Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Ibyakozwe 12:23 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

23 ako kanya umumalayika wa Nyagasani aramukubita, agwa inyo arapfa, kuko atari yahaye Imana icyubahiro.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

23 Ariko muri ako kanya marayika w'Umwami Imana aramukumbanya kuko adahaye Imana icyubahiro, aherako agwa inyo umwuka urahera.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

23 Ako kanya umumarayika wa Nyagasani aramukubita agwa inyo arapfa, kuko yari yihaye icyubahiro gikwiye Imana.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

23 Ako kanya umumarayika wa Nyagasani aramukubita agwa inyo arapfa, kuko yari yihaye icyubahiro gikwiye Imana.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Ibyakozwe 12:23
30 Iomraidhean Croise  

Mu ijoro rikurikiraho, Malayika w’Uhoraho araza yambukiranya ingando y’Abanyashuru, yicamo abantu ibihumbi ijana na mirongo inani na batanu. Mu gitondo bose bari babaye imirambo.


Nuko Uhoraho yohereza umumalayika, atsemba ingabo zose z’intwari, abatware bakuru b’abasirikare n’abanyacyubahiro bari mu ngando y’umwami w’Abanyashuru. Senakeribu asubira mu gihugu cye akozwe n’isoni maze igihe yinjiye mu ngoro y’imana ye, abahungu be bwite bamwicisha inkota.


namara kunkangura, azampagarika iruhande rwe, maze mbonere Imana mu mubiri wanjye.


Umubiri wanjye urajejeta inyo, wuzuye amaga n’imvuvu, uruhu rwanjye ruriyasa rugasuka amashyira.


Musa na Aroni basanga Farawo, maze baramubwira bati «Uhoraho Imana y’Abahebureyi aravuze ngo: Uzanga kwiyoroshya imbere yanjye uzahereze hehe? Rekura umuryango wanjye kugira ngo ujye kunsenga;


Muri iryo joro, nzambukiranya igihugu cya Misiri, maze nice icyavutse uburiza cyose mu gihugu cya Misiri, guhera ku bantu kugeza ku nyamaswa; kandi n’ibigirwamana bya Misiri byose mbicire imanza. Ni jye Uhoraho!


Igihe Uhoraho azambukiranya Misiri kugira ngo ayoreke, azabona amaraso ku mutambiko w’umuryango no ku nkomanizo zawo zombi, maze Uhoraho atambuke uwo muryango, yegutuma Umunyacyorezo yinjira mu mazu yanyu ngo abarimbure.


Igicuku rero kinishye, Uhoraho yica icyavutse uburiza cyose mu gihugu cya Misiri, guhera ku mfura ya Farawo yari kumusimbura ku ngoma kugeza ku mfura y’umunyururu uri mu buroko, no ku buriza bwose bw’amatungo.


Niba rero ukomeje kuziga umuryango wanjye, ukawubuza kugenda,


Umuntu ashimirwa ko ashyira mu gaciro, naho uw’umutima w’ibinyoma akabigayirwa.


Ubukire bwawe bwamanukanye n’amajwi y’inanga ikuzimu, uzisasira umujagato w’inyo, uwiyorose.


Ni nde watutse ukamwandagaza? Ni nde wavugishije umurebana agasuzuguro? Ni Nyir’ubutagatifu wa Israheli!


kuko bazaribwa n’inzukira boshye umwambaro, umuswa ukabamunga nk’ubwoya bw’intama. Nyamara ubutabera bwanjye n’agakiza kanjye bizabaho iteka ryose, uko ibihe bigenda bisimburana.


Nuko nibasohoka, bazarebe intumbi z’abandwanyije, kuko urunyo ruzabamunga rutazapfa, n’umuriro uzabatwika ntuzazime. Bazatera ishozi icyitwa ikinyamubiri cyose.


«Mwana w’umuntu, bwira icyo gikomangoma cy’i Tiri, uti ’Dore uko Nyagasani Uhoraho avuze: Kubera ko umutima wawe wirase, ukaba waravuze ngo: Ndi imana, nganje mu nyanja rwagati; nyamara kandi uri umuntu nturi Imana, n’ubwo wigereranya n’Imana bwose.


Uzongera se uvuge ngo: Ndi Imana, igihe abishi bawe bazaba bagusatiriye? Oya da! Nturi Imana, ahubwo uri umuntu, ndetse uri mu maboko y’abagusogota.


Igihe rubanda bariho bamushimagiza bagira bati «Noneho ni ijwi ry’Imana, si iry’umuntu»,


Nyamara muri iryo joro, Umumalayika wa Nyagasani akingura inzugi z’uburoko, abakuramo maze arababwira ati


wa Mwanzi uzishyira hejuru y’icyitwa Imana cyose, no hejuru y’ibindi byose bikwiye gusengwa, akageza n’aho ubwe yicara mu Ngoro y’Imana, maze agatangaza ko ubwe ari Imana.


Hashize iminsi igera ku icumi, Uhoraho akubita Nabali arapfa.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan