Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Ibyakozwe 16:25 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

25 Ahagana mu gicuku, Pawulo na Silasi barasenga, baririmba ibisingizo by’Imana, izindi mfungwa zibateze amatwi.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

25 Ariko mu gicuku Pawulo na Sila barasenga baririmbira Imana, izindi mbohe zirabumva.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

25 Mu gicuku Pawulo na Silasi basengaga baririmba basingiza Imana, izindi mfungwa zibateze amatwi.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

25 Mu gicuku Pawulo na Silasi basengaga baririmba basingiza Imana, izindi mfungwa zibateze amatwi.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Ibyakozwe 16:25
38 Iomraidhean Croise  

ariko nta we ugira ati ’Imana yaturemye iri he? Yo itera abantu kuyiramya nijoro,


Uhoraho, nijoro nibuka izina ryawe, kandi ngakurikiza amategeko yawe.


Rwagati mu ijoro ndabyuka ngo ngushimire, ku mpamvu y’amateka atunganye waciye.


Mana yanjye, Mana yanjye, ni iki cyatumye untererana? Uri kure, ntuntabara; ndatakamba ntiwumve!


Iri mu zo bitirira Dawudi. Ibivugwamo byerekeye igihe yihinduye nk’umusazi ahingutse imbere y’Abimeleki, maze undi yamwirukana, Dawudi akigendera.


Imivumba y’amazi magari, ngiyo irasukiranya, ikurikiwe n’urusaku rw’insumo ziruruma; maze imivu n’imihengeri bikantemba hejuru.


hanyuma uzabone ubunyiyambaza igihe cy’amagorwa, ubwo rero nzagutabara, maze nawe unsingize.» (guceceka akanya gato)


Abenshi baketse ko wamvumye, kandi ari wowe buhungiro bwanjye.


Imana ni yo niyambaza, ndayitabaza, Imana ni yo niyambaza, kandi iranyumva.


ndibuka iminsi ya kera, n’imyaka yo mu gihe cyahise;


Nanyiyambaza, nzamwitaba, nzamuba hafi mu gihe cy’amage, nzamurokora, maze nzamuheshe ikuzo.


Ubwo muzaririmba nko mu gitaramo cy’umunsi mukuru, imitima inezerwe, boshye umuntu ukurikiye ijwi ry’umwirongi, agana ku musozi w’Uhoraho, ku rutare rwa Israheli.


Tega amatwi, wowe Yozuwe, umuherezabitambo mukuru, na bagenzi bawe bicaye imbere yawe, kuko abo bantu ari ikimenyetso cy’ibizaza. Dore ngiye kuzana umugaragu wanjye «Mumero».


Asambishwa n’agahinda, nyamara arushaho gusenga, abira ibyuya by’amaraso byatonyangiraga hasi.


Ubwo byose bamaze kubyumvikanaho, Intumwa n’abakuru b’ikoraniro biyemeza kwitoramo bamwe muri bo, ngo babatume i Antiyokiya kumwe na Pawulo na Barinaba. Nuko hatorwa Yuda witwa Barisaba na Silasi, abantu b’imena mu bavandimwe.


Ba shebuja babonye ko nta nyungu bakimutezeho, bafata Pawulo na Silasi, barabakurubana no ku kibuga cy’umugi, babashyira abategetsi.


Ako kanya muri iryo joro, arabajyana yuhagira inguma zabo, ahera ko abatizwa hamwe n’urugo rwe rwose.


Intumwa ngo zive mu Nama nkuru, zigenda zishimye kuko zagize ihirwe ryo kugirirwa nabi, zizira izina rya Yezu.


Mwishimire amizero mufite, mwiyumanganye mu magorwa, ntimugahweme gusenga.


Si ibyo byonyine, twiratana ndetse n’ibitotezo, kuko tuzi ko ibitotezo bitera kwihangana,


Turashavuzwa, nyamara duhora twishimye. Turi abakene, nyamara dukungahaza benshi. Batugize abinazi, kandi ari twe dutunze byose!


Nimufatanye kuvuga zaburi, ibisingizo n’indirimbo mubwirijwe na Roho Mutagatifu; muririmbe, mwogeze Nyagasani n’umutima wanyu wose.


Kandi n’aho byaba ngombwa ko mena amaraso yanjye, akamishwa ku gitambo no ku ituro ry’ukwemera kwanyu, byanshimisha, kandi nasangira namwe mwese ibyo byishimo.


Ubu rero nshimishijwe n’uko mbabara ari mwe ngirira, maze ibyari bibuze ku mibabaro ya Kristu, nkabyuzuriza mu mubiri wanjye, mbigirira umubiri we, ari wo Kiliziya.


Mu gihe cy’imibereho ye yo ku isi, ni We wasengaga atakamba mu miborogo n’amarira, abitura Uwashoboraga kumurokora urupfu, maze arumvirwa kuko yagororokeye Imana.


Bavandimwe, amagorwa y’amoko yose munyuramo, mujye muyakirana ibyishimo byinshi,


Mbese muri mwe hari ubabaye? Nasenge. Hari uwishimye se? Naririmbe ibisingizo.


Muzishime nibabatuka babaziza izina rya Kristu, kuko Roho nyir’ikuzo, ari na we Roho w’Imana, azaba ari kumwe namwe.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan