Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Ibyakozwe 17:5 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

5 Nyamara Abayahudi bararakara, bakorakoranya abantu b’ibirara bararuje mu mayira, biremamo inteko maze bateza imidugararo mu mugi. Nuko biroha ku nzu ya Yasoni bashaka Pawulo na Silasi ngo babazane imbere y’ikoraniro rya rubanda.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

5 Ariko Abayuda bagira ishyari, bajyana abagabo babi b'inzererezi ziba mu maguriro bateranya igitero, batera imidugararo mu mudugudu, batera inzu ya Yasoni bashaka gukuramo Pawulo na Sila, ngo babashyire imbere y'abantu.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

5 Ariko Abayahudi ishyari rirabasya, maze bakoranya abantu babi b'ibirara basanze mu isoko, barema inteko bateza imidugararo mu mujyi. Biroha mu nzu ya Yasoni bashaka Pawulo na Silasi, kugira ngo babagabize igitero.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

5 Ariko Abayahudi ishyari rirabasya, maze bakoranya abantu babi b'ibirara basanze mu isoko, barema inteko bateza imidugararo mu mujyi. Biroha mu nzu ya Yasoni bashaka Pawulo na Silasi, kugira ngo babagabize igitero.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Ibyakozwe 17:5
26 Iomraidhean Croise  

Ariko naraguye, bo bakoranira kunkina ku mubyimba, ndetse n’abavantara ntazi barahurura, nuko baranshwanyaguza nta mbabazi.


nambaye ikigunira cy’agahinda, nuko mpinduka urw’amenyo;


Umutima utuje unogera umubiri, naho ishyari ni imungu mu magufa.


Wabanguye ukuboko kwawe, Uhoraho, ntibakubona, nyamara bazabona ishyaka urwanirira umuryango wawe, bakorwe n’isoni, kandi batwikwe n’umuriro wagenewe abanzi bawe.


Nyamara yari azi ko bamutanze babitewe n’ishyari.


Abayahudi rero, ngo babone icyo kivunge cy’abantu, bagira ishyari, ni ko guhinyura ibyo Pawulo yavugaga, babisebya.


Nuko haza kwaduka Abayahudi baturutse Antiyokiya n’Ikoniyo, bigarurira rubanda. Batera Pawulo amabuye, hanyuma bamukururira hirya y’umugi bibwira ko yapfuye.


Ariko bamwe mu Bayahudi bari banze kwemera, batera imidugararo mu banyamahanga, baboshya kugirira nabi abavandimwe.


Ariko Abayahudi b’i Tesaloniki ngo bamenye ko Pawulo yamamaza ijambo ry’Imana i Beroya, bahita bajyayo, bateza impagarara n’imidugararo ro muri rubanda.


Bababuze, bakurubana Yasoni n’abandi bavandimwe, babashyira abatware b’umugi, basakuza bati «Abo bantu bateye isi yose hejuru, none bageze hano Yasoni arabakira.


Abo bose barakora ibinyuranyije n’amategeko ya Kayizari, bavuga ko hari undi mwami witwa Yezu.»


bategeka Yasoni na bagenzi be gutanga ingurano, hanyuma barabarekura.


Mu gihe Galiyo yatwaraga Akaya, Abayahudi bahuza umugambi wo gufata Pawulo, bamujyana mu rukiko,


Ndetse n’iri teraniro rishobora kutuviramo kuregwa ubugome, kuko ari nta ngingo twakwifashisha kugira ngo dusobanure impamvu zaryo.» Amaze kuvuga ayo magambo, asezerera rubanda.


Abo basekuruza bacu bagirira Yozefu ishyari, baramugurisha, ajyanwa mu Misiri. Ariko Imana yari kumwe na we,


Timote, umufasha wanjye, arabatashya, na bene wacu Lusiyo, na Yasoni, na Sosipateri.


kuko mukiri ab’iyi si. None se ko mukirangwa n’ishyari n’amakimbirane, ibyo ntibigaragaza ko mukiri ab’iyi si, mukaba mwitwaye bya runtu?


Mu ngendo zanjye nyinshi nagiriye amakuba mu nzuzi, mpura n’abambuzi, ngira akaga k’abo dusangiye ubwoko n’ako ntewe n’abanyamahanga, ngirira ingorane mu mugi, mu butayu no mu nyanja, nkubitiraho imitego y’abagambanyi biyita abavandimwe!


inzika, ubusinzi, ubusambo, n’ibindi nk’ibyo. Ndababuriye nk’uko nigeze kubibabwira : abakora bene ibyo, nta murage bazahabwa mu Ngoma y'Imana.


Twoye kurarikira ikuzo ry’amanjwe, twirinde gushotorana no kugirirana ishyari.


Namwe mwaratwiganye, mwigana na Nyagasani, maze mu bitotezo byinshi, mwakirana ijambo ry’Imana ibyishimo bikomoka kuri Roho Mutagatifu.


Muratekereza se ko Ibyanditswe byandikiwe ubusa, aho bigira biti «Imana ikunda cyane umwuka wayo yadushyizemo»?


Baherako bamuha amasikeli mirongo irindwi y’umuringa bakuye mu ngoro ya Behali‐Beriti, ari na yo Abimeleki yaguzemo abantu b’imburamukoro n’ibyihebe, bamuherekezaga.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan