Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Ibyakozwe 5:9 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

9 Petero ni ko kumubwira ati «Mwaje guhuza mute umugambi, kugira ngo musembure Roho wa Nyagasani? Umva imirindi y’abavuye guhamba umugabo wawe bageze ku muryango; nawe bagiye kukujyana.»

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

9 Petero aramubaza ati “Ni iki gitumye muhuza inama yo kugerageza Umwuka w'Umwami Imana? Dore ibirenge by'abamaze guhamba umugabo wawe bigeze ku muryango, nawe barakujyana.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

9 Petero ni ko kumubwira ati: “Ni iki cyatumye muhuza inama yo kugerageza Mwuka wa Nyagasani? Umva imirindi y'abavuye guhamba umugabo wawe bageze ku muryango, nawe barakujyana.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

9 Petero ni ko kumubwira ati: “Ni iki cyatumye muhuza inama yo kugerageza Mwuka wa Nyagasani? Umva imirindi y'abavuye guhamba umugabo wawe bageze ku muryango, nawe barakujyana.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Ibyakozwe 5:9
24 Iomraidhean Croise  

Ubwo Imana yankuraga mu nzu ya data, ikanzerereza, nabwiye Sara nti ’Dore ineza uzajya ungirira aho tuzajya tugera hose: uzajye uvuga yuko ndi musaza wawe.’»


Elisha yari yicaye iwe akikijwe n’abakuru b’umugi, nuko umwami amutumaho umwe mu bagaragu be. Intumwa itaramugeraho, Elisha abwira abakuru, ati «Nimurebe! Dore wa mwana w’umwicanyi anyoherejeho umuntu wo kunca igihanga. Intumwa nigera hano, muhite mukinga urugi muyibuze kwinjira. Ubundi se ntimwumva namwe imirindi ya shebuja uje amukurikiye?»


Iyo ubonye umujura, umubera icyitso, mu busambanyi ugahabwa icyicaro.


Nyamara bakomeje kugomera Imana Isumbabyose, no kuyitambamira baca ku mategeko yayo;


Nuko rubanda batera amahane kuri Musa, bakamubwira bati «Duhe amazi yo kunywa!» Musa arabasubiza ati «Kuki munteraho amahane? Igituma mugerageza Uhoraho ni iki?»


Aho hantu ahita izina rya Massa na Meriba, (ari byo kuvuga Kigeragezo na Rwiyenzo), ku mpamvu y’urwiyenzo Abayisraheli bari bamushatseho, no kubera ko bari bagerageje Uhoraho, bavuga ngo: Mbese Uhoraho aturimo, cyangwa se si byo?


Nta kabuza umugiranabi azahanwa, ariko abakomoka ku ntungane bazakizwa.


Umutima wikuza utera Uhoraho ishozi, nta kabuza uzahanwa!


Ibiganza byabo bimenyereye gukora ibibi gusa: umutware arasaba amaturo ngo abone gutunganya umurimo we, umucamanza na we araka ruswa; umunyacyubahiro aravuga yeruye irari ry’umubiri we.


Bariya bantu babonye ikuzo ryanjye n’ibimenyetso nakoreye mu Misiri no mu butayu, hanyuma bakaba bamaze kungerageza incuro cumi zose banga kunyumvira,


Yezu aramusubiza ati «Biranditswe kandi ngo ’Ntuzagerageze Nyagasani, Imana yawe.’»


Aramuhamagaza, aramubwira ati ’Ibyo numva bakuvugaho ni ibiki? Murikira ibyanjye kuko kuva ubu utazongera kumbera mu bintu.’


None rero, ni kuki mushaka kugerageza Imana, mukorera abo bigishwa umutwaro abasekuruza bacu ndetse natwe ubwacu tutabashije kwikorera?


Nuko abasore baraza baramupfunya, maze bajya kumuhamba.


Bamwamamaza bate niba batatumwe? Nk’uko byanditswe ngo «Mbega ngo biraba byiza ibirenge by’abogeza inkuru nziza!»


Nyamara tuzi ko ibyo amategeko avuze byose, bibwirwa abagengwa n’amategeko kugira ngo akanwa kose kazibe, maze isi yose yemezwe kuba yaragomeye Imana.


Twirinde no kwinja Nyagasani, nk’uko bamwe muri bo bamugerageje, maze batsembwa n’inzoka z’ubumara.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan