Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Ibyakozwe 12:11 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

11 Nuko Petero ngo agarure umutima, aravuga ati «Noneho menye by’ukuri ko Nyagasani yohereje umumalayika we, akangobotora mu biganza bya Herodi kandi akankiza n’imihigo yose y’imbaga y’Abayahudi.»

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

11 Petero agaruye umutima aribwira ati “Noneho menye by'ukuri yuko Umwami Imana yatumye marayika wayo, ikankura mu maboko ya Herode, ikankiza ibyo ubwoko bw'Abayuda bwategerezaga byose.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

11 Nuko Petero agaruye umutima aravuga ati: “Noneho menye by'ukuri ko Nyagasani yohereje umumarayika we, akankiza amaboko ya Herodi n'imigambi yose y'Abayahudi.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

11 Nuko Petero agaruye umutima aravuga ati: “Noneho menye by'ukuri ko Nyagasani yohereje umumarayika we, akankiza amaboko ya Herodi n'imigambi yose y'Abayahudi.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Ibyakozwe 12:11
27 Iomraidhean Croise  

Uhoraho abwira Abramu, ati «Menya neza ko abazagukomokaho bazasuhukira mu gihugu kitari icyabo; bazakibamo abacakara, bazicishwe uburetwa imyaka magana ane yose.


Uhoraho abwira Abrahamu, ati «Ni iki gishekeje Sara, kigatuma yibaza ngo mbese ubu nzabyara, ko nshaje?


Abimeleki ahamagaza Izaki, aramubwira ati «Biragaragara ko ari umugore wawe. Ni kuki rero wavuze uti ’Ni mushiki wanjye’?» Izaki ati «Ni uko nibwiraga nti be kunyica bamumpora.»


Dawudi aririmbira Uhoraho indirimbo, umunsi Uhoraho amurokoye ikiganza cy’abanzi be bose n’icya Sawuli.


kuko Uhoraho ahanga amaso ku isi yose kugira ngo arengere abafite umutima umutunganiye. Ubu noneho wagenjeje nk’umupfu; ni yo mpamvu guhera ubu uzahora mu ntambara.»


Ese abo mu ihema ryanjye ntibavugaga bati ’Hari uwo wabona utarariye inyama ze ngo azihage?’


Mu makuba menshi, azagutabara, kandi nugera mu kaga, nta cyago kizaguhungabanya.


kuko ahagarara iburyo bw’umutindahare, kugira ngo amukize abamucira urubanza.


Ahubwo ni Uhoraho uragira abamwubaha, akita ku biringira impuhwe ze,


kugira ngo abakize urupfu, anababesheho mu gihe cy’inzara.


Nyamara icyago gihitana umugome, abanga intungane bagahabwa igihano.


Umunyabyago yaratabaje, Uhoraho aramwumva, maze amuzahura mu magorwa ye yose.


Hahirwa uwita ku mukene no ku munyantege nke: ku munsi w’amakuba, Uhoraho azamukiza!


Mwebwe abakunda Uhoraho, nimwange ikibi, kuko amenya ubuzima bw’abayoboke be, akabagobotora mu kiganza cy’ababi.


Bigeze aho, aribwira ati ’Nyamara se kwa data hari abakozi bangana iki barya bakanabisigaza, naho jyewe nicirwa n’inzara hano!


Ako kanya, umumalayika wa Nyagasani arahatunguka, maze urumuri rutangaza muri ubwo buroko. Uwo mumalayika akomanga Petero mu mbavu, amukangura amubwira ati «Haguruka bwangu!» Iminyururu ihita imuva ku maboko, iragwa.


Imyaka ibiri ishize, Feligisi asimburwa n’uwitwa Porikiyo Fesito; maze Feligisi ashaka kwikundisha ku Bayahudi, asiga Pawulo mu buroko.


Ariko Fesito ashatse kwikundisha ku Bayahudi, abaza Pawulo ati «Mbese uremera kujya i Yeruzalemu kugira ngo abe ariho ucirirwa urubanza mu maso yanjye?»


Nyamara muri iryo joro, Umumalayika wa Nyagasani akingura inzugi z’uburoko, abakuramo maze arababwira ati


Abamalayika rero bagenewe iki? Si ibiremwa se bigaragira Imana kandi yohereza gufasha abazahabwa umurage w’uburokorwe?


None rero, Nyagasani ashobora kuvana mu magorwa abamuyobotse, naho abagome akabarindiriza umunsi w’urubanza kugira ngo bahanwe:


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan