Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Ibyakozwe 4:19 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

19 Ariko Petero na Yohani barabasubiza bati «Icyaba kiboneye mu maso y’Imana ni ikihe: ari ukubumvira cyangwa se kumvira Imana? Ngaho namwe nimwihitiremo!

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

19 Petero na Yohana barabasubiza bati “Niba ari byiza imbere y'Imana kubumvira kuruta Imana nimuhitemo,

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

19 Ariko Petero na Yohani barabasubiza bati: “Mbese tubumvire cyangwa twumvire Imana? Namwe nimwihitiremo icyo Imana ishima!

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

19 Ariko Petero na Yohani barabasubiza bati: “Mbese tubumvire cyangwa twumvire Imana? Namwe nimwihitiremo icyo Imana ishima!

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Ibyakozwe 4:19
30 Iomraidhean Croise  

Ibyo ni byo byateye rubanda gucumura: ntibatinyaga no gutambagira kugera i Dani kubera iryo shusho!


Umuntu w’Imana asubiranayo na wa musaza, bageze iwe arya umugati kandi anywa amazi.


Azahana Israheli abahoye ibyaha Yerobowamu yakoze n’ibyo yakoresheje Israheli.»


Abantu bo mu mugi wa Naboti, ari bo batware n’abanyacyubahiro bari bahatuye, babigenza uko Yezabeli yabibasabye nk’uko byari byanditswe mu mabaruwa yaboherereje.


Mikayehu aramusubiza ati «Ndahiye ubuzima bw’Uhoraho, icyo Uhoraho ambwira ni cyo ndi buvuge.»


Hanyuma umwami Akhazi ategeka umuherezabitambo Uriya, agira ati «Ku rutambiro runini uzahatwikira ibitambo by’igitondo n’iby’umugoroba, unahaturire ibitambo bitwikwa n’andi maturo by’umwami. Uzahaturire n’ibitambo bitwikwa byatuwe n’abantu bose b’iki gihugu, hamwe n’amaturo yabo aseswa, kandi uzasukaho amaraso y’ibitambo byose bitwikwa n’amaraso y’ibindi bitambo byose. Naho urutambiro rw’umuringa, ni jye ubwanjye uzarufatira ibyemezo nkazabikumenyesha.»


Umuherezabitambo Uriya yubahiriza amategeko yose y’umwami Akhazi.


Igenewe umuririmbisha, ikaririmbwa nk’iyitwa «Witsemba». Iri mu zo bitirira Dawudi, bakayiririmba banihiriza ijwi.


Ariko abo bagore b’ababyaza batinya Imana; ntibagenza uko umwami wa Misiri yari yarababwiye, maze abahungu barabareka babaho.


Yeremiya abwira abatware n’umuryango wose, ati «Uhoraho ni we wanyohereje guhanurira kuri iyi Ngoro no kuri uyu mugi ibyo namwe mwiyumviye.


Efurayimu yashikamiwe izatsindwa n’urubanza, kuko yanyuzwe no kwiruka inyuma y’ibitagira shinge.


Ubu ngubu umva ijambo ry’Uhoraho, wowe uvuga ngo ’Ntuzahanurire Israheli, ntuzongere guhindanya inzu ya Izaki!’


Wizirika ku mategeko ya Omari, no ku migenzereze yose y’inzu ya Akabu; ugakurikiza amabwiriza yabo, ari na yo mpamvu nzaguhindura amatongo! Abaturage bawe nzabagira iciro ry’imigani, ukazagerekwaho n’ikimwaro cy’umuryango wanjye!»


Bati «Ni ibya Kayizari.» Nuko Yezu arababwira ati «Ibya Kayizari, mubisubize Kayizari, n’iby’Imana, mubisubize Imana!»


Yezu atuma Petero na Yohani, arababwira ati «Nimujye kudutegurira Pasika kugira ngo tuyirye.»


Ntimugace urubanza mukurikije ibigaragara, ahubwo mujye muruca mukurikije ubutabera.»


Ngo babone ukuntu Petero na Yohani bavuga bashize amanga, kandi bazi ko ari abantu batize, ahubwo ari rubanda rusanzwe, barumirwa. Baza kwibuka ko bagendanaga na Yezu;


«Twari twarabihanangirije dukomeje kutazongera kwigisha mwitwaje iryo zina, none dore Yeruzalemu yose mwayujujemo inyigisho zanyu. Murashaka rero kuduhamya amaraso y’uwo muntu?»


Petero n’izindi Ntumwa barabasubiza bati «Tugomba kumvira Imana kuruta abantu.


Reka mbabwire nk’abaciye akenge, namwe ubwanyu mwirebere ukuri kw’ibyo mvuga.


Ni yo mpamvu twirinze amatwara afifitse kandi ateye isoni; twanga kuryaryana no guhindagura Ijambo ry’Imana, ahubwo tugatangaza ukuri kwaryo kugira ngo abantu bose batwizere imbere y’Imana.


Bana, nimwumvire ababyeyi muri Nyagasani, kuko ari byo bikwiye.


Ngicyo ikintu gikwiye kandi kinogeye Imana Umukiza wacu,


Ukwemera kwatumye Musa, amaze kuvuka, ahishwa n’ababyeyi be amezi atatu yose, kuko bari banyuzwe n’uburanga bwe, ntibatinya guca ku itegeko ry’umwami.


ubwo se ntimuba mwivanguye ubwanyu? Ntimuba se mubaye abacamanza b’ibitekerezo bifutamye?


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan