Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Ibyakozwe 10:11 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

11 Abona ijuru rirakingutse, hamanuka ikintu kimeze nk’umwenda munini gifashwe mu mfuruka enye, cyururuka kigana ku isi.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

11 abona ijuru rikingutse, maze ikintu kiramanuka gisa n'umwenda w'umukomahasi, gifashwe ku binyita bine kijya hasi.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

11 Abona ijuru rikingutse, ikintu kimeze nk'umwenda munini urambuye, gifashwe ku mitwe ine, kimanuka kiza ku isi.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

11 Abona ijuru rikingutse, ikintu kimeze nk'umwenda munini urambuye, gifashwe ku mitwe ine, kimanuka kiza ku isi.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Ibyakozwe 10:11
28 Iomraidhean Croise  

Inkoni y’ubwami ntizatirimuka mwa Yuda, n’inkoni y’ubutware ntizajya kure y’ibirenge bye, kugeza igihe Uwo igenewe azazira, Uwo amahanga azayoboka.


Nzabwira abo mu majyaruguru nti ’Bampe’, n’abo mu majyepfo nti ’Wibanyima!’ Ngarurira abahungu banjye bari mu gihugu cya kure, n’abakobwa banjye bari ku mpera z’isi,


Uwo ni Uhoraho ubivuze, we utarurukanya abajyanywe bunyago ba Israheli. Uretse n’abo nzaba narakoranyije, nzongera mbakoranyirizeho n’abandi.


Ku munsi wa gatanu w’ukwezi kwa kane, mu mwaka wa mirongo itatu, nari ku nkombe y’uruzi rwa Kebari rwagati mu bari barajyanywe bunyago, nuko ijuru rirakinguka, ndabonekerwa.


Ndabibabwiye: benshi bazava aho izuba rituruka n’aho rirengera, basangire na Abrahamu na Izaki na Yakobo mu Ngoma y’ijuru,


Nuko rubanda rwose rumaze kubatizwa, mu gihe Yezu na we amaze kubatizwa asenga, ijuru rirakinguka,


Arongera aramubwira ati «Ndakubwira ukuri koko: muzabona ijuru rikinguye n’abamalayika b’Imana bazamuka kandi bamanuka hejuru y’Umwana w’umuntu.»


Bitari no gupfira rubanda gusa, ndetse no gukoranya abana b’Imana batatanye, akababumbira hamwe.


Nanjye nimara kwererezwa hejuru y’isi, nzareshya bose mbiyegereze.»


Muri uwo mwenda harimo inyamaswa zose z’amaguru ane, ibikururuka ku butaka n’ibiguruka mu kirere.


«Nari mu mugi w’i Yope ndiho nsenga, nza gutwarwa, maze mbona mu ijuru ikintu kimeze nk’umwenda munini, gifashwe mu mfuruka enye cyururuka gituruka mu ijuru, maze kiza kinsanga.


Nuko aravuga ati «Dore ndabona ijuru rikinguye, n’Umwana w’umuntu ahagaze iburyo bw’Imana.»


Koko rero, nta bwo nshishwa n’Inkuru Nziza kuko ari yo bubasha bw’Imana burokora uwemera wese uhereye ku Muyahudi ukageza ku Mugereki.


ari bo Abayisraheli. Ni bo batowe, bahabwa ikuzo n’amasezerano, amategeko, imihango n’ubuhanuzi.


Twebwe turi Abayahudi kavukire, ntituri abanyamahanga b’abanyabyaha.


Nta Muyahudi ukiriho, nta Mugereki, nta mucakara, nta mwigenge, nta mugabo, nta mugore, kuko mwese muri umwe muri Kristu Yezu.


ngo izawuzuze ibihe bigeze: umugambi wo gukoranyiriza ibintu byose ku Mutware umwe rukumbi, Kristu, ari ibiri mu ijuru, ari n’ibiri ku isi.


None dore n’abanyamahanga na bo bemerewe gusangira umurage umwe natwe, bakaba ingingo z’umubiri umwe hamwe natwe, kandi bakabona uruhare ku isezerano rimwe hamwe natwe muri Kristu Yezu, babikesha Inkuru Nziza.


Icyo gihe rero ntihaba hakivugwa Umugereki cyangwa Umuyahudi, uwagenywe cyangwa utagenywe, umunyeshyanga cyangwa Umushiti, umucakara cyangwa uwigenga; ahubwo haba havugwa gusa Kristu, uba byose muri bose.


Nuko Ingoro y’Imana yo mu ijuru irakinguka, n’Ubushyinguro bw’Isezerano bugaragarira mu Ngoro yayo. Ubwo haba imirabyo, urusaku n’imihindagano nk’iy’inkuba, umutingito w’isi n’urubura rukaze.


Nuko mbona ijuru rirakinguye, maze hasohoka ifarasi y’umweru, Uwari uyicayeho akitwa Umudahemuka n’Umunyakuri, agaca imanza kandi akarwana akurikije ubutabera.


Nyuma y’ibyo ndareba, mbona irembo rikinguye mu ijuru, maze ijwi rimeze nk’iry’akarumbeti nari numvise mbere, rirambwira riti «Zamuka uze hano, maze nkwereke ibigomba kuba hanyuma y’ibi ngibi.»


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan