Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Ibyakozwe 13:26 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

26 Bavandimwe, mwaba urubyaro rwa Abrahamu cyangwa se mwaba abatinya Imana, iri jambo ry’umukiro ni mwe ryohererejwe.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

26 “Bene Data, bana b'umuryango wa Aburahamu namwe abubaha Imana, kuri twe ni ho ijambo ry'ako gakiza ryatumwe.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

26 “Bavandimwe, rubyaro rwa Aburahamu n'abandi bo muri mwe mwubaha Imana, ubu Butumwa bw'agakiza ni twe bwagenewe.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

26 “Bavandimwe, rubyaro rwa Aburahamu n'abandi bo muri mwe mwubaha Imana, ubu Butumwa bw'agakiza ni twe bwagenewe.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Ibyakozwe 13:26
28 Iomraidhean Croise  

None se, Mana yacu, si wowe wambuye iki gihugu abari bagituye ubigirira umuryango wawe Israheli, ukakigabira abakomoka ku ncuti yawe Abrahamu, ngo bazakibemo ubuziraherezo?


mwebwe, nkomoko ya Abrahamu umugaragu we, bahungu ba Yakobo, abatoni be!


Ariko wowe Israheli, mugaragu wanjye, Yakobo nihitiyemo, inkomoko ya Abrahamu, incuti yanjye,


Ubutabera bwanjye ngubu buri hafi, buregereje, n’umukiro wanjye ntugitinze; nzashyira muri Siyoni umukiro wanjye, Israheli nyihe ubwiza bw’ikuzo ryanjye.


Nzu ya Yakobo, nimutege amatwi ibi ngibi, mwebwe abitwa izina rya Israheli, mukaba mukomoka ku rubyaro rwa Yuda, mwebwe abarahirisha izina ry’Uhoraho, mukanitabaza Imana ya Israheli, ariko mu bitari ukuri no mu bidatunganye.


ahubwo musange intama zazimiye z’umuryango wa Israheli.


Kandi ntimwitwaze ngo ’Abrahamu ni we mubyeyi wacu!’ Ndanabiberuriye, ndetse aya mabuye muruzi, Imana ishobora kuyabyutsamo abana ba Abrahamu.


Yatugoboreye ububasha budukiza mu nzu ya Dawudi umugaragu we,


ukamenyesha umuryango we umukiro, bazakesha kubabarirwa ibyaha byabo.


kandi ko uhereye i Yeruzalemu abantu bo mu mahanga yose bagomba kwigishwa, mu izina rye, ibyerekeye ukwisubiraho n’ibabarirwa ry’ibyaha.


Simoni Petero aramusubiza ati «Nyagasani, twasanga nde wundi, ko ari wowe ufite amagambo y’ubugingo bw’iteka.


Yari umuntu wubaha kandi agatinya Imana, we n’urugo rwe rwose, akagirira ubuntu bwinshi rubanda kandi agasenga Imana ubudasiba.


ahubwo inyurwa n’umuntu wa buri hanga iryo ari ryo ryose uyitinya kandi agaharanira ubutungane.


Ikoraniro rimaze gusezererwa, benshi mu Bayahudi no mu banyamahanga bayobotse idini yabo baherekeza Pawulo na Barinaba. Bo rero bakomeza kubaganiriza babashishikariza gukomera ku ngabire y’Imana.


Nuko Pawulo na Barinaba bavuga nta cyo bishisha, bati «Byari ngombwa ko ari mwe mubanza gushyikirizwa ijambo ry’Imana! None ubwo muryamaganye, mukabona ko mwebwe ubwanyu mudakwiye ubugingo buhoraho, ngaho rero twisangiye abanyamahanga.


Akomeza kudukurikirana twe na Pawulo, asakuza ati «Aba bantu ni abagaragu b’Imana Isumbabyose; barabamenyesha inzira y’umukiro.»


Umuherezabitambo mukuru hamwe n’abakuru b’umuryango ni bo ntanzeho abagabo, bo bampaye inzandiko nshyikiriza abavandimwe bacu b’i Damasi, ubwo najyagayo, ntumwe kuboha abariyo no kubazana i Yeruzalemu kugira ngo bahanwe.


Nuko rero, mumenye ko uwo mukiro Imana yawoherereje abanyamahanga, kandi bo bakazawakira!»


Ni mwebwe mbere na mbere Imana yahingukirije Umugaragu wayo, iramuboherereza kugira ngo abazanire umugisha; bityo buri muntu muri mwe abone kuzinukwa ibibi yakoraga.»


Bikaba rero nta wundi wundi twakesha umukiro usibye we, kuko ku isi nta rindi zina abantu bahawe, ngo abe ari ryo turonkeramo uburokorwe.»


«Nimugende muhagarare mu Ngoro y’Imana, maze mubwire rubanda ayo magambo yose azabahesha ubugingo!»


Koko rero, nta bwo nshishwa n’Inkuru Nziza kuko ari yo bubasha bw’Imana burokora uwemera wese uhereye ku Muyahudi ukageza ku Mugereki.


Namwe rero, aho mumariye kumvira ijambo ry’ukuri, ari yo Nkuru Nziza y’ugukizwa kwanyu, mukaryemera, ni We mukesha kuba mwarashyizweho ikimenyetso cya Roho Mutagatifu wasezeranywe,


mubitewe no kwizera ibyiza bibagenewe mu ijuru. Ayo mizero mwayamenyeshejwe n’ijambo ry’ukuri, ari yo Nkuru Nziza yageze iwanyu.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan