Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Ibyakozwe 11:23 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

23 Ngo agereyo, abona ineza Imana yari yabagiriye, biramushimisha. Nuko arabihanangiriza ngo bizirike kuri Nyagasani babikuye ku mutima.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

23 Asohoyeyo kandi abonye ubuntu bw'Imana aranezerwa, abahugura bose ati “Mugume mu Mwami Yesu mumaramaje mu mitima yanyu.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

23 Agezeyo abona ukuntu Imana yahaye abo bantu umugisha biramushimisha, ni ko kubihanangiriza ngo bakomere kuri Nyagasani babikuye ku mutima.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

23 Agezeyo abona ukuntu Imana yahaye abo bantu umugisha biramushimisha, ni ko kubihanangiriza ngo bakomere kuri Nyagasani babikuye ku mutima.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Ibyakozwe 11:23
37 Iomraidhean Croise  

Yakomeje kwibanda kuri Uhoraho ntiyamuteshukaho. Yubahirije bikomeye amategeko Uhoraho yari yarahaye Musa.


Wasuzumye umutima wanjye, ungenzura nijoro, ndetse urangerageza, ntiwagira ikibi unsangana: ururimi rwanjye narurinze gucumura.


Mwana wanjye, umutima wawe nurangwaho ubuhanga, nanjye uwanjye uzishima,


ng’uwo ararekereje nk’umujura, abantu akabagwizamo abagambanyi.


Nuko Yezu abwira abigishwa be, ati «Niba hari ushaka kunkurikira ajye yiyibagirwa ubwe, aheke umusaraba we, maze ankurikire!


Yezu abonye ukwemera kwabo, abwira icyo kirema ati «Mwana wanjye, ibyaha byawe urabikijijwe.»


Nimube rero muri jyewe, nanjye mbe muri mwe. Uko ishami ridashobora kwera imbuto ku bwaryo ritari ku muzabibu, namwe ni ko mutakwera mutandimo.


Ikoraniro rimaze gusezererwa, benshi mu Bayahudi no mu banyamahanga bayobotse idini yabo baherekeza Pawulo na Barinaba. Bo rero bakomeza kubaganiriza babashishikariza gukomera ku ngabire y’Imana.


Bakomezaga umutima w’abigishwa, bakabatera umwete ngo bakomere mu kwemera, bababwira bati «Ni ngombwa ko tunyura mu magorwa menshi, kugira ngo tubone kwinjira mu Ngoma y’Imana.»


Bahavuye, bajya mu bwato berekeza Antiyokiya, ari na wo mugi bari baraturutsemo, ubwo abavandimwe babo babaragizaga Imana, babasabira kuzatunganya uwo murimo nyine bari bamaze kurangiza.


naho Pawulo ahitamo kujyana na Silasi. Abavandimwe bamaze kumusabira no kumuragiza Nyagasani, arahaguruka aragenda.


Nyamara ku bwanjye, ndahamya ko amagara yanjye bwite nta cyo amariye; icya ngombwa ni ukurangiza isiganwa ryanjye n’umurimo Nyagasani Yezu yanshinze wo guhamya Inkuru Nziza y’ineza Imana ibagirira.


Ubu rero mbaragije Nyagasani kugira ngo abababarire, maze abakomereshe ijambo rye, kandi ku bwa ryo abahe umurage hamwe n’abatagatifujwe bose.


Bityo na Yozefu, uwo Intumwa zari zarahimbye Barinaba — ari byo kuvuga Imaragahinda —, wari n’umulevi ukomoka i Shipure, akaba yari afite umurima.


uwahawe gutera abandi inkunga, nayibatere. Utanga, atange nta kindi akurikiranye; uyobora, ayoborane umwete; utabara abatishoboye, nabafashe anezerewe.


Nuko rero, bavandimwe nkunda, nimukomere, mwe guhungabana, mukomeze gukorera Nyagasani, muzi neza ko kuruhira Nyagasani bitazabapfira ubusa.


Mbese uwo mugambi nawufashe nsa n’ukina? Cyangwa se imigambi yanjye irasa n’idafashe, nk’umuntu wemeye atemeye?


Ubwo turi abafasha b’Imana, turabashishikariza kudapfusha ubusa ubuntu bwayo.


Uzatinye Uhoraho Imana yawe kandi umukorere, abe ari we wihambiraho, izina rye abe ari ryo urahira.


mukunda Uhoraho Imana yawe, mwumvira ijwi rye, kandi mumwizirikaho. Bityo uzabaho, mu gihugu Uhoraho yarahiye kuzaha abasokuruza bawe Abrahamu, Izaki na Yakobo.»


Nk’uko irumbuka kandi igakwira ku isi yose, no muri mwe ni ko bimeze, kuva aho mwumviye kandi mukamenya by’ukuri ingabire y’Imana.


Naho wowe, wakomeje kunkurikira muri byose: mu nyigisho zanjye, mu migenzereze yanjye, mu migambi yanjye, mu kwemera kwanjye, mu kwihangana kwanjye, mu rukundo n’ubudacogora byanjye,


Gusa, mwitondere gukurikiza amategeko n’amabwiriza ya Musa, umugaragu w’Uhoraho, Imana yanyu: mukunde Uhoraho, Imana yanyu, mugendere mu nzira ze, mwite ku mategeko ye, mumwizirikeho, mumukorere n’umutima wanyu wose n’amagara yanyu yose.»


Ahubwo nimwizirike kuri Uhoraho, Imana yanyu, nk’uko mwabigenjeje kugeza ubu;


Mbandikiye muri make, nifashishije Silivani mbonamo umuvandimwe w’indahemuka, kugira ngo mbashishikaze kandi mbemeze ko ari ingabire nyakuri y’Imana mwihambiriyeho.


Bityo, twana twanjye, nimugume muri We, kugira ngo igihe azigaragariza, tuzagire amizero yuzuye, kandi twe kuzakorwa n’isoni zo kuba turi kure ye, igihe cy’amaza ye.


Nta cyanshimishije kuruta ibindi nko kumva ko abana banjye bagendera mu kuri.


Koko, mwasesewemo n’abantu banditsweho ubucibwe kuva kera kose; ni abagomeramana bahindanya ineza y’Imana, bakigira ibyomanzi, kandi bakihakana Umutegetsi wacu umwe rukumbi, Umwami wacu Yezu Kristu.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan