Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Hoseya 9:8 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

8 Umuhanuzi uri kumwe n’Imana ye, ni we murinzi urengera Efurayimu; ariko baramutega imitego aho anyura hose, bakamutera no mu nzu y’Imana ye.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

8 Efurayimu ni umurinzi uhēza Imana yanjye: ubukira bategesha inyoni butezwe ku nzira zose, aho umuhanuzi anyura, urwango rwabo ruramukurikirana no mu nzu y'Imana ye.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

8 Imana yanjye yangize umuhanuzi, yanshyiriyeho kuba umurinzi uburira Abefurayimu. Nyamara aho nyura hose banteze imitego nk'abatega inyoni, mu gihugu Imana yabatujemo barandwanya.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

8 Imana yanjye yangize umuhanuzi, yanshyiriyeho kuba umurinzi uburira Abefurayimu. Nyamara aho nyura hose banteze imitego nk'abatega inyoni, mu gihugu Imana yabatujemo barandwanya.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Hoseya 9:8
42 Iomraidhean Croise  

Eliya Umutishibi, wo mu baturage b’i Gilihadi, abwira Akabu ati «Ndahiye Uhoraho, Imana ya Israheli nkorera, ko nta rume cyangwa imvura bizagwa muri iyi myaka, keretse jye mbitegetse!»


Hashize iminsi myinshi, mu mwaka wa gatatu, Uhoraho abwira Eliya, ati «Genda wiyereke Akabu; ngiye kugusha imvura ku butaka.»


Noneho ntumirira Abayisraheli bose bateranire ku musozi wa Karumeli, kimwe n’abahanuzi magana ane na mirongo itanu ba Behali, barira ku meza ya Yezabeli.»


Sidikiyahu mwene Kenahana wari wicuriye amahembe y’ibyuma, aravuga ati «Uhoraho aravuze ngo: Aya mahembe uzayakubitisha Abaramu kugeza igihe bazashirira!»


Iramusubiza iti ’Nzagenda mpinduke umwuka w’ibinyoma mu kanwa k’abahanuzi be bose.’ Uhoraho arayibwira ati ’Uzamushukashuke, kandi uzabishobora, genda ugenze utyo.’


Mikayehu aravuga ati «Nuramuka utabarutse amahoro, Uhoraho azaba ataramvugiyemo.»


Umwami wa Israheli akoranya abahanuzi bagera kuri magana ane, maze arababaza ati «Nzikore njye gutera Ramoti y’i Gilihadi, cyangwa se nzarorere?» Baramusubiza bati «Hatere! Uhoraho ahagabije umwami.»


Umunsi umwe abantu bari bagiye guhamba umupfu, babonye kimwe muri ibyo bitero, bajugunya iyo ntumbi mu mva yahambwemo Elisha, nuko barahunga. Intumbi ye igwira amagufa ya Elisha, wa muntu ahita azuka maze arahaguruka, arahagarara.


Afata wa mwitero, awukubitisha amazi avuga ati «Uhoraho, Imana ya Elisha, ari hehe?» Elisha akubita amazi, amwe ajya ku ruhande rumwe, andi ku rundi, ubwo arambuka.


Arasohoka ajya ku isoko y’amazi, ajugunyamo umunyu, avuga ati «Uhoraho aravuze ngo: Nsukuye aya mazi, ntazongere kwicana, ntazongere kurumbya.»


Umuntu w’Imana arababwira ati «Nimuzane ifu!» Barayimuzanira ayishyira mu nkono, hanyuma aravuga ati «Nimwarurire abantu barye!» Basanga nta kibi kikiri mu nkono.


Umugaragu we aramusubiza ati «Nashobora nte kubigaburira abantu ijana?» Aramusubiza ati «Bibagaburire barye, kuko Uhoraho avuze ngo bazarya kandi basigaze!»


Nuko Nahamani aramanuka ajya kuri Yorudani, yibira mu mazi incuro ndwi nk’uko yabitegetswe n’umuntu w’Imana. Umubiri we uhinduka nk’uw’umwana muto, maze akira ibibembe.


kandi ugiye gufatwa n’ibibembe bya Nahamani, ukazabirwara wowe n’urubyaro rwawe bikababaho akarande?» Gehazi atandukana na Elisha, maze umubiri we ugenda wera nk’urubura kubera ibibembe.


Umufasha w’umwami, ari na we yegamiraga, abaza umuntu w’Imana, ati «N’aho Uhoraho yafungura amadirishya y’ijuru, ese byaba nk’uko ubivuze?» Elisha aramusubiza ati «Uzabirebesha amaso yawe bwite, ariko ntuzabiryaho.»


Twararusimbutse nk’inyoni ivuye mu mutego w’umuhigi; umutego waracitse, turarusimbuka!


Nta muntu umenya igihe azapfira; uko amafi afatirwa mu rushundura cyangwa inyoni zikagwa mu mutego, ni na ko umuntu atungurwa n’ibyago, iyo bimwubikiye bikamugwa gitumo.


Nahuye n’abarinzi, bamwe barara irondo mu mugi; ndababwira nti «Mbese ntimwabonye uwo umutima wanjye ukunda?»


Ku nkike zawe, Yeruzalemu, nahashyize abarinzi; amanywa n’ijoro ntibazigera baceceka na rimwe. «Mwebwe, abibutsa Uhoraho ibya Yeruzalemu, ntimukaruhuke!


Jyewe nari nk’umwana w’intama utuje bajyanye mu ibagiro; sinari nzi ko bangiriye imigambi mibi bagira bati «Nimucyo dutsinde igiti kigitoshye, tugitsembe mu gihugu cy’abazima; izina rye ryoye kuzongera kuvugwa ukundi!»


Nuko ndavuga nti «Ariko rero, Nyagasani Mana, dore uko abahanuzi bababwira: Ntimuzigera mubona inkota, kandi inzara ntizabatungura; kuko aha hantu nzahabahera amahoro y’umudendezo.»


Mu bahanuzi bo muri Samariya nahabonye ibintu biteye ishozi: bahanura mu izina rya Behali, bakayobya umuryango wanjye Israheli.


Koko, hateganyijwe umunsi abarinzi bazatera hejuru ku musozi wa Efurayimu, bagira bati «Duhaguruke! Tuzamuke i Siyoni; dusange Uhoraho Imana yacu.»


Barazinzika ishyano ry’umuryango wanjye, bavuga ngo «Ni amahoro, byose bimeze neza!» Nyamara ariko nta mahoro ariho.


Nashyizeho abarinzi kugira ngo babarinde, none rero, muritonde nimwumva ihembe! Ariko baravuga ngo «Nta bwo dushaka kuryitaho.»


Amabonekerwa abahanuzi bawe bakugejejeho, ni ibinyoma n’impfabusa! Ntibakugaragarije igicumuro cyawe, kugira ngo wirinde ibi byakugwiririye, ahubwo impanuro bakubwiye, zarakurindagije zirakuyobya.


Ibyo byatewe n’ibyaha by’abahanuzi bayo, kimwe n’amafuti y’abaherezabitambo bayo; bameneye amaraso y’intungane rwagati muri yo.


«Mwana w’umuntu, nagushyiriyeho kuburira umuryango wa Israheli. Igihe rero uzaba wumvise ijambo rivuye mu kanwa kanjye, ujye ubaburira mu kigwi cyanjye.


Nawe rero, mwana w’umuntu, nagushyiriyeho kuburira umuryango wa Israheli. Igihe uzaba wumvise ijambo rivuye mu kanwa kanjye, ujye ubaburira mu kigwi cyanjye.


Baherezabitambo, nimwumve ibi ngibi, nimubitege amatwi namwe, ab’inzu ya Israheli, namwe abo ku rurembo rw’ibwami, mubyumve! Ni mwebwe mwashinzwe guca imanza, nyamara i Misipa mwabereye inkomyi umuryango wanjye, munawubere umutego ku musozi wa Taboru.


Ngiyi iminsi y’igihano iregereje, igihe cyo kuryozwa kirageze; Israheli nibimenye! Bariyamiriye bati «Umuhanuzi ahindutse umusazi, uwuzuwemo n’umwuka w’Uhoraho aravugaguzwa!» — Ni byo koko, ariko bitewe n’ubwinshi bw’ibicumuro byawe, kandi amagorwa azakugwirira, arakomeye cyane!


Barihumanyije bikabije, nko mu gihe cy’i Gibeya, ariko Imana izibuka ibicumuro byabo, ibaryoze ibyaha bakoze.


Uwitwa umwere muri bo ameze nk’ihwa rihanda, uw’intungane akamera nk’uruzitiro rw’imifatangwe. Ngaha rero, umunsi bamenyeshejwe n’abarinzi babo urageze, maze bose bakorwe n’ikimwaro!


Iyo ntagaragariza muri bo ibikorwa bitigeze gukorwa n’undi wundi, nta cyaha bajyaga kugira; ubu rero barabibonye, bararenga baranyanga hamwe na Data.


Nyamara se, niba ukuri kw’Imana kurushaho kugaragara ku mpamvu y’ikinyoma cyanjye, maze Imana igahabwa ikuzo, ni uruhe rubanza rwampamya kuba umunyabyaha ?


Nimwumvire abayobozi banyu kandi mubashobokere, kuko ari bo bashinzwe roho zanyu kandi bakazazibazwa. Bityo bazashobora kubikorana ibyishimo, aho kubikora binuba, kuko ibyo nta kamaro byabagirira.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan