Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Ibyakozwe 24:25 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

25 Ariko ngo ikiganiro kigere ku byerekeye ubutabera, ukwifata n’urubanza ruzaza, Feligisi agira ubwoba, ni ko kuvuga ati «Ba urekeye aho wigendere, ninongera kubona igihe nzagutumaho.»

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

25 Akivuga ibyo gukiranuka n'ibyo kwirinda n'iby'amateka azacibwa, Feliki aratinya cyane aramusubiza ati “None genda, nimbona uburyo nzagutumira.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

25 Igihe Pawulo asobanuye ibyerekeye imibereho itunganye no kumenya kwifata, n'umunsi Imana izaciraho imanza, Feliki agira ubwoba maze aravuga ati: “Ba ugejeje aho wigendere, ninongera kubona igihe nzagutumira.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

25 Igihe Pawulo asobanuye ibyerekeye imibereho itunganye no kumenya kwifata, n'umunsi Imana izaciraho imanza, Feliki agira ubwoba maze aravuga ati: “Ba ugejeje aho wigendere, ninongera kubona igihe nzagutumira.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Ibyakozwe 24:25
99 Iomraidhean Croise  

Imana ya Israheli yarabivuze, Urutare rwa Israheli yarabimbwiye: Ugenga amahanga akurikije ubutabera, agategeka mu gitinyiro cy’Imana.


Akabu amaze kumva ayo magambo ya Eliya atanyagura imyenda ye, yambara ikigunira kandi asiba kurya; akaryama ku bigunira kandi akagenda yiyoroheje.


nuko umaze kubyumva umutima wawe uricuza, wicisha bugufi imbere y’Uhoraho, kandi ushishimura imyambaro yawe ndetse usuka amarira imbere yanjye . . . ubu rero nanjye ubwanjye nakumvise!


None rero, reka tugirane isezerano n’Imana yacu, tuyemerere ko tugiye kwirukana abo bagore bacu b’abanyamahanga n’abana babo, dukurikije inama y’umutegetsi wanjye n’iy’abatinya itegeko ry’Imana yacu. Dukwiye kugenza dutyo, dukurikije itegeko!


Nuko abantu bose ba Yuda n’aba Benyamini bagera i Yeruzalemu nyuma y’iminsi itatu, barahakoranira; hari ku munsi wa makumyabiri w’ukwezi kwa cyenda. Imbaga yose iguma imbere y’Ingoro y’Imana, bahinda umushyitsi kubera icyo gikorwa, no kubera imvura nyinshi yagwaga.


Narangwagaho ubutungane, kandi bunyizihiye, ubutabera ni bwo bwari igishura n’ikamba ryanjye.


Koko rero Uhoraho ni intungane, agakunda ubutabera; ab’umutima uboneye ni bo bazamureba.


Umubiri wanjye uradagadwa kubera kugutinya, kandi amateka uciye antera ubwoba.


Intebe yawe y’ubwami iragahoraho iteka, mbese nk’iy’Imana ubwayo, n’inkoni yawe ya cyami irabe iy’ubutabera!


acire umuryango wawe imanza ziboneye kandi arengere n’ingorwa zawe.


Uhoraho ni Umwami, imiryango nihinde umushyitsi; atetse hejuru y’Abakerubimu, isi nihindagane!


Umwami ugira nabi aba akoze ishyano, kuko ubutabera ari bwo bushimangira ingoma.


Wa musore we, ishime mu gihe ukibyiruka; maze umutima wawe uguhe ibyishimo mu minsi y’ubuto bwawe. Uzajye aho umutima wawe ukujyanye, n’aho amaso yawe akweretse, ariko umenye ko ibyo byose Imana izabiguciramo urubanza.


Koko rero, Imana izahamagaza ikiremwa cyose, igicire urubanza ku byihishe byose, ari ibyiza ari n’ibibi.


Bazitwaza igifitiye akamaro rubanda nyamwinshi, cyangwa kubahiriza umwami.


Uhoraho avuze atya: Nimuze, tuburane! N’aho ibyaha byanyu byatukura nk’indubaruba, bizahinduka urwererane nk’urubura. Naho niba byatukuraga nk’umuhemba, bizererana nk’ubwoya bw’intama.


Ni ko ye, umugi wari indahemuka, uganje ubutabera, ubutungane ariho bubarizwa, waje kugwa ute mu bwiyandarike, none ukaba wuzuye ubwicanyi?


ni bwo intebe y’ubwami bwawe izakomera, kubera ubuntu watugiriye, maze mu ihema rya Dawudi hazaganze umucamanza, ushishikarira kurenganura abarengana, no guca imanza zitabera.»


Nimuhinde umushyitsi, mwa badabagizi mwe, namwe bapfayongo, muhagarike umutima; nimwiyambure imyambaro yanyu, mukenyere ibigunira!


Ngaho (bigirwamana by’amahanga), nimugaragaze ingingo zanyu, ni ko Uhoraho avuze. Nimukomeze mwisobanure, uwo ni Umwami wa Yakobo ubivuga.


Nimushakashake Uhoraho igihe agishobora kubonwa, nimumwiyambaze igihe akiri hafi.


Kuko jye, Uhoraho, nkunda ubutabera, nkanga ubujura buvanze n’ububisha. Nzabaha igihembo cyanyu nta buryarya, nzagirane namwe Isezerano rizahoraho iteka.


Ikindi kandi, ibi byose byakozwe n’ikiganza cyanjye, ibyaremwe byose ni ibyanjye, uwo ni Uhoraho ubivuze. Ariko uwo nitaho cyane ni umukene, ufite umutima ushavuye kandi akubaha ijambo ryanjye.


Uhoraho aravuze ngo: Nimuharanire ubutabera n’ubutungane, uryamirwa mumukize ingoyi y’umurenganya, ntimukagire uwo mukandamiza cyangwa ngo mugirire nabi umunyamahanga, imfubyi n’umupfakazi; muzirinde kumena aha hantu amaraso y’indacumura.


Ijambo ryanjye se ntirimeze nk’umuriro, cyangwa inyundo imenagura urutare?


Bamaze kumva amagambo yose, bashya ubwoba, bararebana. Hanyuma babwira Baruki bati «Aya magambo yose tugomba kuyabwira umwami.»


Dore uko Nyagasani Uhoraho avuze: Ibyo rwose birahagije, bami ba Israheli! Nimusigeho urwo rugomo rwanyu n’ubujura bwanyu; nimukurikize ubutabera n’ubutungane — uwo ni Nyagasani Uhoraho ubivuze — murekere aho gutera hejuru umuryango wanjye, muwaka ibirenze urugero.


Nimubiba mukurikije ubutungane, muzasarura imyaka myiza. Nimwitongorere imirima ikiri mishyashya; kuko ari cyo gihe cyo gushakashaka Uhoraho, kugeza ubwo azaza akadusesekazaho ubutungane.


Barasukiranya amagambo, bararahira ibinyoma, bakagirana amasezerano, ariko ubutungane bwo bakabwitaza, nk’aho ari icyatsi kirimo uburozi cyameze mu murima.


Ku munsi mukuru w’umwami wacu, abatware basinda divayi nyinshi banyoye, bagategera ibiganza abasetsi bari kumwe.


Ahubwo uburenganzira nibudendeze nk’amazi, n’ubutabera butembe nk’umugezi udakama!


Hari ubwo se amafarasi yiruka mu mabuye ashinyitse ? Hari ubwo se bahingisha inyanja ibimasa, kugira ngo mubonereho guhumanya ubutabera, maze ubucamanza mukabuhindura umwanda ?


Narabyumvise maze nkuka umutima, iyo nkuru ituma iminwa yanjye ihinda umushyitsi, ingingo zanjye ziratatana, amaguru yanjye aradandabirana. Nyamara ntegereza nitonze uwo munsi w’amakuba, ugiye kugwirira ihanga ryadushikamiye!


«Uhoraho, Umugaba w’ingabo, avuze atya: Aba bantu baravuga bati ’Igihe cyo kongera kubaka Ingoro y’Uhoraho ntikiragera!’»


Ariko bo ntibabyitaho barigendera, umwe mu murima we, undi mu bucuruzi bwe;


Kandi namara kuza, azereka ab’isi aho icyaha cyabo kiri, n’aho ubutungane buri, n’urubanza uko ruteye.


Nuko adutegeka kwamamaza no guhamya muri rubanda ko ari we washyizweho n’Imana kuba umucamanza w’abazima n’abapfuye;


Ariko Abayahudi b’i Tesaloniki ngo bamenye ko Pawulo yamamaza ijambo ry’Imana i Beroya, bahita bajyayo, bateza impagarara n’imidugararo ro muri rubanda.


Pawulo rero yinjira mu isengero nk’uko yari abimenyereye, yikurikiranya amasabato atatu yose ajya impaka na bo, ahereye ku Byanditswe.


Pawulo ngo avuge iby’izuka ry’abapfuye, bamwe muri bo bamuha urw’amenyo, abandi baramubwira bati «Kuri iyo ngingo, tuzakumva ikindi gihe!»


Ngo bumve ayo magambo barakangarana, babaza Petero n’izindi Ntumwa bati «Bavandimwe, dukore iki?»


Mfite icyo cyizere ku Mana — kandi na bo turagisangiye —, ko hazabaho izuka ry’intungane kimwe n’iry’abagome.


Yari yizeye kandi ko Pawulo yazamuha amafaranga, ni yo mpamvu yahoraga amutumiza kenshi ngo baganire.


Nuko Agripa abwira Pawulo, ati «Erega ndabona uko utekereza, hari hato ukanyemeza kuba umukristu!»


Ariko haguruka winjire mu mugi, bari bukubwire icyo ugomba gukora.»


Bavandimwe rero, mbinginze ku bw’impuhwe z’Imana: nimuture imibiri yanyu, ibe igitambo nyabuzima, gitagatifu kandi kinyuze Imana; ngiryo iyobokamana ryabava ku mutima.


Nuko rero, umuntu wese azisobanurira ibye imbere y’Imana.


Nk’uko nabivuze mu Nkuru Nziza yanjye, bizagaragara umunsi Imana izakoresha Yezu Kristu, Imana igacira urubanza ibyo abantu bahishahisha bakora rwihishwa.


Namwe rero ntimugace imanza igihe kitaragera, mutegereze ko Nyagasani azaza, agashyira ahabona ibihishwe mu mwijima, akanatangaza ibyo umutima ubundikiye. Ubwo ni bwo Imana izaha buri wese ishimwe rimukwiye.


Kuko twese tuzahinguka imbere y’urukiko rwa Kristu, ngo buri wese ahabwe igikwiye ibyo yakoze akiri mu buzima bw’umubiri, byaba ibyiza cyangwa ibibi.


Kuko ubwayo yivugira iti «Mu gihe gikwiye, numvise isengesho ryawe; no ku munsi w’uburokorwe, naragutabaye.» Ngiki rero koko igihe gikwiye; nguyu koko umunsi w’uburokorwe.


Ahubwo rero Ibyanditswe byabohesheje byose ingoyi y’icyaha kugira ngo isezerano rizuzurizwe abemera Yezu Kristu.


imico myiza, kumenya kwifata. Nta tegeko ribuza imigirire nk’iyo.


Nkurahirije imbere y’Imana n’imbere ya Kristu Yezu uzacira imanza abazima n’abapfuye, ku mpamvu y’ukwigaragaza kwe n’Ubwami bwe:


ahubwo akamenya kwakira abamugana, agakunda ibiboneye, akitonda, akaba intabera n’umuyoboke ku Mana, akamenya kwitsinda,


Ibyo babonye byari biteye ubwoba kugeza aho Musa avuga ati «Nakutse umutima, none ndadagadwa!»


Ahubwo buri munsi nimuterane inkunga, igihe cyose hakiri «Uyu munsi» Ibyanditswe bivuga, maze ntihagire n’umwe muri mwe unangira umutima, ayobejwe n’icyaha.


Bityo rero, ubwo isezerano ryo kwinjira mu buruhukiro bwayo rikiri ryose, turamenye ntihazagire uwibwira ko we arihejweho.


inyigisho zerekeye za batisimu, kuramburirwaho ibiganza, izuka ry’abapfuye, n’urubanza rw’iteka.


Nk’uko kandi umuntu wese yagenewe gupfa rimwe rizima, nyuma agacirwa urubanza,


Wemera ko habaho Imana imwe? Ni byiza rwose! N’ingabo za Sekibi zirabyemera, ariko zigahinda umushyitsi kubera ubwoba.


ahubwo nimwubahe Kristu mu mitima yanyu, kuko ari We Nyagasani. Nimuhore mwiteguye guha igisubizo umuntu wese uzagira icyo ababaza ku byerekeye ukwizera kwanyu.


ubumenyi mubwongereho ubwizige, ubwizige mubwongereho ubudacogora, ubudacogora mubwongereho ubusabaniramana,


Dore ikigaragaza abana b’Imana n’abana ba Sekibi: umuntu wese udakora ibitunganye, cyangwa ntakunde umuvandimwe we, ntakomoka ku Mana.


Twana twanjye, ntihakagire ubayobya. Umuntu ukora ibitunganye aba ari intungane, nk’uko Yezu ari intungane.


None rero, nimuhaguruke mbasubirire mu bikorwa by’ubudahemuka Uhoraho yujurije imbere yanyu n’imbere y’abasokuruza banyu.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan