Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Ibyakozwe 17:16 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

16 Igihe Pawulo akibategerereje Atene, ashengurwa cyane no kubona uwo mugi ugwiriyemo ibigirwamana.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

16 Ariko Pawulo akibarindiriye muri Atenayi ahagarika umutima cyane, kuko abonye uwo mudugudu wuzuye ibishushanyo bisengwa.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

16 Igihe Pawulo yari Atene agitegereje Silasi na Timoteyo, ashegeshwa n'ukuntu uwo mujyi ugwiriyemo ibigirwamana.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

16 Igihe Pawulo yari Atene agitegereje Silasi na Timoteyo, ashegeshwa n'ukuntu uwo mujyi ugwiriyemo ibigirwamana.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Ibyakozwe 17:16
20 Iomraidhean Croise  

Eliya arasubiza ati «Nagize ishyaka ryo guharanira Uhoraho, Umugaba w’ingabo, kuko Abayisraheli baciye ku Isezerano ryawe, basenya intambiro zawe kandi bicisha inkota abahanuzi bawe; ni jye jyenyine usigaye, none barangenza ngo banyice.»


Arasubiza ati «Nagurumanywemo n’ishyaka ry’Uhoraho, Umugaba w’ingabo, kuko Abayisraheli banze kwita ku Isezerano ryawe, basenya intambiro zawe kandi bicisha inkota abahanuzi bawe; ni jye jyenyine wasigaye none barangenza ngo banyice.»


Amarira arashoka mu maso yanjye, kuko badakurikiza amabwiriza yawe.


Nshenguka umutima iyo mbonye abahakanyi, kuko badakurikiza amasezerano yawe.


nahindutse umunyamahanga mu bavandimwe, mba n’intamenyekana muri bene mama.


Ubwo nkibwira nti «Sinzongera kumucisha mu ijwi kandi sinzasubira kuvuga mu izina rye», ariko mu mutima wanjye risa n’umuriro utwika uvumbitse mu magufa yanjye; nkagerageza kwipfukirana, ariko simbishobore.


Ariko jyewe, mbikesheje umwuka w’Uhoraho, nuzuyemo imbaraga, ubutabera n’ubutwari, kugira ngo ngaragarize Yakobo ubuhemu bwe, na Israheli icyaha cye.


Nuko abararanganyamo amaso arakaye, ashavujwe n’imitima yabo yanangiye. Ni ko kubwira uwo muntu ati «Rambura ikiganza cyawe.» Nuko arakirambura, kirakira.


Pasika y’Abayahudi yari yegereje; Yezu azamuka ajya i Yeruzalemu.


Abari baherekeje Pawulo barakomeza bamugeza Atene, hanyuma bahindukirana ubutumwa bugenewe Silasi na Timote, bubategeka ko bazamugeraho bidatinze.


Koko rero, Abanyatene bose n’abanyamahanga bahatuye, nta kindi bakoraga uretse kumva no kubara inkuru z’inzaduka.


Koko rero, ubwo nagendagendaga mu mihanda y’umugi wanyu, nagiye mbona amashusho y’Imana zanyu, ndetse ndabukwa n’urutambiro rwanditsweho ngo ’Urw’imana itaramenyekana.’ None rero, iyo Mana musenga mutayizi, ni yo nje kubamenyesha.


Nyuma y’ibyo, Pawulo ava Atene ajya i Korinti.


None dore ngiye i Yeruzalemu mbibwirijwe na Roho Mutagatifu; ibizambaho ngezeyo simbizi.


Aho rero tunaniriwe kwihangana, twahisemo gusigara twenyine Atene,


Irongera irokora intungane Loti, wari washavujwe n’imibereho y’abo bagome b’ibyomanzi;


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan