Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Ibyakozwe 26:29 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

29 Pawulo aramusubiza ati «Byaba iby’akanya gato cyangwa se igihe kinini, ndasaba Imana ngo, uretse nawe wenyine, n’abanyumva uyu munsi bose bamere nkanjye . . . , usibye iyi minyururu imboshye!»

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

29 Pawulo ati “Ndasaba Imana kugira ngo haba hato haba hanini, uretse wowe wenyine ahubwo n'abanyumva uyu munsi bose bamere nkanjye, keretse iyi minyururu.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

29 Pawulo aramusubiza ati: “Kaba ari akanya gato cyangwa kanini, ndasaba Imana ngo uretse wowe gusa, ahubwo n'abanyumva none mwese mumere nkanjye, ukuyeho izi ngoyi ndiho gusa!”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

29 Pawulo aramusubiza ati: “Kaba ari akanya gato cyangwa kanini, ndasaba Imana ngo uretse wowe gusa, ahubwo n'abanyumva none mwese mumere nkanjye, ukuyeho izi ngoyi ndiho gusa!”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Ibyakozwe 26:29
18 Iomraidhean Croise  

Abwira nyirabuja, ati «Yewe, iyaba databuja yashoboraga gusanga umuhanuzi w’i Samariya! Nta kabuza yamukiza ibibembe bye.»


Abayisraheli barababwira bati «Yewe! Iyo byibura twicwa n’ukuboko k’Uhoraho tukiri mu gihugu cya Misiri, igihe twari twiyicariye iruhande rw’inkono z’inyama, twirira n’imigati uko dushaka! Ubu mwatuzanye muri ubu butayu kugira ngo mwicishe inzara iyi mbaga yose!»


Nimudatega amatwi, nzigunga mu mfuruka yanjye, maze kubera ako kababaro, amaso yanjye azengemo kandi ahongoboke amarira, kuko ubushyo bw’Uhoraho bujyanywe bunyago!


Yeremiya arasubiza ati «Nta cyo bazagutwara; gusa wowe tega amatwi ijwi ry’Uhoraho, wumve icyo nkubwira, bityo uzabaho mu mahoro, ukize ubuzima bwawe.


Musa aramusubiza ati «Waba se wabagiriye ishyari kubera jyewe? Iyaba Uhoraho yarasakaje umwuka we ku muryango we wose, maze bose bagahinduka abahanuzi!»


Jye sinkeneye umuntu uhamya ibinyerekeyeho, ahubwo ibyo mbivugiye kugira ngo mukire.


Herodi araye ari bumutange ngo acirwe urubanza, muri iryo joro Petero akaba arasinziriye, akikijwe n’abasirikare babiri kandi aboheshejwe iminyururu ibiri, n’abarinzi bahagaze mu mwanya wabo imbere y’umuryango.


Nuko umugaba w’ingabo aramwegera, aramufata, maze ategeka ko bamuboha n’iminyururu ibiri; hanyuma abaza uwo ari we n’icyo yakoze.


Bahamaze igihe, Fesito atekerereza umwami ibya Pawulo, agira ati «Hano hari umuntu Feligisi yasize mu buroko.


Bavandimwe, icyo umutima wanjye wifuza n’icyo nsaba Imana ni uko barokoka.


Dore muratengamaye! Dore mwarikungahaje! Yewe mwabaye abami, twe tutarimo. Ubonye mwakwimitswe, kugira ngo natwe twimikanwe namwe!


Nakwifuza yuko abantu bose bamera nkanjye, ariko buri wese afite ingabire ye bwite yiherewe n’Imana, umwe iye, undi iye.


Icyampa ngo mushobore kwihanganira ubusazi bwanjye ho gato! Ngaho se nimunyihanganire!


mbereye intumwa n’ubwo ndi mu munyururu bwose. Icyampa ngo nshobore kuvuga ibyayo nshize amanga, uko mbigomba.


Kristu uwo nyine ni We twamamaza, tuburira buri muntu kandi tumwigisha ubwenge bwose, kugira ngo buri wese tumuhindure intungane muri Kristu.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan