Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Ibyakozwe 21:13 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

13 Nuko aradusubiza ati «Ikibateye kurira no kunshengura umutima ni iki? Jye siniteguye kubohwa byonyine, ahubwo niteguye no gupfira i Yeruzalemu, mporwa izina rya Nyagasani Yezu.»

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

13 Ariko Pawulo aratubaza ati “Ni iki gitumye murira mukamena umutima? Uretse kuboherwa i Yerusalemu gusa, niteguye no gupfirayo ku bw'izina ry'Umwami Yesu.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

13 Ariko Pawulo arasubiza ati: “Ni iki gitumye murira, ko ibyo ari ukunshengura? Siniteguye kuboherwa i Yeruzalemu byonyine, ahubwo niteguye no gupfirayo mpōrwa Nyagasani Yezu.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

13 Ariko Pawulo arasubiza ati: “Ni iki gitumye murira, ko ibyo ari ukunshengura? Siniteguye kuboherwa i Yeruzalemu byonyine, ahubwo niteguye no gupfirayo mpōrwa Nyagasani Yezu.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Ibyakozwe 21:13
25 Iomraidhean Croise  

Ba batatu banyura mu ngando y’Abafilisiti barwana, bavoma amazi mu iriba riri ku irembo rya Betelehemu, barayajyana, bayashyikiriza Dawudi. We ariko yanga kuyanywa ahubwo ayaturaho Uhoraho ituro riseswa.


Ni iki gituma mushikamira umuryango wanjye, kandi mukanyukanyuka abakene?» Uwo ni Nyagasani Uhoraho, Umugaba w’ingabo ubivuze.


Dore uko Uhoraho yarwanye kuri Yeremiya, igihe yari i Rama abohesheje iminyururu hamwe n’izindi mfungwa zose za Yeruzalemu n’iza Yuda, zari zijyanywe bunyago i Babiloni.


«Ni iki gituma mu gihugu cya Israheli muca uyu mugani uvuga ngo: ’Ababyeyi bariye imizabibu idahishije, none amenyo y’abana babo yaramunzwe’?


Umukuru w’abasare aramwegera, maze aramubwira ati «Ni kuki wisinziriye? Baduka utakire Imana yawe, ahari yo iratwibuka maze twoye kurimbuka.»


Nyamara ku bwanjye, ndahamya ko amagara yanjye bwite nta cyo amariye; icya ngombwa ni ukurangiza isiganwa ryanjye n’umurimo Nyagasani Yezu yanshinze wo guhamya Inkuru Nziza y’ineza Imana ibagirira.


Nuko bose baraturika bararira, bamugwa mu ijosi, baramuhobera.


Intumwa ngo zive mu Nama nkuru, zigenda zishimye kuko zagize ihirwe ryo kugirirwa nabi, zizira izina rya Yezu.


Ni jye ubwanjye uzamwereka uburyo bwose azagomba kubabazwa, ahorwa izina ryanjye.»


Buri munsi ruhora rungera amajanja! Simbeshya, bavandimwe, mwe kuzo ryanjye muri Kristu Yezu Umwami wacu.


Kandi n’aho byaba ngombwa ko mena amaraso yanjye, akamishwa ku gitambo no ku ituro ry’ukwemera kwanyu, byanshimisha, kandi nasangira namwe mwese ibyo byishimo.


kuko yari abakumbuye mwese, akanashavuzwa n’uko mwumvise ko yarwaye.


Ubu rero nshimishijwe n’uko mbabara ari mwe ngirira, maze ibyari bibuze ku mibabaro ya Kristu, nkabyuzuriza mu mubiri wanjye, mbigirira umubiri we, ari wo Kiliziya.


Iyo nibutse amarira yawe, nifuza cyane kukubona, kugira ngo nezerwe.


Naho jyewe, dore maze kumera nk’igitambo giseswa, n’amagingo y’ukwigendera kwanjye aregereje.


kuko nzi neza yuko igihe cyanjye cyo gupfa cyegereje, nk’uko Umwami wacu Yezu Kristu yabimenyesheje.


Nyamara bo bamutsindishije amaraso ya Ntama n’ijambo babereye abahamya. Bemeye guhara amagara yabo, kugeza ku rupfu.


Kubera ko wakomeye ku ijambo ryanjye ubigiranye ubwiyumanganye, nanjye nzagukomeraho igihe cy’amagorwa agiye kugwirira isi yose, akazabera ikigeragezo abatuye isi.


Umugabo we Elikana aramubaza ati «Ana we, urarizwa n’iki? Urabuzwa n’iki kurya? Ese sinkurutira abahungu cumi?»


Ariko Samweli aramubaza ati «Ko numva imihebebo, nkumva imyabiro, ni iby’iki?»


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan