Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Ibyakozwe 22:1 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

1 «Bavandimwe kandi babyeyi, nimwumve ukwiregura kwanjye ngiye kubagezaho.»

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

1 “Yemwe bagabo bene Data na ba data, nimwumve amagambo nireguza kuri mwe.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

1 “Bavandimwe namwe babyeyi, nimwumve uko niregura!”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

1 “Bavandimwe namwe babyeyi, nimwumve uko niregura!”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Ibyakozwe 22:1
21 Iomraidhean Croise  

Mu gihe bazabajyana mu masengero imbere y’abacamanza n’abategetsi, ntimuzibaze uko muziburanira, n’amagambo muzavuga,


Muzirinde guhagarika umutima mwibaza uko muziregura,


Bavandimwe, mwaba urubyaro rwa Abrahamu cyangwa se mwaba abatinya Imana, iri jambo ry’umukiro ni mwe ryohererejwe.


Abantu batekerereza byose uwitwa Alegisanderi, ari we Abayahudi bari bashyize imbere. Nuko ashyira ukuboko ejuru ngo baceceke, ashaka kugira icyo abwira rubanda.


Pawulo ahanga amaso Inama nkuru, ni ko guterura ati «Bavandimwe, kugeza uyu munsi ndumva nta kibi mfite ku mutima.»


Pawulo ngo amenye ko iryo koraniro rigizwe n’igice kimwe cy’Abasaduseyi, n’ikindi cy’Abafarizayi, avuga aranguruye imbere y’Inama nkuru ati «Bavandimwe, ndi Umufarizayi, nkaba umwana w’Abafarizayi. Icyatumye nshyirwa mu rubanza, ndazira ko niringira izuka ry’abapfuye.»


Umutware Feligisi amaze kumuha ikimenyetso cyo kuvuga, Pawulo araterura ati «Nzi neza ko umaze imyaka myinshi ucira imanza abaturage b’iki gihugu cyacu, ni yo mpamvu nishimiye kwiregurira imbere yawe.


Mbasubiza ko atari akamenyero ku Banyaroma gucira umuntu urubanza, nta we uhingutse ngo amushinje na we abone umwanya wo kwiregura, ngo yiyezeho icyaha.


Nuko Pawulo ariregura ati «Nta kosa nigeze nkora, haba ku Mategeko y’Abayahudi, haba ku Ngoro cyangwa se kuri Kayizari.»


Pawulo, ngo ageze aho yiregura, Fesito atera hejuru ati «Pawulo, wasaze! Wize byinshi byo kugutera ibisazi!»


Hashize iminsi itatu, Pawulo atumiza abanyacyubahiro b’Abayahudi bahatuye; ngo bamare guterana arababwira ati «Bavandimwe, n’ubwo nta kibi nagiriye umuryango wacu, cyangwa se ngo ncishe ukubiri n’imigenzo y’abasekuruza, nyamara nafungiwe i Yeruzalemu, nshyikirizwa Abanyaroma!


Sitefano arasubiza ati «Bavandimwe kandi babyeyi, nimunyumve: Imana Nyir’ikuzo yabonekeye umukurambere wacu Abrahamu igihe yari muri Mezopotamiya, mbere y’uko atura i Harani.


Bagaragaza batyo ko icyo amategeko agamije cyanditswe mu mitima yabo. N’umutimanama wabo na wo ni intangamugabo hamwe n’imitima ibarwanamo, imwe ishinja, indi irengera.


Dore icyo nsubiza abaninura.


Hashize umwanya mutekereza ko turiho tubireguraho? Oya da! Turavugira imbere y’Imana, muri Kristu. Kandi ibyo byose, nkoramutima zacu, bibere kubagwa neza.


Nimwirebere namwe icyo akababaro kanyu kanyuze Imana, kabagejejeho! Mbega umwete mwagize! Ukuntu mwitwaye! Ukuntu mwigaye, mwagize igishyika! Mbega ubushake, ukuntu mwagize isyaka, mwifuza gucyaha ikibi! Muri ibyo byose mwerekanye ko muri abere ku byabaye.


Naho abandi bakamamaza Kristu bahimana kandi baryarya, bibwira ko bongera ububabare nterwa n’ingoyi ndiho.


Ngibyo ibitekerezo mbafitiye mwese, kandi koko birakwiye, kuko mbahoza ku mutima, mwebwe muhora mwifatanyije nanjye mu neza yose Imana yangiriye, haba ubu ndi mu buroko, haba n’igihe twarwaniraga Inkuru Nziza, ngo ikomere.


Ubwo najyaga mu rukiko bwa mbere kugira ngo niregure, nta n’umwe wanshyigikiye; bose barantereranye. Ntibazabihorwe!


ahubwo nimwubahe Kristu mu mitima yanyu, kuko ari We Nyagasani. Nimuhore mwiteguye guha igisubizo umuntu wese uzagira icyo ababaza ku byerekeye ukwizera kwanyu.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan