Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Ibyakozwe 15:18 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

18 isanzwe izwi kuva kera kose.’

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

18 Ni ko Uwiteka avuga, ari we ukora ibyo byose, Abimenye uhereye kera kose.’

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

18 wabitangaje kuva kera kose.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

18 wabitangaje kuva kera kose.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Ibyakozwe 15:18
17 Iomraidhean Croise  

Ni nde uhwanye nanjye? Ngaho nafate ijambo, avuge uko biri, kandi anabinsobanurire! Ibyabaye kuva kera nabivuge uko biteye, ahereye ubwo nshyizeho imbaga nyamwinshi, n’ibigomba kuzaza na byo abibarondorere!


Ngaho nimuvuge ingingo zanyu, muzibonere na gihamya; ndetse tujye n’inama ! Ni nde wamenyekanyije ibyo ngibyo mu bihe byahise, akaba yarabitangaje kuva kera na kare ? Si jyewe Uhoraho? Kandi nta yindi mana ibaho uretse jye. Koko nta yindi mana y’ukuri kandi itanga umukiro ibaho, uretse jyewe jyenyine.


ku buryo bazategeka udusigisigi twa Edomu n’utw’amahanga yose yamenye izina ryanjye. Ibyo ni Uhoraho ubivuze, ari na we uzabikora.


uzaba umunsi w’imbonekarimwe, Uhoraho arawuzi. Nta manywa cyangwa ijoro bizabaho ukundi, ariko nibigeza ku mugoroba urumuri ruzamurika.


Imana si umuntu ngo irabeshya, si mwene Adamu ngo irisubiraho. Yavuga icyo itazakora se? Ijambo yavuze se ryapfa guhera aho?


bityo huzuzwa ibyo umuhanuzi yavuze ati «Umunwa wanjye uzavuga mu migani, nzamamaza ibyahishwe kuva isi ikiremwa.»


Nuko rero Umwami azabwire abari iburyo bwe, ati ’Nimuze, abahawe umugisha na Data, muhabwe Ingoma mwateguriwe kuva isi ikiremwa;


Yaremye amoko yose y’abantu ikurije ku muntu umwe, iyatuza ku bwisanzure bwose bw’isi; yayashyiriyeho ibihe uko bisimburana, ibakebera imbibi z’aho bagomba gutura.


Ni we kandi twatorewemo tugenwa mbere y’igihe ku buryo buhuye n’umugambi w’Ugenga byose,


Nguko uko yadutoreye muri We nyine, mbere y’ihangwa ry’ibiriho byose, kugira ngo tuzayihore imbere mu rukundo, turi intungane n’abaziranenge.


no gusobanurira bose ukuntu Imana isohoza wa mugambi wari uhishe kuva kera na kare muri Yo, Rurema wahanze ibintu byose.


Twebweho rero, tugomba guhora dushimira Imana kubera mwebwe, bavandimwe mukunzwe na Nyagasani, kuko Imana yabatoye kuva mu ntangiriro, kugira ngo murokorwe mubikesha Roho ubatagatifuza, mubikesha kandi no kwemera ukuri.


Kristu ni We watoranyijwe mbere y’ihangwa ry’isi, kandi agaragazwa mu bihe by’indunduro ku mpamvu yanyu.


Nuko abatuye isi bose baragisenga, abo bose kuva isi yahangwa, bafite amazina atanditswe mu gitabo cy’ubugingo cya Ntama wishwe.


Igikoko wabonye, kigeze kubaho, ariko ntikikiriho. Noneho kigiye kuzamuka mu nyenga, maze kijye aho kirimburirwa. Abatuye isi, bene amazina atanditswe mu gitabo cy’ubugingo kuva isi igihangwa, bazatangara babonye icyo Gikoko, kuko kigeze kubaho, none kikaba kitakiriho, ariko kikazongera kubaho.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan