Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Ibyakozwe 15:23 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

23 Urwo rwandiko babahaye rwagiraga ruti «Twebwe Intumwa, abakuru b’ikoraniro n’abavandimwe, turabaramutsa, bavandimwe bacu b’abanyamahanga bari Antiyokiya, muri Siriya no muri Silisiya.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

23 Bandika urwandiko bararubaha, rwanditsemo ngo “Intumwa na bene Data bakuru turabatashya, bene Data bo mu banyamahanga bari muri Antiyokiya n'i Siriya n'i Kilikiya.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

23 Babaha urwandiko ruvuga ruti: “Twebwe Intumwa za Kristo n'abakuru turabaramutsa, bavandimwe bacu bo mu yandi mahanga, batuye Antiyokiya no mu ntara za Siriya na Silisiya.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

23 Babaha urwandiko ruvuga ruti: “Twebwe Intumwa za Kristo n'abakuru turabaramutsa, bavandimwe bacu bo mu yandi mahanga, batuye Antiyokiya no mu ntara za Siriya na Silisiya.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Ibyakozwe 15:23
21 Iomraidhean Croise  

Ubugiraneza bwe bumenyekana muri Siriya yose, bakajya bamuzanira imbabare zose zifite indwara n’ibyago by’amoko yose: abahanzweho, abanyagicuri, ibimuga, nuko akabakiza.


Bumvise ibyo baratuza, bakuza Imana bavuga bati «Noneho Imana yahaye n’abanyamahanga kwisubiraho kugira ngo baronke ubugingo!»


Ariko bamwe muri bo bakomoka muri Shipure no muri Sireni bageze i Antiyokiya, bamenyesha n’Abagereki Inkuru Nziza ya Nyagasani Yezu.


Bagezeyo, bakoranya Kiliziya, babatekerereza ibyo Imana yari yakoranye na bo byose, ariko cyane cyane ko yugururiye abanyamahanga irembo ry’ukwemera.


Nuko abantu bamwe bavuye muri Yudeya, baza bigisha abavandimwe bo muri Antiyokiya bati «Niba mutigenyesheje uko Musa yabitegetse, ntimushobora gukizwa.»


Nuko havuka amakimbirane n’impaka zikomeye kuri Pawulo na Barinaba bavuguruza abo bantu; ni ko kwemeza ko Pawulo na Barinaba hamwe n’abandi muri bo, bajya i Yeruzalemu kureba Intumwa n’abakuru b’ikoraniro, bakabagisha inama kuri icyo kibazo.


Ubwo byose bamaze kubyumvikanaho, Intumwa n’abakuru b’ikoraniro biyemeza kwitoramo bamwe muri bo, ngo babatume i Antiyokiya kumwe na Pawulo na Barinaba. Nuko hatorwa Yuda witwa Barisaba na Silasi, abantu b’imena mu bavandimwe.


Bageze i Yeruzalemu, Kiliziya y’aho irabakira hamwe n’Intumwa n’abakuru b’ikoraniro, hanyuma babatekerereza ibyo Imana yakoranye na bo byose.


Pawulo yambukiranya Siriya na Silisiya, akomeza za Kiliziya.


Pawulo yongera kumara igihe kirekire i Korinti, hanyuma asezera ku bavandimwe, afata ubwato ajya muri Siriya ari kumwe na Purisila na Akwila. Ageze i Kenkireya, ariyogoshesha kubera umuhigo yari yarahize.


Naho ku byerekeye abanyamahanga bemeye, twabandikiye tubabwira ibyemezo byacu: kwirinda inyama zatambiwe ibigirwamana, n’amaraso, n’inyama z’ibyanizwe, no kwirinda ubukozi bw’ibibi.»


Ngo tugere ahateganye n’ikirwa cya Shipure, ikirwa tugisiga ibumoso tugenda twerekeje muri Siriya maze twururukira i Tiri, kuko ari ho ubwato bwagombaga gusiga imitwaro.


«Jyewe Kalawudiyo Liziya, kuri Nyakubahwa umutware Feligisi: ndakuramutsa.


Ariko abantu bo mu isengero ryitwa «iry’ababohowe», hamwe n’Abanyasireni n’Abanyalegisandiriya, n’abantu bo muri Silisiya n’abo muri Aziya, batangira kujya impaka na Sitefano.


Hanyuma naje mu ntara ya Siriya na Silisiya.


Jyewe Yakobo, umugaragu w’Imana n’uwa Nyagasani Yezu Kristu, ku batoranyijwe n’Imana bo mu miryango cumi n’ibiri, batuye mu mahanga, ndabaramutsa.


Nihagira umuntu uza abagana, atari uzanye izo nyigisho, ntimukamwakire iwanyu, ndetse ntimukamuramutse;


Abana b’umuvandimwe wawe watoranyijwe, na bo baragutashya.


Twese nitugire ineza, impuhwe n’amahoro bituruka ku Mana Data, no kuri Yezu Kristu Umwana wayo, mu kuri no mu rukundo.


kuko nizeye ko tuzabonana bidatinze, maze tukaganira.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan