Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Ibyakozwe 11:18 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

18 Bumvise ibyo baratuza, bakuza Imana bavuga bati «Noneho Imana yahaye n’abanyamahanga kwisubiraho kugira ngo baronke ubugingo!»

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

18 Bumvise ibyo barihorera, bahimbaza Imana bati “Nuko noneho Imana ihaye n'abanyamahanga kwihana, kugira ngo na bo bahabwe ubugingo.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

18 Babyumvise batyo bahita batuza, maze basingiza Imana bati: “Erega n'abatari Abayahudi Imana yabashoboje kwihana kugira ngo bagire ubugingo buhoraho!”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

18 Babyumvise batyo bahita batuza, maze basingiza Imana bati: “Erega n'abatari Abayahudi Imana yabashoboje kwihana kugira ngo bagire ubugingo buhoraho!”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Ibyakozwe 11:18
33 Iomraidhean Croise  

Uwo munsi ni bwo inkomoko ya Yese, izashyirwa ejuru nk’ibendera ry’igihugu, amahanga yose akazayigana, aho atuye hakazabengerana ikuzo.


Mu muryango wawe bose bazaba intungane, bazatunge igihugu iteka ryose. Abo naremye bazaba nk’umucwira w’ibihingwa byanjye, wagenewe kumenyekanyisha ikuzo ryanjye.


kwambika ikamba abashavuye b’i Siyoni. Bazambikwa ikamba mu kigwi cy’ivu, umwambaro w’umurimbo mu cyimbo cy’ibigunira, basigwe amavuta y’ibyishimo mu mwanya w’umubabaro. Bityo bazabite «Imishishi y’ubutabera, ibihingwa by’Uhoraho, bigenewe kumenyekanyisha ikuzo rye.»


Nzabaha umutima mushya, mbashyiremo n’umwuka mushya. Mu mubiri wanyu, nzakuramo umutima w’ibuye, nshyiremo umutima wumva.


Muzakigabanya ubwanyu, kimwe n’abanyamahanga batuye muri mwe bakabyarira abana iwanyu, kuko mugomba kubafata nk’aho ari Abayisraheli. Na bo bazakora ubufindo hamwe namwe, kugira ngo bagire umugabane mu miryango ya Israheli.


Nzasendereza ku nzu ya Dawudi no ku muturage w’i Yeruzalemu, Umwuka mwiza kandi wiyoroshya, bityo bazandangamire. Naho uwo bahinguranyije, bazamugira mu cyunamo nk’umwana w’ikinege, bazamuririre cyane nk’abaririra umwana w’uburiza.


Rubanda babibonye, barakangarana; nuko basingiza Imana yahaye abantu ububasha bungana butyo.


Intumwa n’abavandimwe bari muri Yudeya bari barumvise ko n’abanyamahanga bakiriye ijambo ry’Imana.


Bagezeyo, bakoranya Kiliziya, babatekerereza ibyo Imana yari yakoranye na bo byose, ariko cyane cyane ko yugururiye abanyamahanga irembo ry’ukwemera.


Nuko Kiliziya ya Antiyokiya ibafasha ku byo bakeneye mu rugendo, banyura muri Fenisiya na Samariya babatekerereza iby’uguhinduka kw’abanyamahanga, maze iyo nkuru itera abavandimwe bose ibyishimo byinshi.


Nashishikarizaga Abayahudi kimwe n’Abagereki kugarukira Imana no kwemera Umwami wacu Yezu.


Abamwumvaga basingiza Imana, maze baramubwira bati «Muvandimwe, urabona ibihumbi by’Abayahudi bemeye uko bingana, nyamara dore bose barakiziritse ku Mategeko ya Musa.


Nimwisubireho rero kandi mugarukire Imana, kugira ngo ibyaha byanyu bihanagurwe;


Ni mwebwe mbere na mbere Imana yahingukirije Umugaragu wayo, iramuboherereza kugira ngo abazanire umugisha; bityo buri muntu muri mwe abone kuzinukwa ibibi yakoraga.»


Ni we Imana yakurishije ububasha bwayo ngo abe Umutegetsi n’Umukiza, kugira ngo aronkere Israheli ukwisubiraho n’ibabarirwa ry’ibyaha.


Twabivugaho iki? Ko abanyamahanga batashakashakaga ubutungane babushyikiriye, ubutungane ariko bukomoka ku kwemera,


Nuko rero twebwe twese, abo uruhanga rudapfukiranye, turashashagira ikuzo rya Nyagasani, bigatuma tugira imisusire ye, mu ikuzo rigenda ryisumbura, ku bwa Nyagasani, ari we Roho.


Kuko akababaro kanyuze Imana gatera kwisubiraho bigeza ku mukiro. Ibyo rero nta n’umwe wabyicuza. Naho akababaro gaheze mu by’isi gusa, gakurura urupfu.


Nuko zigasingiza Imana kubera jye.


Umuherezabitambo Pinehasi, abakuru b’imiryango n’abatware b’imiryango y’Abayisraheli, bamaze kumva ayo magambo ya bene Rubeni, bene Gadi na bene Manase, arabashimisha.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan