Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Hoseya 9:7 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

7 Ngiyi iminsi y’igihano iregereje, igihe cyo kuryozwa kirageze; Israheli nibimenye! Bariyamiriye bati «Umuhanuzi ahindutse umusazi, uwuzuwemo n’umwuka w’Uhoraho aravugaguzwa!» — Ni byo koko, ariko bitewe n’ubwinshi bw’ibicumuro byawe, kandi amagorwa azakugwirira, arakomeye cyane!

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

7 Iminsi yo guhanwa irageze, iminsi yo guhōrwa irashyitse, Isirayeli azabimenya. Umuhanuzi yabaye umupfu, n'uhanzweho n'umwuka yarasaze, basarishijwe no gukiranirwa kwawe kwinshi, n'uko ubwanzi bwawe bugwiriye.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

7 Iminsi yo guhana Abisiraheli iregereje, iminsi yo guhōrwa kwabo irageze, ngaho nibabimenye! Baravuga bati: “Uyu muhanuzi ni igicucu, uyu muntu ukoreshwa na Mwuka ni umusazi!” Ibyo bavuga babiterwa n'ibicumuro byabo byinshi, banabiterwa n'urwango rukomeye bagira.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

7 Iminsi yo guhana Abisiraheli iregereje, iminsi yo guhōrwa kwabo irageze, ngaho nibabimenye! Baravuga bati: “Uyu muhanuzi ni igicucu, uyu muntu ukoreshwa na Mwuka ni umusazi!” Ibyo bavuga babiterwa n'ibicumuro byabo byinshi, banabiterwa n'urwango rukomeye bagira.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Hoseya 9:7
40 Iomraidhean Croise  

Yehu arasohoka, asanga abagaragu ba shebuja. Baramubaza bati «Amakuru ni meza? Wa mugabo w’umusazi yagushakiraga iki?» Arabasubiza ati «Namwe muzi bene abo bagabo n’uburondogozi bwabo!»


Muzamera mute ku munsi w’irimburwa, ubwo umuhengeri uzaba uturutse iyo bigwa? Ni nde muzahungiraho kugira ngo abatabare, muzahisha hehe ubwo bukungu bwanyu?


Wabanguye ukuboko kwawe, Uhoraho, ntibakubona, nyamara bazabona ishyaka urwanirira umuryango wawe, bakorwe n’isoni, kandi batwikwe n’umuriro wagenewe abanzi bawe.


Kuko ari umunsi w’ukwihorera k’Uhoraho, akaba ari umwaka wo kubitura ibibi bakoreye Siyoni.


Noneho rero, ibinyoma by’abacunnyi mbihinduye ubusa, abapfumu mbateye kuvugishwa, abahanga mbashubije inyuma, n’ubuhanga bwabo mbuhinduye amanjwe.


Byose ni ubucucu n’amanjwe baseka, igihe cyo guhanwa nikigera, bizarimburwa.


Iwabo nta n’umwe uzarokoka; nzateza ibyago abantu b’i Anatoti mu mwaka bazagomba kuryozwa ibyo bakoze.


Nzabanza mbaryoze incuro ebyiri ibyaha byabo n’ibicumuro byabo; kuko igihugu cyanjye bagihindanyishije ibigirwamana byabo na byo bitibereyeho, maze umurage wanjye bakawuzuza ibiterashozi byabo.


Mu bahanuzi bo muri Samariya nahabonye ibintu biteye ishozi: bahanura mu izina rya Behali, bakayobya umuryango wanjye Israheli.


(kuko na bo bazakandamizwa n’amahanga menshi, ndetse n’abami b’ibihangange.) Koko rero, jyewe Uhoraho nzabaryoza ibikorwa byabo n’imigenzereze yabo.


’Uhoraho ni we wagushyize mu mwanya w’umuherezabitambo Yehoyada, kugira ngo ugenzure umuntu wese uvuga amahomvu n’uwiha guhanura mu Ngoro, maze umushyire ku ngoyi.


N’abacancuro bayo bari bameze nk’ibimasa by’imishishe; na bo barahindukiye, bose barahunze, ntibashobora guhangara urugamba. Kandi koko, umunsi wabo wageze, igihe cyabo cyo kuryozwa cyatashye.


Barazinzika ishyano ry’umuryango wanjye, bavuga ngo «Ni amahoro, byose bimeze neza!» Nyamara ariko nta mahoro ariho.


Bazinzika ishyano ry’umuryango wanjye, bavuga ngo «Ni amahoro, byose bimeze neza!» Nyamara ariko nta mahoro ariho.


Amabonekerwa abahanuzi bawe bakugejejeho, ni ibinyoma n’impfabusa! Ntibakugaragarije igicumuro cyawe, kugira ngo wirinde ibi byakugwiririye, ahubwo impanuro bakubwiye, zarakurindagije zirakuyobya.


Koko rero, bayobeje umuryango wanjye bavuga ngo: Ni amahoro, kandi ari nta yo. Irebere nawe, iyo hagize uwubaka inkike, bayihoma by’urwiyerurutso!


Nyagasani Uhoraho aravuze ngo biyimbire, abo bahanuzi b’ibipfamutima bakurikiza ibitekerezo byabo bwite, kandi nta cyo beretswe!


Nzihorera bikomeye mbahanisha ibihano bikaze, maze bazamenye ko ndi Uhoraho, igihe nzaba maze kubahana, nihorera.


Nzagaragaza ubuhangange bwanjye n’ubutungane bwanjye, nzimenyekanye mu maso y’amahanga atagira ingano, maze bazamenye ko ndi Uhoraho.’


None rero nanjye sinzigera mbarebana impuhwe, kandi sinzanabababarira; nzabahora iyo myifatire mibi yabo.»


Samariya igomba guhanwa kuko yigometse ku Mana yayo. Bazarimburwa n’inkota, abana babo b’ibitambambuga bazicwe, abagore babo batwite babakuremo inda.


Umunsi wo guhanwa, Efurayimu izahinduka itongo, naho imiryango ya Israheli nyimenyeshe ibizayibaho.


Bakunda kuntura ibitambo, no kurya inyama zabyo, nyamara jye Uhoraho, ntibinshimisha. Kuva ubu nzakomeza kwibuka amakosa yabo, mbaryoze ibyaha byabo, basubire mu Misiri.


Umuhanuzi uri kumwe n’Imana ye, ni we murinzi urengera Efurayimu; ariko baramutega imitego aho anyura hose, bakamutera no mu nzu y’Imana ye.


Nuko arambwira ati «Amosi, urabona iki?» Ndamusubiza nti «Ndabona igitebo kirimo imbuto zeze impeshyi igiye kurangira.» Uhoraho arambwira ati «Israheli, umuryango wanjye, ugeze ku ndunduro yawo, sinzongera kugaruka ari wo unzanye.


Iyaba habonekaga umuntu wiruka inyuma y’umuyaga, agakwirakwiza ibinyoma agira ati «Nguhanuriye ko uzagwirizwa divayi n’ibindi bisindisha!» uwo ni we waba umuhanuzi ukwiriye uyu muryango.


Uwitwa umwere muri bo ameze nk’ihwa rihanda, uw’intungane akamera nk’uruzitiro rw’imifatangwe. Ngaha rero, umunsi bamenyeshejwe n’abarinzi babo urageze, maze bose bakorwe n’ikimwaro!


Abahanuzi bawo ni abirasi n’ababeshyi; abaherezabitambo bawo bahindanyije ibintu bitagatifu, barenga no ku mategeko!


Nuko bene wabo wa Yezu babyumvise, baza kuhamuvana; kuko bavugaga ngo «Yasaze!»


Kuko izaba ari iminsi y’igihano, maze ibyanditswe byose bizuzuzwe.


Niba twaragaragaweho n’ibisazi, twabigiriye Imana; niba kandi twarashyize mu gaciro, ni mwebwe twabigiriye.


Umurwa w’icyamamare usadukamo ibice bitatu, n’imigi y’amahanga irariduka. Nuko Imana yibuka ityo Babiloni, wa murwa w’icyamamare, kugira ngo iwuhe ku nkongoro isendereye divayi y’uburakari bwayo.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan