Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Ibyakozwe 13:14 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

14 Bo rero ngo bave i Perige, barakomeza bagera i Antiyokiya ho muri Pisidiya. Ku isabato, binjira mu isengero baricara.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

14 Ariko bo bava i Peruga, bararomboreza bagera muri Antiyokiya y'i Pisidiya. Ku munsi w'isabato binjira mu isinagogi baricara.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

14 Bo bava i Periga barakomeza, maze bataha Antiyokiya ho muri Pisidiya. Ku munsi w'isabato binjira mu rusengero baricara.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

14 Bo bava i Periga barakomeza, maze bataha Antiyokiya ho muri Pisidiya. Ku munsi w'isabato binjira mu rusengero baricara.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Ibyakozwe 13:14
13 Iomraidhean Croise  

Nuko Yezu ajya i Nazareti, aho yari yararerewe, maze nk’uko yabimenyereye, yinjira mu isengero ku munsi w’isabato; nuko arahaguruka ngo asome Ibyanditswe bitagatifu.


Pawulo na Barinaba basohotse, abo bantu babasaba ko ku isabato itaha bazongera kubabwira ayo magambo.


Ku isabato yakurikiyeho, hafi umugi wose urakorana kugira ngo bumve ijambo ry’Imana.


Nuko Pawulo na Barinaba bavuga nta cyo bishisha, bati «Byari ngombwa ko ari mwe mubanza gushyikirizwa ijambo ry’Imana! None ubwo muryamaganye, mukabona ko mwebwe ubwanyu mudakwiye ubugingo buhoraho, ngaho rero twisangiye abanyamahanga.


Bageze i Salamina, bamamaza ijambo ry’Imana mu masengero y’Abayahudi. Ubwo bari kumwe na Yohani, umufasha wabo.


Nuko haza kwaduka Abayahudi baturutse Antiyokiya n’Ikoniyo, bigarurira rubanda. Batera Pawulo amabuye, hanyuma bamukururira hirya y’umugi bibwira ko yapfuye.


Ku munsi w’isabato, dusohoka mu mugi tugana iruhande rw’umugezi, ahantu twibwiraga ko bagomba kuba bahasengera. Nuko turicara, dutangira kuganira n’abagore bari bahakoraniye.


Pawulo rero yinjira mu isengero nk’uko yari abimenyereye, yikurikiranya amasabato atatu yose ajya impaka na bo, ahereye ku Byanditswe.


Buri munsi w’isabato yafataga ijambo mu isengero, akagerageza kwemeza Abayahudi n’Abagereki.


Mu mezi atatu yose, Pawulo yajyaga mu isengero akavuga ashize amanga, akagerageza kwemeza abamwumvaga ibyerekeye Ingoma y’Imana.


maze atangira adatinze kwamamaza mu masengero ko Yezu ari Umwana w’Imana.


mu bitotezo n’ibyago naboneye Antiyokiya, n’Ikoniyo n’i Lisitiri. Mbega ibitotezo nabonye! Ariko byose Nyagasani yabinkuyemo.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan