Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Ibyakozwe 10:39 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

39 Natwe rero turi abahamya b’ibyo yakoze mu gihugu cy’Abayahudi kimwe n’i Yeruzalemu. Bamwishe bamumanitse ku giti,

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

39 Natwe turi abagabo bo guhamya ibyo yakoreye mu gihugu cy'Abayuda byose n'i Yerusalemu: uwo bamwicishije kumubamba ku giti,

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

39 Kandi rero ni twe bagabo b'ibyo yakoze byose, i Yeruzalemu n'ahandi mu gihugu cy'Abayahudi. Baramwishe bamubambye ku musaraba.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

39 Kandi rero ni twe bagabo b'ibyo yakoze byose, i Yeruzalemu n'ahandi mu gihugu cy'Abayahudi. Baramwishe bamubambye ku musaraba.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Ibyakozwe 10:39
16 Iomraidhean Croise  

mbese nk’uko twabigejejweho n’ababyiboneye kuva mu ntangiriro, ari na bo bari bashinzwe kwamamaza ijambo ry’Imana,


Ibyo ni mwe bagabo bashinzwe kubihamya.


Namwe rero muzambera abagabo, kuko twabanye kuva mu ntangiriro.


uhereye kuri batisimu ya Yohani ukageza ku munsi atuvanywemo. Ni ngombwa rero ko umwe muri bo yafatanya natwe kuba umuhamya w’izuka rya Yezu.»


ahubwo mugiye guhabwa imbaraga za Roho Mutagatifu uzabazamo, bityo muzambere abahamya i Yeruzalemu, muri Yudeya yose no muri Samariya, ndetse no kugera ku mpera y’isi.»


atari kuri rubanda rwose, ahubwo ku bahamya batoranyijwe n’Imana hakiri kare, twebwe abariye kandi tukanywa kumwe na we aho amariye kuzuka mu bapfuye.


amara iminsi myinshi abonekera abari barazamukanye na we kuva muri Galileya kugera i Yeruzalemu, ari na bo bahamya babyo muri rubanda kugeza na n’ubu.


Yezu uwo rero Imana yaramuzuye, twese turi abahamya babyo.


Nimumenye neza rero, mwebwe mwese n’umuryango wose wa Israheli, ko izina rya Yezu Kristu w’i Nazareti mwebwe ubwanyu mwabambye, Imana ikamuzura mu bapfuye, ari ryo uyu muntu akesha kuba ahagaze imbere yanyu ari mutaraga.


Ni nde mu bahanuzi, abasekuruza banyu batatoteje? Ndetse bishe n’abahanuye mbere ukuza kwa ya Ntungane, imwe ubu ngubu mwagambaniye maze mukamwica.


Kristu yadukijije umuvumo w’amategeko, yihindura umuvumo ari we, ari twe agirira, kuko byanditswe ngo «Umanitse ku giti wese ni umuvumo.»


We wajyanye ibyaha byacu mu mubiri we bwite ku musaraba, kugira ngo nitumara gupfa ku byaha, tubeho mu butungane. Ni We nyir’ibikomere byabakijije.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan