Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Ibyakozwe 13:25 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

25 Nuko ajya kurangiza ubutumwa bwe, aravuga ati ’Nta bwo ndi uwo mukeka! Ahubwo hari ugiye kuza ankurikiye, nkaba ntakwiriye no guhambura udushumi tw’inkweto ze.’

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

25 Nuko Yohana yenda kurangiza urugendo rwe arababaza ati ‘Mutekereza ko ndi nde?’ Ati ‘Si ndi we, ahubwo hariho uzaza hanyuma yanjye, ntibinkwiriye ko napfundura udushumi tw'inkweto zo mu birenge bye.’

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

25 Nuko Yohani ajya kurangiza umurimo we abaza abantu ati: ‘Muragira ngo ndi nde? Sindi uwo mukeka. Ahubwo dore hari uje ankurikiye, ntibinankwiriye kumukuramo inkweto.’

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

25 Nuko Yohani ajya kurangiza umurimo we abaza abantu ati: ‘Muragira ngo ndi nde? Sindi uwo mukeka. Ahubwo dore hari uje ankurikiye, ntibinankwiriye kumukuramo inkweto.’

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Ibyakozwe 13:25
19 Iomraidhean Croise  

Jyewe ndababatirisha amazi kugira ngo mwisubireho, ariko Uje ankurikiye andusha ububasha, ndetse sinkwiriye no kumukuramo inkweto; We azababatirisha Roho Mutagatifu n’umuriro.


Yamamazaga avuga ati «Uje ankurikiye andusha ububasha; sinkwiye no kunama ngo mfundure udushumi tw’inkweto ze.


Bukeye, Yohani abona Yezu aje amusanga, aravuga ati «Dore Ntama w’Imana ugiye gukuraho icyaha cy’isi.


Naramwiboneye ubwanjye kandi ndahamya ko ari we Mwana w’Imana.»


Abonye Yezu ahise, aravuga ati «Dore Ntama w’Imana.»


Yezu arababwira ati «Ibyo kurya bintunga, ni ugukora icyo Uwantumye ashaka, no kurangiza umurimo we.


Uvuga ibye bwite, aba ashaka kwihesha ikuzo, naho ushaka ikuzo ry’Uwamutumye, uwo ni umunyakuri, kandi nta kinyoma kimurangwaho.


Dawudi akiriho yarangije ugushaka kw’Imana, arasaza maze ashyingurwa hamwe n’abasekuruza be kandi yarashangutse.


Nuko Pawulo aravuga ati «Yohani yatangaga batisimu yo kwisubiraho, agasaba rubanda kwemera Uwari ugiye kuza nyuma ye, ari we Yezu.»


Nyamara ku bwanjye, ndahamya ko amagara yanjye bwite nta cyo amariye; icya ngombwa ni ukurangiza isiganwa ryanjye n’umurimo Nyagasani Yezu yanshinze wo guhamya Inkuru Nziza y’ineza Imana ibagirira.


Si twe twiyamamaza na gato, ahubwo twamamaza Nyagasani Yezu Kristu. Twebwe twiyiziho kuba abagaragu banyu, tubigiriye Yezu.


Urugamba rwiza narurwanye inkundura, intera nagombaga kwiruka narayirangije, ukwemera nagukomeyeho.


Igihe bazaba barangije gutanga ubuhamya bwabo, Igikoko kizamutse mu nyenga kizabarwanya, kibatsinde maze kibice.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan