Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Ibyakozwe 15:4 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

4 Bageze i Yeruzalemu, Kiliziya y’aho irabakira hamwe n’Intumwa n’abakuru b’ikoraniro, hanyuma babatekerereza ibyo Imana yakoranye na bo byose.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

4 Basohoye i Yerusalemu, ab'Itorero n'intumwa n'abakuru barabākīra. Nuko na bo babatekerereza ibyo Imana yakoranye na bo byose.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

4 Bageze i Yeruzalemu bakirwa n'itorero rya Kristo ryaho n'Intumwa za Kristo n'abakuru, babatekerereza ibyo Imana yabakoresheje.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

4 Bageze i Yeruzalemu bakirwa n'itorero rya Kristo ryaho n'Intumwa za Kristo n'abakuru, babatekerereza ibyo Imana yabakoresheje.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Ibyakozwe 15:4
20 Iomraidhean Croise  

Ubakiriye neza, ni jye aba yakiriye, n’unyakiriye aba yakiriye Uwantumye.


Koko babigenza batyo, maze izo mfashanyo bazoherereza abakuru b’ikoraniro, zijyanwa na Barinaba na Sawuli.


Bagezeyo, bakoranya Kiliziya, babatekerereza ibyo Imana yari yakoranye na bo byose, ariko cyane cyane ko yugururiye abanyamahanga irembo ry’ukwemera.


Nuko ikoraniro ryose riratuza, maze batega amatwi Pawulo na Barinaba babatekererezaga ibimenyetso byose n’ibitangaza Imana yabakoresheje mu banyamahanga.


Nuko havuka amakimbirane n’impaka zikomeye kuri Pawulo na Barinaba bavuguruza abo bantu; ni ko kwemeza ko Pawulo na Barinaba hamwe n’abandi muri bo, bajya i Yeruzalemu kureba Intumwa n’abakuru b’ikoraniro, bakabagisha inama kuri icyo kibazo.


Ubwo byose bamaze kubyumvikanaho, Intumwa n’abakuru b’ikoraniro biyemeza kwitoramo bamwe muri bo, ngo babatume i Antiyokiya kumwe na Pawulo na Barinaba. Nuko hatorwa Yuda witwa Barisaba na Silasi, abantu b’imena mu bavandimwe.


Nuko Kiliziya ya Antiyokiya ibafasha ku byo bakeneye mu rugendo, banyura muri Fenisiya na Samariya babatekerereza iby’uguhinduka kw’abanyamahanga, maze iyo nkuru itera abavandimwe bose ibyishimo byinshi.


Intumwa n’abakuru b’ikoraniro bateranira hamwe, kugira ngo basuzume icyo kibazo.


Mu migi yose banyuragamo, Pawulo na Silasi babagezagaho ibyemezo byafashwe n’Intumwa hamwe n’abakuru b’ikoraniro b’i Yeruzalemu, bakabasaba kubukurikiza.


Hanyuma Apolo ashatse kujya muri Akaya, abavandimwe bamutera inkunga kandi bandikira abigishwa b’aho ngo bamwakire neza. Agezeyo, agirira akamaro abemeye babikesha ubuntu bw’Imana,


Tugeze i Yeruzalemu, abavandimwe batwakirana ibyishimo.


Pawulo amaze kubaramutsa, abatekerereza ku buryo burambuye ibyo Imana yamukoresheje byose mu banyamahanga.


Kuko ntagira icyo niratana usibye icyo Kristu ubwe yankoresheje, ari mu magambo, ari mu bikorwa,


Ku mpamvu y’ibyo rero, nimwakirane nk’uko na Kristu ubwe yabakiriye agirira ikuzo ry’Imana.


Ariko uko ndi kose, mbikesha ingabire y’Imana, kandi iyo ngabire ntiyambayemo impfabusa. Ahubwo ndetse nakoreye kubarusha bose; nyamara si ku bwanjye, ni ku bw’ingabire y’Imana indimo.


Uko biri kose, Imana ubwayo ni yo yiyunze n’ab'isi bose muri Kristu, ntiyaba ikibabaraho ibicumuro byabo; nuko natwe idushinga ubutumwa bwo kubwira abantu ngo biyunge na Yo.


Ubwo turi abafasha b’Imana, turabashishikariza kudapfusha ubusa ubuntu bwayo.


Arisitariko mugenzi wanjye dufunganywe arabatashya, na Mariko mwene sewabo wa Barinaba; naza iwanyu, muzamwakire neza, mukurikije amabwiriza mwahawe.


Nihagira umuntu uza abagana, atari uzanye izo nyigisho, ntimukamwakire iwanyu, ndetse ntimukamuramutse;


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan