Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Ibyakozwe 10:2 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

2 Yari umuntu wubaha kandi agatinya Imana, we n’urugo rwe rwose, akagirira ubuntu bwinshi rubanda kandi agasenga Imana ubudasiba.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

2 Yari umuntu w'umunyadini wubahana Imana n'abo mu rugo rwe bose, wagiriraga abantu ubuntu bwinshi, agasenga Imana ubudasiba.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

2 Yari umuntu wubaha Imana akayitinya, we n'abo mu rugo rwe bose. Yagiriraga ubuntu bwinshi abakene kandi yambazaga Imana ubudasiba.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

2 Yari umuntu wubaha Imana akayitinya, we n'abo mu rugo rwe bose. Yagiriraga ubuntu bwinshi abakene kandi yambazaga Imana ubudasiba.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Ibyakozwe 10:2
51 Iomraidhean Croise  

Koko rero naramutoye kugira ngo azatoze abana be n’abo mu nzu ye kuzakomeza inzira y’Uhoraho, bakurikiza ubutabera n’ubutungane, amaze gusaza; bityo Uhoraho azabone kurangiriza Abrahamu icyo yamusezeranyije.»


uzumvire mu ijuru aho utuye, maze wubahirize ibyo umunyamahanga azaba yagusabye byose, kugira ngo amahanga yose y’isi azamenye izina ryawe, maze agutinye nk’uko umuryango wawe Israheli ubigenza, kandi bazamenye ko izina ryawe ryambarizwa muri iyi Ngoro nubatse.


wowe, uzumvire mu ijuru aho utuye, maze wubahirize ibyo umunyamahanga azaba yagusabye byose, kugira ngo amahanga yose y’isi azamenye izina ryawe, maze agutinye nk’uko Israheli, umuryango wawe ubigenza, kandi bazamenye ko izina ryawe ryambarizwa muri iyi Ngoro nubatse.


Habayeho umugabo mu gihugu cya Usi, akitwa Yobu; yari umuntu w’inyangamugayo n’umunyamurava, agatinya Imana, kandi akanga ikibi.


Iyo bamaraga guhetura ingo zabo zose, Yobu yabatumiriraga kubasukura; maze akazinduka mu gitondo, agaturira buri wese igitambo gitwikwa. Koko rero, Yobu yaribwiraga ati «Wenda ahari abahungu banjye baba baracumuye, maze bakavuma Uhoraho mu mutima wabo.» Nguko uko Yobu yabigenzaga buri gihe.


Abagaragu bawe batewe ubwuzu n’amabuye yayo, bagashavuzwa n’itongo ryayo.


Hahirwa abumvira ibyemezo bye, bakamushakashaka babikuye ku mutima!


Nyobora mu kuri kwawe kandi ujye umbwiriza, kuko ari wowe Mana nkesha umukiro wose. Iminsi yose ni wowe niringira.


Igenewe umuririmbisha. Ni zaburi iri mu zo bitirira Dawudi.


Jyeweho, icyanjye ni ugutabaza Imana, kandi koko Uhoraho azandokora.


Nyagasani, ngirira imbabazi, ni wowe ntakira umunsi wose.


Ni indirimbo iri muri zaburi z’abahungu ba Kore. Igenewe umuririmbisha. Ikaririmbwa bikiranya mu majwi anyuranamo . . . . Iri mu za Hemani, Umwezirahi.


Ni byiza gufata ikintu ariko n’ikindi utakirekuye, kuko utinya Imana, abitunganya byombi.


Nuko kuva mu burengerazuba bazatinye izina ry’Uhoraho, no kuva mu burasirazuba batinye ikuzo rye, kuko azaza nk’uruzi ruhurura, rwihutishwa n’umwuka w’Uhoraho.


Uwari wahawe abiri na we, yunguka andi abiri.


Hanyuma abacira umugani, abumvisha ko ari ngombwa gusenga iteka batarambirwa.


Icyo gihe, i Yeruzalemu hari umuntu witwaga Simewoni; yari intungane kandi yubaha Imana. Yari ategereje ihumure rya Israheli, kandi Roho Mutagatifu yari amurimo.


Baramusubiza bati «Twatumwe n’umutegeka w’abasirikare witwa Koruneli, umuntu w’intungane, utinya Imana kandi agashimwa n’umuryango wose w’Abayahudi. Yabwiwe rero n’umumalayika mutagatifu kugutumira, kugira ngo yumve ibyo umubwira.»


maze arambwira ati ’Koruneli, isengesho ryawe ryakiriwe n’ubuntu bwawe buribukwa mu maso y’Imana.


ahubwo inyurwa n’umuntu wa buri hanga iryo ari ryo ryose uyitinya kandi agaharanira ubutungane.


Undi amuhanga amaso, ubwoba buramutaha, ni ko gusubiza ati «Ni iki se, Nyagasani?» Umumalayika aramubwira ati «Amasengesho yawe n’ubuntu bwawe byageze ku Mana, ntibyibagirwa.


Umumalayika bavuganaga ngo amare kugenda, Koruneli ahamagaza abantu babiri bo mu rugo rwe, n’umusirikare umukoreye igihe kirekire kandi wubaha Imana;


Azakubwira amagambo azagukiza, wowe n’urugo rwawe rwose.’


Nuko Pawulo arahaguruka, amaze kubacecekesha ikiganza, araterura ati «Bayisraheli, namwe abatinya Imana, nimunyumve.


Bavandimwe, mwaba urubyaro rwa Abrahamu cyangwa se mwaba abatinya Imana, iri jambo ry’umukiro ni mwe ryohererejwe.


ariko Abayahudi boshya abagore b’abapfasoni bubahaga Imana, kimwe n’abanyacyubahiro bo muri uwo mugi, babateza Pawulo na Barinaba ngo babatoteze, kugeza ubwo babamenesha mu gihugu cyabo.


Kirisipo, umutware w’isengero, yemera Nyagasani n’urugo rwe rwose, ndetse n’Abanyakorinti benshi bumvise amagambo ya Pawulo baremera, barabatizwa.


Aho rero i Yeruzalemu habaga Abayahudi bubaha Imana, bari baraturutse mu mahanga yose ari mu nsi y’ijuru.


Aho i Damasi hakaba umuntu witwa Ananiya, yari umuntu wubaha Imana, agakurikiza Amategeko kandi agashimwa n’Abayahudi bose bari bahatuye.


Abantu bubaha Imana bahamba Sitefano, baramuririra cyane.


Nyagasani aramubwira ati «Haguruka ujye mu muhanda witwa ’Ugororotse’, ubarize kwa Yuda umuntu witwa Sawuli, ukomoka i Tarisi. Ubu ariho arasenga,


Ubwo Kiliziya yariho mu mahoro muri Yudeya yose, muri Galileya no muri Samariya, ishinga imizi kandi ikomeza kubaha Nyagasani, bityo irushaho kujya mbere ikomejwe na Roho Mutagatifu.


Ubwo i Yope hakaba umwigishwakazi witwa Tabita, mu kigereki rikaba Doruka. Yakoraga ibikorwa byiza byinshi, kandi agatanga n’imfashanyo y’abakene.


Nimukomere ku isengesho, muhugukire gushimira.


Niba muri mwe hari ubuze ubuhanga, abusabe Imana izabumuha, Yo iha bose ku buntu kandi itagombye kugondozwa.


Ariko niba gukorera Uhoraho bitabashimishije, uyu munsi muhitemo uwo mushaka gukorera: byaba ibigirwamana ba so bayobotse bakiri hakurya y’Uruzi cyangwa se iby’Abahemori mubereye mu gihugu. Naho jye n’inzu yanjye tuzakorera Uhoraho.»


Ni nde utagutinya, Nyagasani, kandi ngo asingize izina ryawe ? Kuko ari wowe wenyine Nyirubutagatifu; amahanga yose azaza, maze apfukame imbere yawe, kubera ko ubucamanza bwawe bwigaragaje.»


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan