Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Ibyakozwe 4:29 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

29 None rero, Nyagasani, witegereze ibyo badukangisha byose, maze uhe abagaragu bawe kuvuga ijambo ryawe bashize amanga.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

29 Kandi none Mwami Mana, reba ibikangisho byabo, uhe abagaragu bawe kuvuga ijambo ryawe bashize amanga rwose,

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

29 None Nyagasani, witegereze ibikangisho byabo, maze uhe abagaragu bawe kuvuga ibyawe dushize amanga.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

29 None Nyagasani, witegereze ibikangisho byabo, maze uhe abagaragu bawe kuvuga ibyawe dushize amanga.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Ibyakozwe 4:29
27 Iomraidhean Croise  

Shyira ejuru, uhamagare ubutizigama, urangurure ijwi nk’iry’akarumbeti, umenyeshe umuryango wanjye ibicumuro byawo, n’inzu ya Yakobo, amakosa yayo.


Itegereze maze urebe, uhereye mu ijuru, no ku Ngoro yawe ntagatifu kandi ibengerana ikuzo. Umwete wawe, n’ubutwari bwawe, kimwe na za mpuhwe zawe byahereye he? Waba se warisubiyeho, ukareka kunkunda?


kugeza ubwo Uhoraho azunama, akarebera aho ari mu ijuru.


Uhoraho, ibuka ibyatugwiririye, itegereze maze urebe uko badutuka!


Naho rero wowe, mwana w’umuntu, ntubatinye, ntuzaterwe ubwoba n’amagambo yabo nibakuvuguruza cyangwa se bakaguhinyura, kabone n’iyo wakwicara hejuru ya za manyenga. Witinya amagambo yabo cyangwa indoro yabo, kuko ari inyoko y’ibirara.


Ariko jyewe, mbikesheje umwuka w’Uhoraho, nuzuyemo imbaraga, ubutabera n’ubutwari, kugira ngo ngaragarize Yakobo ubuhemu bwe, na Israheli icyaha cye.


Nuko Pawulo na Barinaba bavuga nta cyo bishisha, bati «Byari ngombwa ko ari mwe mubanza gushyikirizwa ijambo ry’Imana! None ubwo muryamaganye, mukabona ko mwebwe ubwanyu mudakwiye ubugingo buhoraho, ngaho rero twisangiye abanyamahanga.


Pawulo na Barinaba bahamara igihe kirekire, bakigisha bashize amanga kuko bari biringiye Nyagasani wahamyaga ukuri kw’amagambo yabo, abaha gukora ibimenyetso n’ibitangaza bikomeye.


Mu mezi atatu yose, Pawulo yajyaga mu isengero akavuga ashize amanga, akagerageza kwemeza abamwumvaga ibyerekeye Ingoma y’Imana.


Ni yo mpamvu mvuga nta cyo nishisha kuko umwami mbwira abizi neza byose, nkaba mpamya ko nta na kimwe cyamusobye, kuko bitakorewe mu bwihisho.


yamamaza Ingoma y’Imana kandi yigisha ibyerekeye Yezu Kristu nta nkomyi kandi ashize amanga.


Ngo babone ukuntu Petero na Yohani bavuga bashize amanga, kandi bazi ko ari abantu batize, ahubwo ari rubanda rusanzwe, barumirwa. Baza kwibuka ko bagendanaga na Yezu;


Bamaze kubuka inabi barabarekura, kuko babuze uko babahana kubera rubanda basingizaga Imana bakurije ku byari byabaye.


Nuko ngo bamare gusenga, aho bari bateraniye hahinda umushyitsi; bose buzura Roho Mutagatifu, maze bamamaza ijambo ry’Imana bashize amanga.


Nuko Barinaba aramujyana, amushyikiriza Intumwa, azitekerereza uko yabonanye na Nyagasani mu nzira n’uko yamubwiye, n’ukuntu i Damasi yigishije mu izina rya Yezu ashize amanga.


Nuko Sawuli agumana na bo, akagenda hose muri Yeruzalemu nta cyo yishisha, ari na ko yigisha mu izina rya Yezu ashize amanga.


Ni yo mpamvu uvuga mu ndimi akwiye no gusaba Imana ingabire y’ubusobanuzi.


Kuba rero dufite ayo mizero, bituma tudahungabana.


kandi ingoyi ndiho yatumye abavandimwe benshi barushaho kwizera Nyagasani, batinyuka kwamamaza ijambo ry’Imana nta mususu.


N’ubwo i Filipi twari tumaze kuhabonera imibabaro no kuhatukirwa cyane, nk’uko musanzwe mubizi, ntibyatubujije kubasanga namwe, twiringiye Imana yacu, ngo tubagezeho Inkuru Nziza yayo mu ngorane nyinshi.


Naho Nyagasani we yambaye hafi, maze antera imbaraga kugira ngo mbashe kuhamamariza ubutumwa nshize amanga, kandi ngo abanyamahanga bose babwumve. Nuko nkizwa urwasaya rw’intare.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan