Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Ibyakozwe 2:5 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

5 Aho rero i Yeruzalemu habaga Abayahudi bubaha Imana, bari baraturutse mu mahanga yose ari mu nsi y’ijuru.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

5 Muri Yerusalemu habaga Abayuda b'abaturage b'abanyadini, bari baraturutse mu mahanga yose ari munsi y'ijuru.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

5 I Yeruzalemu habaga Abayahudi bubaha Imana, bari baraturutse mu bihugu byose by'isi.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

5 I Yeruzalemu habaga Abayahudi bubaha Imana, bari baraturutse mu bihugu byose by'isi.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Ibyakozwe 2:5
17 Iomraidhean Croise  

Ubundi, uzatunganye umunsi mukuru w’Isarura, ari wo w’umuganura w’imirimo yawe, w’ibyo uzaba warateye mu mirima. Hanyuma uzatunganye umunsi mukuru w’Ihunika, mu ndunduro y’umwaka, igihe usarura mu mirima imyaka wejeje.


Naho jyewe, nzanywe no gukoranyiriza hamwe amahanga y’indimi zose, kugira ngo azarebe ikuzo ryanjye.


Uhoraho, Umugaba w’ingabo, ambwira iri jambo, ati


Iyi Nkuru Nziza y’Ingoma izamamazwe ku isi yose, kugira ngo ibere gihamya amahanga yose. Ubwo ni ho iherezo rizagera.


Koko rero, nk’uko umurabyo urabiriza mu ruhande rumwe rw’isi, ukabonekera mu rundi, ni ko n’Umwana w’umuntu azaza ku munsi yigeneye.


Icyo gihe, i Yeruzalemu hari umuntu witwaga Simewoni; yari intungane kandi yubaha Imana. Yari ategereje ihumure rya Israheli, kandi Roho Mutagatifu yari amurimo.


Umwe muri bo witwaga Kiliyofasi, aramubaza ati «Ni wowe wenyine uba i Yeruzalemu utazi ibyahabaye muri iyi minsi?»


Hari n’Abagereki bari baje gusenga ku munsi mukuru.


Yari umuntu wubaha kandi agatinya Imana, we n’urugo rwe rwose, akagirira ubuntu bwinshi rubanda kandi agasenga Imana ubudasiba.


Umumalayika bavuganaga ngo amare kugenda, Koruneli ahamagaza abantu babiri bo mu rugo rwe, n’umusirikare umukoreye igihe kirekire kandi wubaha Imana;


ariko Abayahudi boshya abagore b’abapfasoni bubahaga Imana, kimwe n’abanyacyubahiro bo muri uwo mugi, babateza Pawulo na Barinaba ngo babatoteze, kugeza ubwo babamenesha mu gihugu cyabo.


Umunsi wa Pentekositi uragera, bose bakaba bakoraniye hamwe.


Aho i Damasi hakaba umuntu witwa Ananiya, yari umuntu wubaha Imana, agakurikiza Amategeko kandi agashimwa n’Abayahudi bose bari bahatuye.


Abantu bubaha Imana bahamba Sitefano, baramuririra cyane.


Filipo ahera ko aragenda. Ubwo Umunyetiyopiya wari icyegera cya Kandasi, umwamikazi wa Etiyopiya, akaba n’umunyabintu we, yari yaje gusengera Imana i Yeruzalemu.


Uyu munsi, ndatangira gukangaranya amahanga yose atuye mu nsi y’ijuru, kugira ngo agutinye; abazumva bakuvuga, bazahinda umushyitsi, badagadwe imbere yawe.»


Cyakora mukomere mu kwemera, ntimugahungabane, ngo muteshuke ku mizero mwasezeranyijwe n’Inkuru Nziza mwumvise, ari yo yamamarijwe ikiremwa cyose kiri mu nsi y’ijuru, akaba ari na yo jyewe Pawulo ndahwema kuruhira.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan