Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Ibyakozwe 19:9 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

9 Ariko bamwe bakomeje kunangira umutima banga kwemera, bagatuka inzira ya Nyagasani mu ruhame. Pawulo ni ko gutandukana na bo, ajyana n’abigishwa akabigishiriza buri munsi mu ishuri ry’umuntu witwa Tirano.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

9 Ariko bamwe binangiye imitima banga kwizera, batukira Inzira ya Yesu imbere y'abantu. Ava muri bo arobanura abigishwa, iminsi yose agīra impaka mu nzu yo kwigishirizamo ya Turano.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

9 Ariko bamwe muri bo barinangira banga kumvira, basebereza Inzira ya Nyagasani imbere y'iyo mbaga nyamwinshi. Nuko Pawulo abavamo ajyana n'abigishwa ba Kristo, maze buri munsi akigishiriza mu ishuri rya Tirano.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

9 Ariko bamwe muri bo barinangira banga kumvira, basebereza Inzira ya Nyagasani imbere y'iyo mbaga nyamwinshi. Nuko Pawulo abavamo ajyana n'abigishwa ba Kristo, maze buri munsi akigishiriza mu ishuri rya Tirano.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Ibyakozwe 19:9
39 Iomraidhean Croise  

Ariko banga kumva, ahubwo bagamika amajosi nk’uko abasekuruza babo bayagamitse banga kwemera Uhoraho, Imana yabo.


Ubu ngubu mwigamika amajosi nk’abasokuruza banyu, ahubwo nimwinjire mu Ngoro Uhoraho yihiteyemo iteka ryose, maze mukorere Uhoraho, Imana yanyu, kugira ngo abakureho amakare y’uburakari bwe.


Nyamara bo bagakubita intumwa z’Imana, bagasuzugura amagambo yazo kandi bagaseka abahanuzi bayo, bigeza aho Uhoraho yarakariye umuryango we ubuziraherezo.


Warabihanangirije ngo bagarukire Amategeko yawe, naho bo barushaho kwishongora, basuzugura amategeko yawe, amabwiriza yawe bayarengaho, kandi ari yo aronkera ubuzima abayakurikiza. Bateruye intugu baba rubebe, bagushingana ijosi, banga kumvira.


«Ntimunangire umutima wanyu nk’i Meriba, nko ku munsi w’i Masa, mu butayu,


Hahirwa umuntu untega amatwi, akaguma ku muryango wanjye, agahora ari maso imbere y’inzu yanjye!


Inzu zombi za Israheli, azazibera Ingoro, ibuye basitaraho n’urutare batembaho, abere urushundura n’umutego ab’i Yeruzalemu.


«Uhoraho Umugaba w’ingabo, Imana ya Israheli avuze atya: Ngiye guteza muri uyu mugi no mu yindi yose iwukikije, ibyago byose nawuteganyirije kuko banshinganye ijosi, banga kumva amagambo yanjye.»


Ariko ntibanyumvise, nta bwo banteze amatwi, bashingaritse ijosi ryabo, barusha abasekuruza babo ubugome.


Nimubihorere: ni impumyi zirandata izindi impumyi! Kandi iyo impumyi irandase indi mpumyi, zombi zigwa mu mwobo.»


Iki gisekuru kibi kandi cy’abasambanyi kirashaka ikimenyetso! Ariko nta kindi kimenyetso bazabona, atari icya Yonasi.» Ubwo abasiga aho arigendera.


Ubwo nyine Yezu abwira rubanda, ati «Mwaje n’inkota n’ibibando kumfata nk’aho ndi igisambo! Nyamara buri munsi nari nicaye mu Ngoro y'Imana nigisha, ntimwamfata.


«Yabahumye amaso, imitima yabo ayigira urutare, kugira ngo amaso yabo atabona, n’umutima wabo ugasobanukirwa, maze bakazahinduka nkazabakiza.»


ahamusanze amuzana i Antiyokiya. Bahamara umwaka wose bakorera iyo Kiliziya kandi bigisha inteko nyamwinshi y’abantu. Aho i Antiyokiya nyine, ni ho abigishwa bitiwe bwa mbere na mbere «Abakristu».


Abatuye uwo mugi rero bicamo ibice: bamwe bajya ku ruhande rw’Abayahudi, abandi ku rw’Intumwa.


Bamwe mu Bayahudi baremera, bifatanya na Pawulo na Silasi kimwe n’Abagereki benshi bubahaga Imana, ndetse n’abagore b’abanyacyubahiro batari bake.


Icyo gihe ni bwo habyutse impagarara zikomeye mu mugi, zerekeye inzira ya Nyagasani.


Pawulo yari yiyemeje gusanganira icyo kivunge cy’abantu, ariko abigishwa ntibamukundira.


Murabe maso rero, mwibuka ko mu myaka itatu yose, ijoro n’amanywa ndetse no mu marira, ntatuje kuburira buri muntu muri mwe.


Natoteje abantu bakurikiraga iyi Nzira kugeza ubwo mbica, mboha abagabo n’abagore mbashyira mu buroko.


Naba se nzira iri jambo navugiye rwagati muri bo ndanguruye nti ’Mbese byaba ari uko nemera izuka ry’abapfuye, byatumye uyu munsi munshyira mu rubanza?’»


Ariko rero, turashaka kumva icyo wowe ubwawe ubitekerezaho, kuko tuzi ko hose barwanya izo nyigisho z’ako gatsiko urimo.»


Bantu b’ijosi rishingaraye, bantu banangiye umutima n’amatwi, mugahora murwanya Roho Mutagatifu, muri kimwe n’abasekuruza banyu!


amusaba inzandiko zo kujya mu masengero y’i Damasi, kugira ngo nagira abo ahasanga bayobotse iyo Nzira, abagabo n’abagore, ababohe abazane i Yeruzalemu.


Bite rero? Ko icyo Israheli yashakashakaga itagishyikiriye! Nyamara abatowe bo baragishyikiriye, naho abandi baranangira,


Nuko rero Imana ibabarira uwo ishaka, ikanangira umutima w’uwo ishaka.


kuko umurimo wanjye wahugururiwe amarembo magari, n’ubwo hari abantambamiye benshi.


n’impaka z’urudaca ziterwa n’abantu bararutse umutima, batakimenya ukuri, kandi bakibwira ko ubusabaniramana ari uburyo bwo kwishakira inyungu.


Nk’uko ubizi, abo muri Aziya bose barantaye, barimo Figelo na Herimogeni.


n’abiha isura y’ubusabaniramana, ariko mu by’ukuri bahakana ishingiro ryabwo. N’abo ngabo rero urabirinde.


amamaza ijambo, uryigishe igihe n’imburagihe, wumvishe ingingo, utote, ushishikaze, mu bwihangane butarambirwa, uharanira kujijura.


Ahubwo buri munsi nimuterane inkunga, igihe cyose hakiri «Uyu munsi» Ibyanditswe bivuga, maze ntihagire n’umwe muri mwe unangira umutima, ayobejwe n’icyaha.


Ariko abo bantu, bakoreshwa na kamere yabo nk’inyamaswa zitagira ubwenge, zivukira gufatwa mu mutego no kubora, bagatuka ibyo batazi, bazabora nk’izo nyamaswa nyine;


Hari benshi kandi bazabakurikira muri ubwo buyobe bwabo, maze batume inzira y’ukuri isuzugurika.


Nyamara abo bantu bo, icyo batazi baragituka; n’ibyo bazi kandi ku buryo bw’inyamaswa itazi ubwenge, nta kindi bibamarira usibye kuboreka.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan