Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Ibyakozwe 16:6 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

6 Pawulo na Silasi bambukiranya Furujiya n’akarere kose k’Ubugalati, kuko Roho Mutagatifu yari yababujije kwamamaza ijambo ry’Imana muri Aziya.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

6 Bukeye banyura mu gihugu cy'i Furugiya n'i Galatiya, babuzwa n'Umwuka Wera kuvuga ijambo ry'Imana muri Asiya.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

6 Nuko bambukiranya intara ya Furujiya n'iya Galati, kuko Mwuka Muziranenge yari yababujije kuvuga Ijambo ry'Imana mu ntara ya Aziya.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

6 Nuko bambukiranya intara ya Furujiya n'iya Galati, kuko Mwuka Muziranenge yari yababujije kuvuga Ijambo ry'Imana mu ntara ya Aziya.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Ibyakozwe 16:6
31 Iomraidhean Croise  

Igihe uzaba ugomba kugana iburyo cyangwa ibumoso, amatwi yawe azumva ijwi rivuga inyuma yawe riti «Dore inzira, nimube ari yo munyuramo.»


mbese nk’uko twabigejejweho n’ababyiboneye kuva mu ntangiriro, ari na bo bari bashinzwe kwamamaza ijambo ry’Imana,


Petero yari akibaza iby’ibonekerwa rye, ariko Roho aramubwira ati «Dore hari abantu batatu bagushaka.


Roho Mutagatifu ambwira kujyana na bo nta gushidikanya. Aba bavandimwe batandatu muruzi ni bo bamperekeje, nuko twinjira mu nzu y’uwo muntu.


Ngo bagere ku mbibi za Misiya, bagerageza kujya muri Bitiniya, ariko Roho wa Yezu arababuza.


ahamara igihe kirekire. Ahavuye arakomeza azenguruka akarere k’Ubugalati na Furujiya, ashishikaza abigishwa bose.


Amara imyaka ibiri abigenza atyo, kugeza ubwo abaturage bose ba Aziya, Abayahudi kimwe n’Abagereki, bumva ijambo rya Nyagasani.


Pawulo yari yagennye kutanyura Efezi kugira ngo adatinda muri Aziya, kuko yihutiraga kuba ari i Yeruzalemu, nibura bishobotse ku munsi mukuru wa Pentekositi.


Murimenye rero ubwanyu, mumenye n’ubushyo mwaragijwe na Roho Mutagatifu, mube abashumba ba Kiliziya y’Imana, Yezu yacunguje amaraso ye bwite.


Muri urwo rugendo yari aherekejwe na Sopateri, mwene Piro w’i Beroya, Arisitariko na Sekundi b’i Tesaloniki, Gayo w’i Deribe na Timote, hamwe na Tushiko na Tirofimo bo muri Aziya.


Iminsi irindwi ijya kurangira, Abayahudi bo muri Aziya ngo babone Pawulo mu Ngoro, babyutsa imvururu muri rubanda rwose, maze baramufata.


Ariko abantu bo mu isengero ryitwa «iry’ababohowe», hamwe n’Abanyasireni n’Abanyalegisandiriya, n’abantu bo muri Silisiya n’abo muri Aziya, batangira kujya impaka na Sitefano.


Roho Mutagatifu abwira Filipo ati «Genda, wegere ririya gare.»


Mutashye na Kiliziya ijya iteranira mu rugo rwabo. Mutashye incuti yanjye Epayineto, we muganura Aziya yahaye Kristu.


Ariko ibyo byose bikorwa na Roho umwe rukumbi, ugabira buri wese uko abyishakiye.


Ku byerekeye imfashanyo zigenewe abatagatifujwe, muzakurikize namwe amabwiriza nahaye Kiliziya zo mu Bugalati.


Kiliziya zo muri Aziya zirabaramutsa. Akwila na Purisika barabatashya cyane muri Nyagasani, hamwe na Kiliziya ikoranira iwabo.


Koko, bavandimwe, ntitwabahisha akaga twagiriye muri Aziya; twakutse umutima birenze imivugire, tugeza n’aho twiheba nk’abagiye gupfa.


n’abavandimwe bose turi kumwe, kuri za Kiliziya zo mu Bugalati:


Mbega ngo muraba abapfu, Banyagalati ! Ni nde wabararuye kandi mwareretswe uko Kristu yabambwe ?


Nk’uko ubizi, abo muri Aziya bose barantaye, barimo Figelo na Herimogeni.


kuko Demasi yantaye, abitewe no gukunda iyi isi: yigiriye i Tesaloniki; Kirisensi na we yagiye mu Bugalati, Tito ajya muri Dalimatiya,


Ukwemera kwatumye Abrahamu yumvira Imana, agenda agana igihugu yari agiye guhabwa ho umurage, kandi agenda atazi iyo ajya.


Jyewe Petero, intumwa ya Yezu Kristu, kuri mwebwe ntore z’Imana, mwatatanijwe nk’abagenzi n’abasuhuke mu ntara ya Ponti, mu Bugalati, muri Kapadosiya, muri Aziya no muri Bitiniya,


«Ibyo ubona, ubyandike mu gitabo, maze ubyoherereze izi Kiliziya uko ari ndwi: iya Efezi, iya Simirina, iya Perigamo, iya Tiyatira, iya Saridi, iya Filadelifi n’iya Lawodiseya.»


Jyewe Yohani, kuri za Kiliziya ndwi zo muri Aziya: nimugire ineza n’amahoro bituruka kuri wa Wundi uriho, uwahozeho kandi ugiye kuza, bigaturuka no kuri roho ndwi zihagaze imbere y’intebe ye y’ubwami,


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan