Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Ibyakozwe 4:12 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

12 Bikaba rero nta wundi wundi twakesha umukiro usibye we, kuko ku isi nta rindi zina abantu bahawe, ngo abe ari ryo turonkeramo uburokorwe.»

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

12 Kandi nta wundi agakiza kabonerwamo, kuko ari nta rindi zina munsi y'ijuru ryahawe abantu, dukwiriye gukirizwamo.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

12 Nta wundi agakiza kabonekaho, kuko ku isi yose nta wundi Imana yahaye abantu ufite ubushobozi bwo kudukiza.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

12 Nta wundi agakiza kabonekaho, kuko ku isi yose nta wundi Imana yahaye abantu ufite ubushobozi bwo kudukiza.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Ibyakozwe 4:12
19 Iomraidhean Croise  

Amazi arushaho kwiyongera cyane hejuru y’isi, maze mu nsi y’ikirere imisozi miremire yose iriho ku isi irarengerwa.


Mu rwasaya rwayo haba amafumba y’umuriro, ugasanga hatera ibishashi.


Abahungu bawe ni bo bazasimbura ba sogokuruza, uzabagire ibikomangoma ku isi yose!


Azabyara umwana uzamwite Yezu, kuko ari we uzakiza umuryango we ibyaha byawo.»


kandi ko uhereye i Yeruzalemu abantu bo mu mahanga yose bagomba kwigishwa, mu izina rye, ibyerekeye ukwisubiraho n’ibabarirwa ry’ibyaha.


Yezu aramusubiza ati «Ni jye Nzira, n’Ukuri n’Ubugingo. Nta we ugera kuri Data atanyuzeho.


Uwemera Mwana agira ubugingo bw’iteka, uwanga kwemera Mwana ntazagira ubugingo, ahubwo uburakari bw’Imana bumuhoraho.


Bavandimwe, mwaba urubyaro rwa Abrahamu cyangwa se mwaba abatinya Imana, iri jambo ry’umukiro ni mwe ryohererejwe.


Aho rero i Yeruzalemu habaga Abayahudi bubaha Imana, bari baraturutse mu mahanga yose ari mu nsi y’ijuru.


Nta kindi kibanza kindi gishobora guhangwa, usibye igisanzwe: Yezu Kristu.


Cyakora mukomere mu kwemera, ntimugahungabane, ngo muteshuke ku mizero mwasezeranyijwe n’Inkuru Nziza mwumvise, ari yo yamamarijwe ikiremwa cyose kiri mu nsi y’ijuru, akaba ari na yo jyewe Pawulo ndahwema kuruhira.


Muririnde rero kwima amatwi Nyir’ukubabwira! Abanze kumva uwabahanuriraga hano ku isi ntibashoboye kuzibukira igihano; twebwe se tuzakitaza dute niba twirengagije Utubwirira mu ijuru?


Twebwe rero twazarokoka dute niba turangaranye umukiro wa bene ako kageni, wabanje kwamamazwa na Nyagasani ubwe, nyuma natwe abawumvise tukawuhamya,


Kandi n’umuntu wese utari wanditse mu gitabo cy’ubugingo, na we yaroshywe muri iyo nyenga y’umuriro.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan