Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Ibyakozwe 24:5 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

5 Uyu muntu twasanze ari icyorezo, acumba urugomo mu Bayahudi bo ku isi yose, kandi akaba n’umutware w’agatsiko kayobye k’Abanyanazareti.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

5 Twabonye uyu muntu ari icyago, agomesha abantu bo mu Bayuda bose bari mu bihugu byose, kandi ni we mutware w'igice cyitwa icy'Abanazareti.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

5 Uyu muntu twasanze ari macinya, acumba urugomo mu Bayahudi bo ku isi yose, kandi ni umuntu w'imena mu gice cyadutse cy'Abanyanazareti.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

5 Uyu muntu twasanze ari macinya, acumba urugomo mu Bayahudi bo ku isi yose, kandi ni umuntu w'imena mu gice cyadutse cy'Abanyanazareti.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Ibyakozwe 24:5
32 Iomraidhean Croise  

Ageze ku irembo rya Benyamini, ahasanga umutware w’abarinzi witwaga Yiriya mwene Shelemiya wa Hananiya. Uwo murinzi yataye muri yombi umuhanuzi Yeremiya, agira ati «Ugiye mu Bakalideya!»


Nuko abo batware babwira umwami, bati «Uyu muntu akwiye kwicwa, kuko iyo avuga amagambo ameze atya, mu by’ukuri aba aca intege abantu bose, n’ingabo zisigaye muri uyu mugi. Koko kandi, uyu muntu nta bwo ashakira rubanda amahoro, ahubwo arabashakira amakuba!»


Amasiya, umuherezabitambo w’i Beteli, atuma kuri Yerobowamu, umwami wa Israheli, ati «Amosi ariho arakugambanira rwagati mu nzu ya Israheli; igihugu ntikigishoboye kwihanganira ibyo avuga.


Ahubwo umwigishwa nabe nk’umwigisha, n’umugaragu amere nka shebuja, maze ibyo bibe bihagije. Niba nyir’urugo baramwise Belizebuli, bazavuga iki ku bo mu rugo rwe?


ajya gutura ku musozi witwa Nazareti. Bityo huzuzwa ibyavuzwe n’abahanuzi, ngo «Azitwa Umunyanazareti».


«Uradushakaho iki, Yezu w’i Nazareti? Waje kuturimbura! Nzi uwo uri we: uri Intungane y’Imana.»


Barabasi uwo akaba yari afungiwe imidugararo yadutse mu mugi no kuba yarishe umuntu.


Batangira kumurega bavuga bati «Twasanze uyu mugabo agandisha igihugu cyacu, akabuza gutanga umusoro wa Kayizari kandi akiyita Kristu Umwami.»


Abarekurira uwo basabaga, wari warafungiwe guteza imidugararo no kwica umuntu; naho Yezu aramubagabiza.


Bo rero bahatiriza bavuga bati «Agomesha abantu, ari na ko yigisha muri Yudeya yose, yatangiriye mu Galileya none ageze ino.»


Ariko bamwe mu bemeye bo mu gatsiko k’Abafarizayi batera hejuru bati «Ni ngombwa ko abo banyamahanga bagenywa, kandi bagategekwa kubahiriza Amategeko ya Musa.»


Barasakuzaga bavuga bati «Bayisraheli, nimudutabare! Dore uyu muntu agenda hose yigisha abantu bose, arwanya umuryango wacu kimwe n’Amategeko n’aha Hantu. Byongeye kandi, yinjije Abagereki mu Ngoro, ahumanya aha Hantu hatagatifu!»


Abayahudi bari bagumye kumutega amatwi kugeza ko avuze ayo magambo, batera hejuru bati «Umuntu nk’uyu agomba kuvanwa ku isi! Ntakwiye kubaho!»


Nyamara icyo nemereye imbere yawe, ni uko nkorera Imana y’abasekuruza, nkurikije Inzira aba bita agatsiko k’abayobye, nkaba nemera n’ibyanditswe byose mu Mategeko no mu Bahanuzi.


Ariko kugira ngo ntakurambira, ndagusaba ko watwihanganira uko ubisanganywe, ukumva muri make ibyo dushaka kukubwira.


Bamugejeje aho, Abayahudi bamanutse i Yeruzalemu baramukikiza, batangira kumurega byinshi kandi bikomeye, badashobora no kubonera gihamya.


Baranzi kuva kera, babishatse bashobora guhamya ko nabaye umuyoboke w’ishyaka rikomeye ry’idini yacu, nkurikije umuco w’Abafarizayi.


Ariko rero, turashaka kumva icyo wowe ubwawe ubitekerezaho, kuko tuzi ko hose barwanya izo nyigisho z’ako gatsiko urimo.»


Nuko umuherezabitambo mukuru kimwe n’abari kumwe na we bose — ari byo kuvuga abo mu gatsiko k’Abasaduseyi — bashengurwa n’ishyari;


Ni ko kuzana abashinjabinyoma baravuga bati «Uyu muntu ntahwema kuvuga amagambo asebya Ahantu hatagatifu kimwe n’Amategeko;


wagira ngo ni ngombwa ko muri mwe habamo amakimbirane, kugira ngo ababakomeyemo bigaragaze.


baradusebya twe tugahoza abandi! Twahinduwe nk’icyavu cy’isi, kugeza na n’ubu batugize ibicibwa mu bantu.


Koko rero kwiyumanganya imibabaro yose ugirirwa uzira akarengane ni ingabire, iyo bigiriwe guhesha Imana ikuzo.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan