Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Ibyakozwe 7:23 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

23 Igihe Musa yujuje imyaka mirongo ine, igitekerezo kimuzamo cyo kugenderera abavandimwe be, Abayisraheli.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

23 “Ariko amaze imyaka mirongo ine avutse, yigira inama mu mutima we kugenderera bene wabo, ari bo bana ba Isirayeli.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

23 “Musa amaze imyaka mirongo ine avutse, yiyemeje kujya gusura bene wabo b'Abisiraheli.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

23 “Musa amaze imyaka mirongo ine avutse, yiyemeje kujya gusura bene wabo b'Abisiraheli.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Ibyakozwe 7:23
18 Iomraidhean Croise  

Muri Yuda na ho ikiganza cy’Imana kibatera guhuza umugambi wo kubahiriza icyo umwami n’abanyacyubahiro be bari bategetse, bishingiye ku ijambo ry’Uhoraho.


Mu mwaka wa mbere w’ingoma ya Sirusi, umwami w’Abaperisi, Uhoraho yiyemeje gusohoza ijambo yari yaravugishije Yeremiya, nuko akangura umutima wa Sirusi, umwami w’Abaperisi, kugira ngo atangaze mu bihugu bye byose, ari mu mvugo, ari no mu nyandiko, iri teka:


Nuko abatware b’amazu ya Yuda n’ab’aya Benyamini, abaherezabitambo n’abalevi, mbese abantu bose Imana yari yarashyizemo iryo shyaka, barahaguruka ngo bajye kubaka Ingoro y’Uhoraho iri i Yeruzalemu.


(Hanyuma, jyewe Ezira ndangurura ijwi, ndavuga nti) «Nihasingizwe Uhoraho, Imana y’abasokuruza bacu, yo yashyize mu mutima w’umwami icyubahiro kingana gitya cy’Ingoro y’Uhoraho!


ab’umutima ukeye kandi wuzuye ubuntu bose baraza, batanga umusanzu w’Uhoraho mu bwubatsi bw’ihema ry’ibonaniro, n’imirimo yaryo yose, n’imyambaro mitagatifu.


Mbese Abayisraheli bose, ari abagabo ari n’abagore, bafite umutima ukeye, bazanira Uhoraho amaturo bigeneye, kugira ngo batunganye imirimo yose Uhoraho yari yabategetse abitumye Musa.


Musa aragenda, asubira kwa sebukwe Yetero; aramubwira ati «Ndagusabye, reka ngende, nsubire muri bene wacu bari mu Misiri, kugira ngo ndebe ko bakiriho.» Yetero asubiza Musa, ati «Genda amahoro!»


Musa yari amaze imyaka mirongo inani, na Aroni imyaka mirongo inani n’itatu igihe bavuganye na Farawo.


Umutima w’umwami uri mu kiganza cy’Uhoraho, akawuyobora, mbese nk’uko bayobora umugezi w’amazi aho bashatse hose.


Hashize iminsi, Pawulo abwira Barinaba ati «Reka duhindukire, dusure abavandimwe bo mu migi twamamajemo ijambo rya Nyagasani, turebe uko bameze.»


Ngo abone umwe muri bo agirirwa nabi, aramutabara, maze kugira ngo ahorere umuvandimwe we wagirirwaga nabi, yica wa Munyamisiri.


Imana ishimwe, Yo yahaye na Tito uwo mutima wo kubakunda.


Icyitwa ingabire y’agaciro cyose, n’ituro rishyitse iryo ari ryo ryose, bikomoka mu ijuru ku Mubyeyi w’urumuri, we udahinduka kandi ntatume habaho umwijima uturutse ku mihindagurike y’ibihe.


Kuko rero Imana yabihaye umutima wo kurangiza umugambi wayo, umugambi umwe rukumbi wo kwegurira Igikoko ubwami bwabyo kugeza igihe amagambo y’Imana azaba yageze ku ndunduro.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan