Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Ibyakozwe 23:16 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

16 Ariko mwishywa wa Pawulo ngo amenye iby’icyo gico, araza yinjira mu kigo cy’abasirikare, abibwira Pawulo.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

16 Ariko mwishywa wa Pawulo yumva ko bagiye kumucira igico, nuko araza yinjira mu rugo rw'igihome abibwira Pawulo.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

16 Mwishywa wa Pawulo yumvise ubwo bugambanyi, ni ko kwinjira mu kigo cy'abasirikari abibwira Pawulo.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

16 Mwishywa wa Pawulo yumvise ubwo bugambanyi, ni ko kwinjira mu kigo cy'abasirikari abibwira Pawulo.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Ibyakozwe 23:16
12 Iomraidhean Croise  

Yonatani na Ahimasi bari ahitwa Eni‐Rogeli: umuja yagombaga kujya kubibabwira, na bo bakajya kubimenyesha umwami Dawudi, kuko batashoboraga kwinjira mu mugi ku mugaragaro.


Ingirwabahanga azicisha imitego yazo, naho imigambi y’incabiranya ikaba impfabusa;


Nta buhanga, nta bwenge, nta n’inama y’umuntu yahangara Uhoraho.


Wa mugome we, ntukareme igico ku rugo rw’intungane, kandi ntuzayisenyere inzu!


Ni nde uvuga ijambo rimwe, ibyo avuze bikabaho? Uhoraho se, si we utegeka?


Ariko rubanda bagasakuza, umwe avuga ibye undi ibye. Umugaba w’ingabo abonye ko nta cyo ashoboye kumenya kubera uwo muvurungano, ategeka abasirikare kumujyana mu kigo cyabo.


Igihe bajyaga kumwinjiza mu kigo cy’abasirikare, Pawulo abaza umugaba w’ingabo ati «Mbese nshobora kugira icyo nkubwira?» Undi aramusubiza ati «Uzi ikigereki?


Kubera ko amakimbirane yarushagaho gukomera, umugaba w’ingabo atinya ko bari butanyaguze Pawulo, ni ko gutegeka abasirikare ngo bamanuke bamuvane hagati yabo, bamusubize mu kigo cyabo.


Pawulo ni ko guhamagara umwe mu bategeka b’abasirikare, aramubwira ati «Jyana uyu musore ku mugaba w’ingabo, kuko hari icyo ashaka kumumenyesha.»


Bukeye, abanyamafarasi baba ari bo bakomeza kujyana na we, abandi bagaruka mu kigo cyabo.


Nuko ashinga umutegeka w’abasirikare kurinda Pawulo aho yari ari mu buroko, ariko ngo amureke yishyire yizane, kandi ngo ntabuze n’umwe mu be kumuha icyo akeneye.


kuko ubuhanga bw’iyi si ari ubusazi mu maso y’Imana, nk’uko byanditswe ngo «Ni Yo ifatira abanyabwenge mu mutego w’uburiganya bwabo»,


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan