Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Ibyakozwe 2:20 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

20 Izuba rizijima n’ukwezi guhinduke amaraso, mbere y’uko haza Umunsi wa Nyagasani, Umunsi ukomeye kandi w’ikuzo.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

20 Izuba rizahinduka umwijima, N'ukwezi guhinduke amaraso, Uwo munsi mukuru kandi utangaje w'Uwiteka utaraza.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

20 Izuba rizijima, ukwezi kuzasa n'amaraso, umunsi wa Nyagasani uzaba utaragera, wa munsi ukomeye w'akataraboneka.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

20 Izuba rizijima, ukwezi kuzasa n'amaraso, umunsi wa Nyagasani uzaba utaragera, wa munsi ukomeye w'akataraboneka.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Ibyakozwe 2:20
25 Iomraidhean Croise  

Inyenyeri zo ku ijuru n’ubwinshi bwazo, ntizizongera kumurika ukundi, izuba rizijima rikirasa, ukwezi koye kumurika.


Abo bazahura bose babahinguranye n’imyambi, abo bazafata, babamarire ku nkota.


Nguyu uraje umunsi w’Uhoraho, umunsi utimirwa, uzanye n’uburakari bw’igikatu, buje kurimbura igihugu, bukagitsembamo abanyabyaha.


Nuko ukwezi kuzahindure ibara, gukorwe n’isoni, izuba ryijime, rimware, kuko Uhoraho, Umugaba w’ingabo, ari we mwami w’umusozi wa Siyoni n’uwa Yeruzalemu kandi ikuzo rye rikabengerana mu maso y’abakuru b’umuryango.


Kuko ari umunsi w’ukwihorera k’Uhoraho, akaba ari umwaka wo kubitura ibibi bakoreye Siyoni.


Nitegereje isi, nsanga ari ikivangitirane, yambaye ubusa; naho ku ijuru, urumuri rwazimiye.


Nimuvugirize ihembe i Siyoni, muvugirize induru ku musozi mutagatifu! Abatuye igihugu bose nibakangarane, kuko Uhoraho aje, nguyu umunsi we uregereje!


Kuri uwo munsi— uwo ni Nyagasani Uhoraho ubivuze— nzategeka izuba kurenga ku manywa y’ihangu, kandi ntume ku isi hacura umwijima izuba riva.


Bidatinze, nyuma y’iyo minsi y’amagorwa, izuba rizacura umwijima, ukwezi ntikuzamurika, inyenyeri zizahanuka ku ijuru, maze ibikomeye byo mu ijuru bihungabane.


Kuva ku isaha ya gatandatu kugeza ku isaha ya cyenda hacura umwijima ku isi yose.


Muri iyo minsi kandi, nyuma y’icyo cyorezo, izuba rizacura umwijima, ukwezi ntikuzamurika,


Hazaba n’ibimenyetso mu zuba, mu kwezi, no mu nyenyeri, naho ku isi amahanga azakuka umutima kubera urusaku rw’inyanja n’imivumba yayo.


Nzakora ibintu bitangaje hejuru mu kirere, n’ibimenyetso bikomeye hasi ku isi: hazaboneka amaraso, umuriro n’inkingi y’umwotsi.


Ubwo rero umuntu wese uziyambaza izina rya Nyagasani, azakizwa.’


uwo muntu yegurirwe Sekibi ngo ababazwe muri ubu buzima, maze ahazaza azarokoke ku munsi wa Nyagasani.


Ubwanyu muzi neza ko Umunsi wa Nyagasani uza nk’umujura wa nijoro.


Umunsi wa Nyagasani uzaza nk’umujura; uwo munsi ijuru rizazimirana n’urusaku rukaze, ibiririmo byose bizakongokeshwe n’umuriro; maze isi n’ibiyiriho byose bizagurumane.


Naho ku byerekeye ijuru n’isi biriho ubu ngubu, iryo Jambo nyine ribizigamiye umuriro, bikaba birindiriye umunsi w’urubanza n’uw’ukurimbuka kw’abagomeramana.


Nuko umumalayika wa kane na we acubanurira inkongoro ye ku zuba, maze rihabwa ububasha bwo gutwika abantu.


Hanyuma mbona ahambuye ikashe ya gatandatu; maze haba umutingito w’isi ukaze cyane, izuba ririjima nk’umwenda wirabura, n’ukwezi uko kwakabaye guhinduka amaraso.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan