Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Ibyakozwe 28:2 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

2 Abaturage b’aho batwakira neza cyane, kubera ko imvura yagwaga hariho n’imbeho, baducanira umuriro turawukikiza.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

2 Bene igihugu batugirira neza cyane, baducanira umuriro, batwakīra twese kuko hari imvura n'imbeho.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

2 Abaturage baho batwakira neza bitangaje, baducanira umuriro kuko imvura yagwaga hariho n'imbeho.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

2 Abaturage baho batwakira neza bitangaje, baducanira umuriro kuko imvura yagwaga hariho n'imbeho.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Ibyakozwe 28:2
19 Iomraidhean Croise  

Nuko abantu bose ba Yuda n’aba Benyamini bagera i Yeruzalemu nyuma y’iminsi itatu, barahakoranira; hari ku munsi wa makumyabiri w’ukwezi kwa cyenda. Imbaga yose iguma imbere y’Ingoro y’Imana, bahinda umushyitsi kubera icyo gikorwa, no kubera imvura nyinshi yagwaga.


Uzirinde kwihorera no kugirira inzika abo mu muryango wawe. Ahubwo uzakunde mugenzi wawe nkawe ubwawe. Ndi Uhoraho.


Muzamufate nk’umunyagihugu kavukire, mbese nk’aho ari uwo muri mwe. Muzamukunde nkamwe ubwanyu, kuko namwe mwabaye abasuhuke mu gihugu cya Misiri. Ndi Uhoraho Imana yanyu.


Uzaba yarahaye icyo kunywa umwe muri aba baciye bugufi, n’aho rwaba uruho rw’amazi afutse, kuko ari umwigishwa wanjye, ndababwira ukuri: ntazabura ingororano ye.»


Abagaragu n’abafasha bari bacanye umuriro bota, kuko hari imbeho. Petero na we yari ahagararanye na bo, yota.


Bukeye duhagarara i Sidoni; Yuli rero wagiriraga neza Pawulo, amwemerera kujya gusura incuti ze kugira ngo zimwakire.


Pawulo atoragura umuganda w’inkwi azishyira mu muriro, inzoka y’impiri isohorokamo yikanze ubushyuhe, maze imusumira ikiganza.


Abaturage babonye icyo gikoko kimunagana ku kiganza, baravugana bati «Rwose uyu muntu agomba kuba ari umwicanyi! Kubona yarokotse inyanja, ariko ubutabera bw’Imana bukaba bukimukurikiranye!»


Ngomba kwita ku Bagereki no ku batari bo, ku bajijutse no ku batajijutse:


Mujye mwakira ugifite intege nke mu kwemera, mwoye kumugisha impaka mu byo ashidikanyaho.


Uwirira ibibonetse byose, ntagasuzugure utabirya; utabirya na we ntazacire ubirya urubanza, kuko Imana yamwakiriye.


Ndetse utagenywe umubiri, ariko agakurikiza amategeko, azagucira urubanza, wowe uzaba warenze ku mategeko witwaje ibyanditswe n’ukugenywa.


Habaye rero umbwira amagambo ntumva, naba mubereye nk’umunyamahanga, na we kandi akambera umunyamahanga.


Mu miruho n’iminaniro, mu kurara irondo kenshi, mu nzara n’inyota, mu gusiba kurya kenshi, mu kwicwa n’imbeho no kubura icyo nambara;


Icyo gihe rero ntihaba hakivugwa Umugereki cyangwa Umuyahudi, uwagenywe cyangwa utagenywe, umunyeshyanga cyangwa Umushiti, umucakara cyangwa uwigenga; ahubwo haba havugwa gusa Kristu, uba byose muri bose.


Ntimukibagirwe kwakira abashyitsi, kuko hariho ababikesheje kwakira abamalayika batabizi.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan