Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Ibyakozwe 28:4 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

4 Abaturage babonye icyo gikoko kimunagana ku kiganza, baravugana bati «Rwose uyu muntu agomba kuba ari umwicanyi! Kubona yarokotse inyanja, ariko ubutabera bw’Imana bukaba bukimukurikiranye!»

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

4 Bene igihugu babonye icyo gikururuka kirereta ku gikonjo cye baravugana bati “Ni ukuri uyu muntu ni umwicanyi. Nturora n'ubwo yakize mu nyanja, idaca urwa kibere ntimukundira kubaho!”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

4 Abaturage babonye icyo gisimba kimunagana ku kiganza baravugana bati: “Ni ukuri uyu muntu agomba kuba ari umwicanyi. Nubwo yakize urw'inyanja, Idaca urwa kibera ntiyareka abaho!”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

4 Abaturage babonye icyo gisimba kimunagana ku kiganza baravugana bati: “Ni ukuri uyu muntu agomba kuba ari umwicanyi. Nubwo yakize urw'inyanja, Idaca urwa kibera ntiyareka abaho!”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Ibyakozwe 28:4
20 Iomraidhean Croise  

Inzoka yari inyaryenge kurenza izindi nyamaswa zose zo mu gasozi Uhoraho yari yahanze. Ibaza umugore, iti «Koko Imana yaravuze ngo ntimukagire igiti cyo muri ubu busitani muryaho?»


Umuntu wahamwe n’amaraso y’uwo yishe azahunga arinde apfa, ntihazagire umutangira.


Dore Uhoraho asohotse iwe, kugira ngo ahane abatuye isi kubera ubugome bwabo. Isi igiye gutahurwaho amaraso yamennye, kandi ntizongera guhisha imirambo y’abapfuye.


Inyamaswa z’inkazi zizampe ikuzo, kimwe n’imbwebwe na za mbuni, kuko navubuye amazi rwagati mu butayu, n’inzuzi zigatemba ahantu h’amayaga, kugira ngo nuhire umuryango wanjye nihitiyemo,


Nguko uko uzamera, umugi w’ibyishimo wahoranaga ituze, ukibwira uti «Ni jye uriho, nta wundi!» Waba se uhindutse ute amatongo n’isenga ry’inyamaswa? Uhanyuze wese aratangara, akahamama n’ikiganza.


Bityo muzaryozwa amaraso yose atagira inenge yamenetse ku isi, kuva ku maraso ya Abeli intungane, kugera ku maraso ya Zakariya, mwene Barakiya, mwatsinze hagati y’Ingoro n’urutambiro rwayo.


Rubanda rwose rurasubiza ruti «Amaraso ye araduhame, twe n’abana bacu.»


Arabasubiza ati «Mukeka ko abo Banyagalileya barushaga abandi kuba abanyabyaha?


Cyangwa se, ba bantu cumi n’umunani bagwiriwe n’umunara wo kuri Silowe, mukeka ko bazize kuba abanyabyaha kurusha abandi baturage b’i Yeruzalemu?


Ntimugace urubanza mukurikije ibigaragara, ahubwo mujye muruca mukurikije ubutabera.»


Abaturage b’aho batwakira neza cyane, kubera ko imvura yagwaga hariho n’imbeho, baducanira umuriro turawukikiza.


Pawulo atoragura umuganda w’inkwi azishyira mu muriro, inzoka y’impiri isohorokamo yikanze ubushyuhe, maze imusumira ikiganza.


Ariko Pawulo akungutira ya mpiri mu muriro, kandi ntiyagira icyo aba.


Naho abanyabwoba, abahemu, abakora ibizira, abicanyi, amahabara, abarozi, abasenga ibigirwamana, n’ababeshyi bose, umurage wabo uri mu nyenga igurumana y’umuriro kandi yuzuye amahindure. Ngurwo urupfu rwa kabiri.»


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan