Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Ibyakozwe 4:13 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

13 Ngo babone ukuntu Petero na Yohani bavuga bashize amanga, kandi bazi ko ari abantu batize, ahubwo ari rubanda rusanzwe, barumirwa. Baza kwibuka ko bagendanaga na Yezu;

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

13 Babonye ubushizi bw'amanga bwa Petero na Yohana, kandi bamenye ko ari abaswa batigishijwe baratangara, maze bibuka ko babanaga na Yesu.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

13 Abanyarukiko babonye ukuntu Petero na Yohani bavuga bashize amanga, kandi baruzi ko ari abanyamusozi batize barumirwa maze bibuka ko bahoranye na Yezu.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

13 Abanyarukiko babonye ukuntu Petero na Yohani bavuga bashize amanga, kandi baruzi ko ari abanyamusozi batize barumirwa maze bibuka ko bahoranye na Yezu.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Ibyakozwe 4:13
22 Iomraidhean Croise  

Icyo gihe Yezu yungamo ati «Dawe, Mutegetsi w’ijuru n’isi, ngushimiye ko ibyo wabihishe abanyabwenge n’abahanga, ukabihishurira abaciye bugufi.


Igihe yerekeye ku irembo, undi muja aramubona, abwira abantu bari aho, ati «Uyu yari kumwe na Yezu Umunyanazareti.»


Bimaze akanya, abari aho baregera, babwira Petero, bati «Koko nawe uri uwabo! N’imvugo yawe irakugaragaza.»


Yezu atuma Petero na Yohani, arababwira ati «Nimujye kudutegurira Pasika kugira ngo tuyirye.»


Yezu abonye Nyina, ahagararanye na wa mwigishwa yakundaga, abwira Nyina ati «Mubyeyi, dore umwana wawe.»


Abayahudi baratangara, baravuga bati «Uyu ashobora ate kumenya Ibyanditswe, atarigeze yiga?»


Si rubanda ruriya rutazi amategeko? Ni ibivume.»


banitegereje uwo muntu wakijijwe wari uhagararanye na bo, babura icyo babasubiza.


Ariko Petero na Yohani barabasubiza bati «Icyaba kiboneye mu maso y’Imana ni ikihe: ari ukubumvira cyangwa se kumvira Imana? Ngaho namwe nimwihitiremo!


None rero, Nyagasani, witegereze ibyo badukangisha byose, maze uhe abagaragu bawe kuvuga ijambo ryawe bashize amanga.


Nuko ngo bamare gusenga, aho bari bateraniye hahinda umushyitsi; bose buzura Roho Mutagatifu, maze bamamaza ijambo ry’Imana bashize amanga.


Nuko Barinaba aramujyana, amushyikiriza Intumwa, azitekerereza uko yabonanye na Nyagasani mu nzira n’uko yamubwiye, n’ukuntu i Damasi yigishije mu izina rya Yezu ashize amanga.


Nuko Sawuli agumana na bo, akagenda hose muri Yeruzalemu nta cyo yishisha, ari na ko yigisha mu izina rya Yezu ashize amanga.


Ahubwo rero ibyo abantu bita ibisazi, ni byo Imana yihitiyemo ngo irindagize abiyita abahanga; kandi ibinyantege nke ku bantu, ni byo Imana yitoreye ngo isuzuguze abanyamaboko;


nuko ibyari byihishe mu mutima we bigaragare; maze agwe yubitse uruhanga, aramye Imana, yemeza ko Imana muri kumwe koko.


Kuba rero dufite ayo mizero, bituma tudahungabana.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan