Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Ibyakozwe 17:11 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

11 Abantu b’aho barushaga ubupfura ab’i Tesaloniki, bakirana umutima mwiza ijambo ry’Imana, buri munsi bagasesengura Ibyandi tswe, kugira ngo barebe niba ibyo Pawulo avuga ari ko biri.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

11 Ariko abo bo bari beza kuruta ab'i Tesalonike, kuko bakīranye ijambo ry'Imana umutima ukunze, bashaka mu byanditswe iminsi yose kugira ngo bamenye yuko ibyo bababwiye ari iby'ukuri koko.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

11 Abantu baho barushaga ubupfura ab'i Tesaloniki, kuko bakiriye Ijambo ry'Imana bafite ubwuzu, buri munsi bagasuzuma Ibyanditswe kugira ngo barebe yuko ibyo Pawulo avuga ari ukuri.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

11 Abantu baho barushaga ubupfura ab'i Tesaloniki, kuko bakiriye Ijambo ry'Imana bafite ubwuzu, buri munsi bagasuzuma Ibyanditswe kugira ngo barebe yuko ibyo Pawulo avuga ari ukuri.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Ibyakozwe 17:11
34 Iomraidhean Croise  

sinigeze nanga amategeko yampaye, kandi nzirikana mu mutima amagambo yambwiye.


Ndusha abasaza gusobanukirwa, kuko numviye amabwiriza yawe yose.


Mba nkanuye mbere y’uko bucya, kugira ngo nzirikane amasezerano yawe.


Mbega ukuntu nkunda amategeko yawe! Iminsi yose ndayazirikana.


Umuhanga nayumva aziyungura ubumenyi, naho umunyabwenge abonereho uko ayobora abandi.


Nimufate ibyo mbatoza, aho guharanira feza; muhitemo ubumenyi aho gushaka zahabu iyunguruye.»


Uzihere umuhanga azunguka kurushaho, niwigisha intungane iziyungura ku byo isanganywe.


Nimushakashake mu gitabo cy’Uhoraho, musome aya magambo : «Nta n’imwe izabura muri zo, nta n’imwe izazimiza mugenzi wayo, kuko zitegekwa n’ijambo ry’Uhoraho, umwuka we ukazikoranyiriza hamwe.


Nibababaza batyo, muzabasubize muti «Amategeko n’amabwiriza y’Uhoraho, ni byo mugomba gukurikiza.» Baragowe abatazakurikiza iryo jambo, kuko batazongera kubona umuseke weya!


Nyamara jyewe nari naraguteye uri umuzabibu nihitiyemo, uko wakabaye utagira amakemwa. Waje guhinduka ute umuzabibu w’ishyamba, ukera imbuto zirura?


Hanyuma imbuto ibibwe mu gitaka cyiza, isobanura uwumva ijambo akaryitaho: uwo arera akabyara imbuto, umwe ijana, undi mirongo itandatu, undi mirongo itatu.»


mbese nk’uko twabigejejweho n’ababyiboneye kuva mu ntangiriro, ari na bo bari bashinzwe kwamamaza ijambo ry’Imana,


ifunguro ridutunga uriduhe buri munsi.


Abrahamu aramusubiza ati ’Bafite Musa n’Abahanuzi, nibabumve!’


Nuko arababwira ati «Ibyo ni byo nababwiraga nkiri kumwe namwe, nti ’Ni ngombwa ko huzuzwa ibinyerekeyeho byose byanditswe mu mategeko ya Musa, mu bitabo by’Abahanuzi no muri Zaburi.’»


Naho rero ukora iby’ukuri, ajya ahabona, agira ngo agaragaze ko ibyo akora biba bikorewe Imana.


Mushakashakira mu Byanditswe, mwibwira ko ari ho musanga ubugingo bw’iteka, nyamara ni byo bihamya ibinyerekeyeho.


Mpera ko rero ngutumaho, nawe ugize neza kuko uje. None ubu dukoraniye imbere yawe, kugira ngo twumve icyo Nyagasani yagutegetse kutubwira cyose.»


Intumwa n’abavandimwe bari muri Yudeya bari barumvise ko n’abanyamahanga bakiriye ijambo ry’Imana.


Banyura Amfipoli n’i Apoloniya, bagera i Tesaloniki, aho hakaba isengero ry’Abayahudi.


Nuko abemeye izo nyigisho barabatizwa, uwo munsi biyongeraho abantu bagera ku bihumbi bitatu.


Namwe mwaratwiganye, mwigana na Nyagasani, maze mu bitotezo byinshi, mwakirana ijambo ry’Imana ibyishimo bikomoka kuri Roho Mutagatifu.


Ngicyo igituma tudahwema gushimira Imana, kuko mwakiriye ijambo ryayo twabigishije nk’uko riri by’ukuri. Koko ntimwaryakiriye nk’ijambo ry’abantu, ahubwo nk’ijambo ry’Imana rigaragariza akamaro karyo muri mwebwe abemera.


kimwe no mu bishuko byose by’ubugizi bwa nabi, bizitabirwa n’abagenewe korama bazize ko batakunze ukuri kugenewe kubarokora.


Nimwitandukanye rero n’icyitwa ubwandure cyose, n’icyitwa agasigisigi k’ubugira nabi kose, mwakirane urugwiro ijambo ryababibwemo kandi rishobora kubakiza.


Mbese kimwe n’abana bakimara kuvuka, nimurarikire amata meza y’ijambo ry’Imana, kugira ngo igihe muryakira, mutere imbere mu gucungurwa kwanyu,


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan