaraye.


Burya ni twe twagenywe by’ukuri, twe dusenga Imana ku bwa Roho wayo, twe dufite ikuzo ryacu muri Yezu Kristu, aho kwiringira umubiri.


Mwagenywe muri We; ariko iryo genywa si rya rindi rikorwa n’abantu, ahubwo ni igenywa mwakorewe na Kristu, ari ryo ribakiza irari ry’imibiri yanyu.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan