Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Ibyakozwe 16:16 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

16 Umunsi umwe, ubwo twajyaga ahantu basengeraga, duhura n’umukobwa w’umuja wahanzweho na roho mbi yamuteraga kuvuga ibizaba; ibyo bigatuma aronkera ba shebuja inyungu nyinshi.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

16 Bukeye tujya aho basengera, duhura n'umuja uragura utewe na dayimoni, yungukiraga ba shebuja cyane n'ingemu.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

16 Umunsi umwe twagiye ha hantu basengeraga, duhura n'umukobwa w'umuja wahanzweho n'ingabo ya Satani yamuteraga kuvuga ibizaba. Yaheshaga ba shebuja amafaranga menshi abwira abantu ibizababaho.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

16 Umunsi umwe twagiye ha hantu basengeraga, duhura n'umukobwa w'umuja wahanzweho n'ingabo ya Satani yamuteraga kuvuga ibizaba. Yaheshaga ba shebuja amafaranga menshi abwira abantu ibizababaho.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Ibyakozwe 16:16
21 Iomraidhean Croise  

Atwika umuhungu we ho igitambo, akoresha uburyo bwinshi bwo gutongera no gushika, ashyiraho abashitsi n’abapfumu. Yihata gukora ibidashimishije Uhoraho, aramurakaza.


Sawuli yapfuye atyo kubera ko yahemukiye Uhoraho, ntiyumvire ijambo rye, kandi no kubera ko yagiye guhanuza ku mushitsikazi,


Nibababwira bati «Nimubaze abagirwa n’abapfumu, bavugiriza, bakavugira no mu matamatama», bakababaza ngo «Ese ntibikwiye ko umuryango ubaza imana zawo n’abapfuye bawo, ubigirira abazima?»


Ntimuziyambaze abazimu cyangwa ngo mubisunge kuko byabaviramo kwandura. Ndi Uhoraho Imana yanyu.


Muri mwe nihagira umugore cyangwa umugabo utinyuka kuragura cyangwa gushika, bazicishwe amabuye. Koko, ni bo ubwabo bazaba bihamagariye urupfu.»


Umuntu wese uzirukira abazimu maze akabisunga, nzamurakarira muce mu muryango we.


Ku munsi w’isabato, dusohoka mu mugi tugana iruhande rw’umugezi, ahantu twibwiraga ko bagomba kuba bahasengera. Nuko turicara, dutangira kuganira n’abagore bari bahakoraniye.


Amara iminsi myinshi abigenza atyo. Pawulo rero bimaze kumurambira, arahindukira abwira iyo roho mbi, ati «Mu izina rya Nyagasani Yezu Kristu, ndagutegetse ngo: sohoka muri uwo mukobwa!» Ako kanya imuvamo.


Ba shebuja babonye ko nta nyungu bakimutezeho, bafata Pawulo na Silasi, barabakurubana no ku kibuga cy’umugi, babashyira abategetsi.


Hakaba rero umucuzi witwaga Demetiriyo, wacuraga mu muringa udushushanyo tw’ingoro z’ikigirwamana cyitwa Aritemisi, bikaba byaramuzaniraga we n’abo bakoranaga inyungu zitangaje.


gusenga ibigirwamana, kuroga, kwangana, gukurura intonganya, ishyari, uburakari, kwikuza, amazimwe, amakimbirane,


Ni koko, umuzi w’ibibi byose ni irari ry’imari. Kubera ko bamwe bayohotseho, byatumye bitandukanya n’ukwemera, maze umutima wabo ushengurwa n’imibabaro itabarika.


Nk’uko kera Yanesi na Yambure barwanije Musa, ni na ko abo ngabo barwanya ukuri, kuko ari abantu bafite umutima ucuramye, ntibagire ukwemera guhamye.


Ubugugu bwabo buzabatera kubashakaho inyungu, babarye imitsi, babashukisha akarimi keza. Nyamara kuva kera urubanza rwabo rwaraciwe, n’ubucibwe bwabo ntiburi kure.


Icyo gihe rero, Samweli yari yarapfuye, Abayisraheli bose bari baramuririye, baranamuhambye mu mugi we i Rama. Naho Sawuli yari yaraciye ubupfumu n’ibyerekeye gushikisha byose mu gihugu cyose.


Sawuli abwira abagaragu be, ati «Nimunshakire umushitsikazi, kugira ngo njye iwe gushikisha.» Abagaragu be baramusubiza bati «Keretse ahantu hitwa Enidori ni ho hari umushitsikazi.»


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan