Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Ibyakozwe 1:15 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

15 Muri iyo minsi, Petero arahaguruka, ahagarara hagati y’abavandimwe bari bateraniye aho, bageze nko ku ijana na makumyabiri. Nuko arababwira ati

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

15 Muri iyo minsi Petero ahagaze hagati ya bene Data, (umubare w'abantu bose bari bahateraniye bari nk'ijana na makumyabiri), aravuga ati

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

15 Muri iyo minsi Petero ahaguruka hagati y'abemera Yezu bari bateranye ari nk'ijana na makumyabiri, arababwira ati:

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

15 Muri iyo minsi Petero ahaguruka hagati y'abemera Yezu bari bateranye ari nk'ijana na makumyabiri, arababwira ati:

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Ibyakozwe 1:15
31 Iomraidhean Croise  

Abacira undi mugani ati «Ingoma y’ijuru imeze nk’imbuto ya sinapisi, umuntu yateye mu murima we.


ariko nagusabiye kugira ngo ukwemera kwawe kudatezuka. Nawe rero, numara kwisubiraho, uzakomeze abavandimwe bawe.»


Ndababwira ukuri koko: unyemera azakora imirimo nkora, ndetse azakora n’ibitambutseho, kuko ngiye kwa Data.


Kuva ubwo, iryo jambo rikwira mu bavandimwe ko uwo mwigishwa atazapfa. Nyamara Yezu ntiyavuze ngo ntazapfa, ahubwo ati «Niba nshaka ko akomeza kubaho kugera igihe nzazira, bigutwaye iki?»


Nuko Petero abinjiza mu nzu, arabacumbikira. Bukeye, arahaguruka ajyana na bo, aherekejwe na bamwe mu bavandimwe b’i Yope.


Intumwa n’abavandimwe bari muri Yudeya bari barumvise ko n’abanyamahanga bakiriye ijambo ry’Imana.


Roho Mutagatifu ambwira kujyana na bo nta gushidikanya. Aba bavandimwe batandatu muruzi ni bo bamperekeje, nuko twinjira mu nzu y’uwo muntu.


ahamusanze amuzana i Antiyokiya. Bahamara umwaka wose bakorera iyo Kiliziya kandi bigisha inteko nyamwinshi y’abantu. Aho i Antiyokiya nyine, ni ho abigishwa bitiwe bwa mbere na mbere «Abakristu».


Abigishwa rero, biyemeza gufasha abavandimwe batuye muri Yudeya, bakurikije na none amikoro ya buri muntu.


Abacecekesha ikiganza, maze abatekerereza uburyo Nyagasani yamukuye mu buroko, hanyuma arababwira ati «Nimujye kubimenyesha Yakobo n’abavandimwe.» Nuko arahava, yigira ahandi hantu.


Ariko bamwe mu Bayahudi bari banze kwemera, batera imidugararo mu banyamahanga, baboshya kugirira nabi abavandimwe.


Nuko abantu bamwe bavuye muri Yudeya, baza bigisha abavandimwe bo muri Antiyokiya bati «Niba mutigenyesheje uko Musa yabitegetse, ntimushobora gukizwa.»


Nuko Kiliziya ya Antiyokiya ibafasha ku byo bakeneye mu rugendo, banyura muri Fenisiya na Samariya babatekerereza iby’uguhinduka kw’abanyamahanga, maze iyo nkuru itera abavandimwe bose ibyishimo byinshi.


Yashimwaga cyane n’abavandimwe b’aho i Lisitiri kimwe n’Ikoniyo.


Pawulo na Silasi bamaze kuva mu buroko bajya kwa Lidiya, babonana n’abavandimwe. Bamaze kubakomeza umutima, baragenda.


Nuko nijoro abavandimwe bacikisha Pawulo na Silasi, babohereza i Beroya. Ngo bagereyo, binjira mu isengero ry’Abayahudi.


Uwo mwanya, abavandimwe bohereza Pawulo ku nyanja, naho Silasi na Timote baguma aho ngaho.


Bababuze, bakurubana Yasoni n’abandi bavandimwe, babashyira abatware b’umugi, basakuza bati «Abo bantu bateye isi yose hejuru, none bageze hano Yasoni arabakira.


Pawulo yongera kumara igihe kirekire i Korinti, hanyuma asezera ku bavandimwe, afata ubwato ajya muri Siriya ari kumwe na Purisila na Akwila. Ageze i Kenkireya, ariyogoshesha kubera umuhigo yari yarahize.


Hanyuma Apolo ashatse kujya muri Akaya, abavandimwe bamutera inkunga kandi bandikira abigishwa b’aho ngo bamwakire neza. Agezeyo, agirira akamaro abemeye babikesha ubuntu bw’Imana,


Tugeze i Yeruzalemu, abavandimwe batwakirana ibyishimo.


Abamwumvaga basingiza Imana, maze baramubwira bati «Muvandimwe, urabona ibihumbi by’Abayahudi bemeye uko bingana, nyamara dore bose barakiziritse ku Mategeko ya Musa.


Ubwo twebwe turangiza urugendo rwacu rwo kuva i Tiri, twururukira i Putolemayida, turamutsa abavandimwe b’aho, dusibira iwabo umunsi umwe.


Umuherezabitambo mukuru hamwe n’abakuru b’umuryango ni bo ntanzeho abagabo, bo bampaye inzandiko nshyikiriza abavandimwe bacu b’i Damasi, ubwo najyagayo, ntumwe kuboha abariyo no kubazana i Yeruzalemu kugira ngo bahanwe.


Tuhasanga abavandimwe, badusaba kumara icyumweru iwabo. Nuko tugera i Roma dutyo.


Hanyuma yongeye kubonwa n’abavandimwe magana atanu icya rimwe; abenshi muri bo baracyariho, abandi barapfuye.


Ako kanya haba umutingito w’isi ukomeye, igice cya cumi cy’umurwa kirariduka, maze abantu ibihumbi birindwi bahitanwa n’icyo cyorezo. Nuko abarokotse batahwa n’ubwoba, basingiza Imana yo mu ijuru.


Nyamara aho i Saridi, uhafite abantu bakeya batanduje imyambaro yabo; abo ni bo tuzajyana bambaye imyambaro yererana, kuko babikwiriye.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan