Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Ibyakozwe 7:36 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

36 Ni we wabavanye mu Misiri, akora ibitangaza n’ibimenyetso bikomeye muri icyo gihugu, ku Nyanja itukura no mu butayu mu gihe cy’imyaka mirongo ine.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

36 Kandi ni na we wabakuye muri Egiputa, amaze gukorera ibitangaza n'ibimenyetso muri icyo gihugu no mu Nyanja Itukura, no mu butayu mu myaka mirongo ine.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

36 Musa ni we wabavanye mu Misiri akora ibitangaza, atanga n'ibimenyetso muri icyo gihugu, ku Nyanja Itukura no mu butayu mu gihe cy'imyaka mirongo ine.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

36 Musa ni we wabavanye mu Misiri akora ibitangaza, atanga n'ibimenyetso muri icyo gihugu, ku Nyanja Itukura no mu butayu mu gihe cy'imyaka mirongo ine.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Ibyakozwe 7:36
38 Iomraidhean Croise  

Weretse Farawo ibimenyetso n’ibitangaza byinshi, abagaragu be n’abatuye igihugu cye ubigirizaho nkana, kuko wari uzi ko bishongoye ku bakurambere bacu, maze izina ryawe riba ikirangirire, kuva ubwo na n’ubu.


Mu myaka mirongo ine nazinutswe iyo nyoko, maze ndavuga nti ’Ni imbaga y’umutima wararutse, ntibazi amayira yanjye!’


«Ntimunangire umutima wanyu nk’i Meriba, nko ku munsi w’i Masa, mu butayu,


Iyo myaka yose imaze gushira, kuri uwo munsi nyine, imbaga y’Uhoraho yose isohoka mu gihugu cya Misiri.


Musa arambura ukuboko kwe akwerekeza ku nyanja, maze muri iryo joro ryose Uhoraho atsurisha inyanja umuyaga w’inkubi uturuka mu burasirazuba. Inyanja irakama; amazi yayo yigabanyamo kabiri,


Abayisraheli batunzwe na manu imyaka mirongo ine, kugeza igihe bagereye mu gihugu gituwe; bariye manu kugeza igihe bagereye ku mipaka y’igihugu cya Kanahani.


Nzarambura rero ukuboko kwanjye, maze nyogoze Misiri, mpakorere ibitangaza byinshi bibatera ubwoba. Nyuma yabyo, Farawo azabareka mugende.


Uhoraho abwira Musa, ati «Genda uve aha hantu, wowe n’umuryango wavanye mu gihugu cya Misiri, maze uzamuke ugana mu gihugu nasezeranije Abrahamu, na Izaki na Yakobo, nkabarahira mvuga nti ’Nzagiha urubyaro rwawe.’


Yezu aramubwira ati «Iyo mutabonye ibimenyetso n’ibitangaza, ntimwemera.»


ibitaho mu myaka mirongo ine yose bamaze mu butayu.


Nuko Imana irabazibukira, irabareka ngo basenge inyenyeri zo mu kirere, nk’uko byanditswe mu gitabo cy’Abahanuzi ngo ’Hari ubwo se mwigeze kuntura ibitambo n’amaturo, muryango wa Israheli, mu myaka mirongo ine yose mwamaze mu butayu?


Muri iyo myaka mirongo ine, imyenda yawe ntiyagusaziyeho, ibirenge byawe ntibyabyimbye


ntimunangire imitima yanyu nk’igihe cy’amananiza, nk’uko byabaye ku munsi w’igeragezwa, mu butayu;


aho abasekuruza banyu bangeragereje, bashaka kunyinja, n’ubwo bari barabonye ibikorwa byanjye, mu myaka mirongo ine.


atari nk’isezerano nagiranye n’abasekuruza babo umunsi mbafata ikiganza ngo mbakure mu gihugu cya Misiri. Kubera ko batakomeje isezerano ryanjye, nanjye narabitaruye, uwo ari Nyagasani ubivuga.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan