Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Ibyakozwe 13:16 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

16 Nuko Pawulo arahaguruka, amaze kubacecekesha ikiganza, araterura ati «Bayisraheli, namwe abatinya Imana, nimunyumve.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

16 Pawulo arahaguruka arabamama, arababwira ati “Bagabo b'Abisirayeli, namwe abubaha Imana nimwumve.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

16 Pawulo arahaguruka arambura ukuboko abasaba gutuza, arababwira ati: “Bisiraheli n'abandi mwese mwubaha Imana, nimunyumve.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

16 Pawulo arahaguruka arambura ukuboko abasaba gutuza, arababwira ati: “Bisiraheli n'abandi mwese mwubaha Imana, nimunyumve.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Ibyakozwe 13:16
29 Iomraidhean Croise  

bikazatuma bagutinya iminsi yose bazamara mu gihugu wahaye abasokuruza bacu.


mwebwe abo mu bwoko bwa Levi, nimusingize Uhoraho, mwebwe abatinya Uhoraho, nimusingize Uhoraho!


Ubutaka bwacu bweze imbuto, Nyagasani, Imana yacu, aduhunda atyo imigisha.


Ndashaka kumva icyo Uhoraho Imana avuze; aravuga iby’amahoro y’umuryango we n’abayoboke be, bapfa gusa kudasubira mu busazi bwabo.


Ufite amatwi yo kumva niyumve!


Aho asohokeye, ntiyari agishobora kuvuga, maze bamenya ko yabonekerewe mu Ngoro. Nuko aba uwo kubacira amarenga, akomeza kuba ikiragi.


Impuhwe ze zisesekarizwa abamutinya, bo mu bihe byose.


Ariko mugenzi we amucyaha avuga ati «Mbese ntutinya Imana, wowe waciriwe rumwe na we!


Yari umuntu wubaha kandi agatinya Imana, we n’urugo rwe rwose, akagirira ubuntu bwinshi rubanda kandi agasenga Imana ubudasiba.


ahubwo inyurwa n’umuntu wa buri hanga iryo ari ryo ryose uyitinya kandi agaharanira ubutungane.


Abacecekesha ikiganza, maze abatekerereza uburyo Nyagasani yamukuye mu buroko, hanyuma arababwira ati «Nimujye kubimenyesha Yakobo n’abavandimwe.» Nuko arahava, yigira ahandi hantu.


Bavandimwe, mwaba urubyaro rwa Abrahamu cyangwa se mwaba abatinya Imana, iri jambo ry’umukiro ni mwe ryohererejwe.


Nuko Pawulo na Barinaba bavuga nta cyo bishisha, bati «Byari ngombwa ko ari mwe mubanza gushyikirizwa ijambo ry’Imana! None ubwo muryamaganye, mukabona ko mwebwe ubwanyu mudakwiye ubugingo buhoraho, ngaho rero twisangiye abanyamahanga.


Abantu batekerereza byose uwitwa Alegisanderi, ari we Abayahudi bari bashyize imbere. Nuko ashyira ukuboko ejuru ngo baceceke, ashaka kugira icyo abwira rubanda.


Nuko Petero ahagararanye na ba Cumi n’umwe, arangurura ijwi agira ati «Bantu bo muri Yudeya, namwe mwese abatuye i Yeruzalemu, nimumenye neza ibi ngibi kandi mutege amatwi amagambo yanjye.


Yemwe Bayisraheli, nimutege amatwi amagambo yanjye: Yezu w’i Nazareti, uwo muntu Imana yemeje muri mwe, imukoresha ibitangaza, ibikorwa n’ibimenyetso bikomeye rwagati muri mwe, nk’uko mubizi ubwanyu,


Umugaba w’ingabo amaze kumwemerera, Pawulo ahagarara ku mabaraza, arambura ukuboko kugira ngo acecekeshe imbaga. Bamaze gutuza, ababwira mu rurimi rw’igihebureyi ati


Abayahudi bari bagumye kumutega amatwi kugeza ko avuze ayo magambo, batera hejuru bati «Umuntu nk’uyu agomba kuvanwa ku isi! Ntakwiye kubaho!»


Petero abibonye ni ko kubwira rubanda ati «Bantu ba Israheli, ni iki gitumye mutangazwa n’ibimaze kuba? Cyangwa se ni iki gitumye muduhanga amaso, nk’aho duhaye uyu muntu kugenda ku bw’ububasha bwacu cyangwa ku bw’ubutungane bwacu bwite?


Ufite amatwi arumve icyo Roho abwira za Kiliziya. Uzatsinda, nta bwo azigera ababazwa n’urupfu rwa kabiri.»


Ufite amatwi arumve icyo Roho abwira za Kiliziya. Uzatsinda, nzamuha manu yahishwe, muhe akabuye kererana, kandi kuri ako kabuye hazaba handitseho izina rishya ritagira undi urizi, uretse urihawe.»


Ufite amatwi arumve icyo Roho abwira za Kiliziya.»


Ufite amatwi arumve icyo Roho abwira za Kiliziya. Uzatsinda, nzamuha kurya ku giti cy’ubugingo, kiri mu busitani bw’Imana.»


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan