Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Ibyakozwe 7:30 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

30 Imyaka mirongo ine ishize, umumalayika amubonekera mu gihuru cyaka umuriro, aho yari ari mu butayu bw’umusozi wa Sinayi.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

30 “Imyaka mirongo ine ishize, marayika amubonekerera mu birimi by'umuriro waka mu gihuru, mu butayu bwo ku musozi wa Sinayi.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

30 “Imyaka mirongo ine ishize abonekerwa n'umumarayika mu gihuru cyaka umuriro, mu butayu bw'umusozi wa Sinayi.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

30 “Imyaka mirongo ine ishize abonekerwa n'umumarayika mu gihuru cyaka umuriro, mu butayu bw'umusozi wa Sinayi.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Ibyakozwe 7:30
24 Iomraidhean Croise  

Eliya arahaguruka, ararya kandi aranywa, hanyuma amaze kumva ahembutse, agenda iminsi mirongo ine n’amajoro mirongo ine kugera i Horebu, umusozi w’Imana.


Wemeye ko batugira nk’itungo riheka imizigo, utunyuza mu muriro no mu mazi, ariko amaherezo ubidukuramo, turahumeka.


Irongera iti «Ndi Imana ya so, Imana ya Abrahamu, Imana ya Izaki, Imana ya Yakobo.» Musa yipfuka mu maso, kuko yatinyaga kureba Imana.


Musa yari amaze imyaka mirongo inani, na Aroni imyaka mirongo inani n’itatu igihe bavuganye na Farawo.


Nuramuka unyuze mu mazi, nzaba ndi kumwe nawe, ukanyura mu nzuzi, ntuzarohama. Nunyura rwagati mu muriro, nta bwo uzashya, n’indimi zawo nta cyo zizagutwara,


mu mibabaro yabo yose. Nta bwo ari umuhagarariye cyangwa intumwa ye, ni we ubwe bwite wabakijije; mu rukundo rwe no mu mpuhwe ze, ni we ubwe wabacunguye. Yarabahagurukije, arabaterura muri iyo iminsi yose ya kera.


Ngaha ngiye kohereza intumwa yanjye kugira ngo intunganyirize inzira. Ni bwo Umutegetsi mushaka azaza mu Ngoro ye abatunguye; koko rero, Umumalayika w’isezerano mwifuza, nguyu araje! Uwo ni Uhoraho, Umugaba w’ingabo, ubivuga.


Naho ku byerekeye ko abapfuye bazazuka, nta bwo mwasomye mu gitabo cya Musa, uko Imana yamubwiriye muri cya gihuru kigurumana, iti ’Ndi Imana ya Abrahamu, Imana ya Izaki, n’Imana ya Yakobo?’»


Naho iby’izuka ry’abapfuye, Musa na we yabitwumvishije igihe yari yibereye imbere y’igihuru kigurumana, akita Nyagasani ngo ’Imana ya Abrahamu, Imana ya Izaki, n’Imana ya Yakobo.’


Igihe cyegereje kugira ngo Isezerano Imana yagiriye Abrahamu rirangire, umuryango uriyongera maze ugwira mu Misiri,


Musa ngo abibone biramutangaza, aregera ashaka kwitegereza, maze yumva ijwi rya Nyagasani rigira riti


’Ndi Imana y’abasekuruza bawe, Imana ya Abrahamu, ya Izaki na Yakobo.’ Musa ahinda umushyitsi, ntiyatinyuka kwitegereza.


Musa uwo nyine bari barihakanye bavuga bati ’Ni nde wakugize umutware n’umucamanza?’, ni we Imana yohereje kubabera umutware n’umutabazi, imutumyeho umumalayika wari wamubonekeye mu gihuru.


Hagara ashushanya umusozi Sinayi wo muri Arabiya, ashushanya kandi Yeruzalemu y’ubu ngubu kuko ari umuja, we n’abana be.


ibyiza biruta ibindi mu bikungahaje igihugu, hamwe n’ineza y’Uwiyerekaniye mu Gihuru cyakaga umuriro: ibyo byose biratwikire umutwe wa Yozefu, uruhanga rw’uweguriwe Uhoraho atoranyijwe muri bene se.


ariko mwebwe Uhoraho yarabafashe, abakura mu itanura rishongesha ubutare ari ryo Misiri, kugira ngo mumubere umuryango, ubukonde bwe, nk’uko mumeze ubu ngubu.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan