Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Ibyakozwe 1:16 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

16 «Bavandimwe, ibyo Roho Mutagatifu yavugishije Dawudi mu Byanditswe ku byerekeye Yuda wayoboye abafashe Yezu, byagombaga kubaho koko!

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

16 “Bagabo bene Data, ibyanditswe byari bikwiriye gusohora, ibyo Umwuka Wera yahanuriye mu kanwa ka Dawidi kuri Yuda wayoboye abafashe Yesu,

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

16 “Bavandimwe, byari ngombwa ko Ibyanditswe biba, ibyo Mwuka Muziranenge yari yarahaye Dawidi guhanura kuri Yuda wayoboye abafashe Yezu.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

16 “Bavandimwe, byari ngombwa ko Ibyanditswe biba, ibyo Mwuka Muziranenge yari yarahaye Dawidi guhanura kuri Yuda wayoboye abafashe Yezu.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Ibyakozwe 1:16
38 Iomraidhean Croise  

Umwuka w’Uhoraho wamvugiyemo, n’ijambo rye riri ku rurimi rwanjye.


Iryo ni rya jambo Uhoraho yari yarabwiye Yehu, agira ati «Abana bawe bazicara ku ntebe y’ubwami bwa Israheli kugeza ku gisekuru cya kane.» Koko kandi ni ko byagenze.


bati «Ibyamubayeho ni akaga rwose, ubwo yaryamye nta bwo agiteze kweguka!»


Nuko umwe muri ba Cumi na babiri witwaga Yuda Isikariyoti, asanga abatware b’abaherezabitambo,


Akivuga ibyo, Yuda umwe muri ba Cumi na babiri atunguka aherekejwe n’abantu benshi bitwaje inkota n’ibibando, boherejwe n’abatware b’abaherezabitambo n’abakuru b’umuryango.


Ariko se Ibyanditswe ko ari uko bigomba kumera byazarangira bite?»


Ariko ibyo byose byabereye kugira ngo ibyanditswe n’Abahanuzi byuzuzwe.» Nuko abigishwa baramutererana, bose barahunga.


Kandi Dawudi ubwe yaravuze ati ‘Nyagasani yabwiye Umutegetsi wanjye ati ’Icara iburyo bwanjye, kugeza igihe abanzi bawe mbahindura imisego y’ibirenge byawe’.


Nuko ako kanya akivuga, Yuda umwe muri ba Cumi na babiri azana n’igitero cy’abantu bafite inkota n’ibibando, boherejwe n’abaherezabitambo bakuru, n’abigishamategeko, n’abakuru b’imiryango.


Akivuga ibyo, hatunguka igitero cy’abantu babanjirijwe n’uwitwa Yuda, umwe muri ba Cumi na babiri. Yegera Yezu kugira ngo amuhobere.


Ubwo Amategeko yita imana ababwiwe ijambo ry’Imana, kandi Ibyanditswe bidashobora kuvuguruzwa,


Simvuze mwese: abo natoye ndabazi, ariko Ibyanditswe bigomba kuzuzwa ngo ’Uwo dusangira umugati ni we wanteye umugeri.’


Igihe nari kumwe na bo, abo wampaye narabaragiye mu izina ryawe; narabakomeje ntihagira n’umwe muri bo nzimiza, kereka umwana nyagucibwa kugira ngo Ibyanditswe byuzuzwe.


Ibyo byabaye ari ukugira ngo huzuzwe Ibyanditswe ngo «Nta gufwa rye rizavunika.»


Koko rero, ni ko byanditswe no mu gitabo cya Zaburi ngo ’Iwe harakaba itongo, ntihazagire uhatura.’ kandi ngo ’Umurimo we uzahabwe undi


Nyuma y’isomo ryo mu gitabo cy’Amategeko n’Abahanuzi, abatware b’isengero babatumaho bati «Bavandimwe, niba hari amagambo mufite yashishikaza rubanda, ngaho nimuvuge!»


Nimumenye rero, bavandimwe, ko ari ku bwe mwamenyeshejwe ibabarirwa ry’ibyaha, n’ubwo butungane mutashoboye kubona mu Mategeko ya Musa,


Barangije kuvuga, Yakobo afata ijambo agira ati «Bavandimwe, nimunyumve.


Bamaze kujya impaka z’urudaca, Petero ni ko guhaguruka, arababwira ati «Bavandimwe, muzi ko kuva mu ntangiriro Imana yantoranyije muri mwe, kugira ngo namamaze Inkuru Nziza mu banyamahanga, maze na bo baremera.


uwo muntu rero, bikurikije umugambi udakuka w’Imana, amaze gutangwa, mwaramwishe mumubambisha ku musaraba amaboko y’abagome.


Ngo bumve ayo magambo barakangarana, babaza Petero n’izindi Ntumwa bati «Bavandimwe, dukore iki?»


«Bavandimwe kandi babyeyi, nimwumve ukwiregura kwanjye ngiye kubagezaho.»


Pawulo ahanga amaso Inama nkuru, ni ko guterura ati «Bavandimwe, kugeza uyu munsi ndumva nta kibi mfite ku mutima.»


Pawulo ngo amenye ko iryo koraniro rigizwe n’igice kimwe cy’Abasaduseyi, n’ikindi cy’Abafarizayi, avuga aranguruye imbere y’Inama nkuru ati «Bavandimwe, ndi Umufarizayi, nkaba umwana w’Abafarizayi. Icyatumye nshyirwa mu rubanza, ndazira ko niringira izuka ry’abapfuye.»


Hashize iminsi itatu, Pawulo atumiza abanyacyubahiro b’Abayahudi bahatuye; ngo bamare guterana arababwira ati «Bavandimwe, n’ubwo nta kibi nagiriye umuryango wacu, cyangwa se ngo ncishe ukubiri n’imigenzo y’abasekuruza, nyamara nafungiwe i Yeruzalemu, nshyikirizwa Abanyaroma!


Bagera igihe bataha batarumvikana ubwabo, Pawulo ni ko kongeraho iri jambo ati «Mbega ngo riraba irinyakuri, rya jambo Roho Mutagatifu yabwiye abasekuruza banyu, arivugishije umuhanuzi Izayi ati


Sitefano arasubiza ati «Bavandimwe kandi babyeyi, nimunyumve: Imana Nyir’ikuzo yabonekeye umukurambere wacu Abrahamu igihe yari muri Mezopotamiya, mbere y’uko atura i Harani.


Bashakashakaga uko batahura igihe n’uburyo ibyo bari bumvishijwe na Roho wa Kristu wari ubarimo bizabera, nk’ibyerekeye ububabare Kristu yagombaga kubabara, hamwe n’ikuzo rizabukurikira.


kuko nta buhanuzi nyakuri bwigeze buva ku bushake bwa muntu, ahubwo abavuze batyo ni abantu bayobowe na Roho Mutagatifu, batumwe n’Imana.


byajyaga kurutaho kuri bo iyo batamenya inzira y’ubutungane, aho guhita birengagiza itegeko ritagatifu bamenyeshejwe.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan