Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Ibyakozwe 7:25 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

25 Yatekerezaga ko abavandimwe be bazumviraho ko Imana izabarokoresha ikiganza cye, ariko ntibabyumva.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

25 Yibwiraga yuko bene wabo bamenya ko Imana ibakirisha ukuboko kwe, ariko ntibabimenya.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

25 Musa yibwiraga ko bene wabo bamenyeraho ko ari we Imana yatumye kubakiza, ariko ntibabisobanukirwa.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

25 Musa yibwiraga ko bene wabo bamenyeraho ko ari we Imana yatumye kubakiza, ariko ntibabisobanukirwa.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Ibyakozwe 7:25
20 Iomraidhean Croise  

Nahamani, umugaba w’ingabo z’umwami wa Aramu, yari umuntu wemerwa cyane na shebuja, ari umutoni we, kuko ari we Uhoraho yakoresheje agaha Aramu gutsinda. Ariko uwo mugabo w’intwari yari umubembe.


Abasekuruza bacu mu Misiri ntibigeze bumva ibitangaza byawe; biyibagije impuhwe zawe nyinshi, bivumbura ku Musumbabyose hafi y’inyanja y’Urufunzo.


Areba hirya areba hino, maze asanze nta muntu umubona, agira wa Munyamisiri amutsinda aho, amutaba mu musenyi.


Iryo jambo ariko ntibaryumva, batinya no kumubaza.


Nyamara bo, birabayobera. Ayo magambo ababera urujijo; ntibumva icyo Yezu yashakaga kuvuga.


Ariko ntibumva iryo jambo, ribabera urujijo, ntibasobanukirwa kandi batinya kumusobanuza.


Bagezeyo, bakoranya Kiliziya, babatekerereza ibyo Imana yari yakoranye na bo byose, ariko cyane cyane ko yugururiye abanyamahanga irembo ry’ukwemera.


Bageze i Yeruzalemu, Kiliziya y’aho irabakira hamwe n’Intumwa n’abakuru b’ikoraniro, hanyuma babatekerereza ibyo Imana yakoranye na bo byose.


Bamaze kujya impaka z’urudaca, Petero ni ko guhaguruka, arababwira ati «Bavandimwe, muzi ko kuva mu ntangiriro Imana yantoranyije muri mwe, kugira ngo namamaze Inkuru Nziza mu banyamahanga, maze na bo baremera.


Pawulo amaze kubaramutsa, abatekerereza ku buryo burambuye ibyo Imana yamukoresheje byose mu banyamahanga.


Ngo abone umwe muri bo agirirwa nabi, aramutabara, maze kugira ngo ahorere umuvandimwe we wagirirwaga nabi, yica wa Munyamisiri.


Bukeye asanga barwana ubwabo, agerageza kubunga agira ati ’Yemwe bagabo, ko muri abavandimwe; igituma mugirirana nabi ni iki?’


Kuko ntagira icyo niratana usibye icyo Kristu ubwe yankoresheje, ari mu magambo, ari mu bikorwa,


Ariko uko ndi kose, mbikesha ingabire y’Imana, kandi iyo ngabire ntiyambayemo impfabusa. Ahubwo ndetse nakoreye kubarusha bose; nyamara si ku bwanjye, ni ku bw’ingabire y’Imana indimo.


Twembi turi abafasha b’Imana, mwe mukaba umurima wayo n’inzu yiyubakira.


Ubwo turi abafasha b’Imana, turabashishikariza kudapfusha ubusa ubuntu bwayo.


Ngicyo icyo nduhira nkakirwanirira nkoresheje imbaraga zose mpora nterwa na We.


Baramubwira bati «Tuzanywe no kukuboha, kugira ngo tukwegurire Abafilisiti.» Samusoni arababwira ati «Nimundahire ko mwebwe ubwanyu mutazanyica.»


Rubanda babwira Sawuli, bati «Mbese Yonatani yapfa ate, kandi ari we watabaruye Israheli? Ibyo byaba ishyano kuri Uhoraho. Nuko rero, nta gasatsi ko ku mutwe we kazagwa hasi, kuko ibyo yakoze uyu munsi byose yabikoze afatanyije n’Imana.» Uko ni ko rubanda bakijije Yonatani, maze ntiyapfa.


Yemeye guhara ubugingo bwe, arwana n’Umufilisiti aramutsinda, Uhoraho yuzuriza muri we igikorwa gikomeye muri Israheli. Ibyo warabyiboneye kandi biragushimisha. Noneni kuki ushaka gucumura, umena amaraso y’umwere Dawudi, ushaka kumwica nta mpamvu?»


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan