Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Hoseya 9:6 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

6 Dore ngabo bahunze igihugu cyabo cyarimbutse, Misiri izabakira, ariko i Memfisi hazabe imva yabo; ibintu byabo by’agaciro gakomeye bizarengwaho n’ibitovu, n’amahwa apfukirane ahari amahema yabo.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

6 Kuko dore bahunze kurimbuka, ariko Egiputa hazabakira, na ho i Mofu hazabahamba. Ibintu byabo binezeza by'ifeza bizarengwaho n'igisura, n'amahwa azamera mu ngo zabo.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

6 Nubwo Abisiraheli bahunga kugira ngo batarimbuka, Abanyamisiri bazabakacira babice, imirambo yabo izahambwa i Memfisi. Umutungo wabo w'ifeza uzarengwaho n'igisura, aho bari batuye hazamera ibitovu.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

6 Nubwo Abisiraheli bahunga kugira ngo batarimbuka, Abanyamisiri bazabakacira babice, imirambo yabo izahambwa i Memfisi. Umutungo wabo w'ifeza uzarengwaho n'igisura, aho bari batuye hazamera ibitovu.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Hoseya 9:6
32 Iomraidhean Croise  

Ingabo Yowakazi yari asigaranye, bari abagabo mirongo itanu bagendaga ku mafarasi, amagare cumi, n’abagabo ibihumbi cumi bagendaga ku maguru, kuko abandi bose, umwami w’Abaramu yari yabatsembye abagira nk’umukungugu banyukanyutse.


n’igihugu cyera akagihindura ubutaka bw’umunyu, ku mpamvu y’ubugiranabi bw’abahatuye.


Nasanze wararariyemo ikigunda, wuzuyemo amahwa, n’uruzitiro rw’amabuye rwarasenyutse.


Uwo munsi kandi, Uhoraho azongera abangure ukuboko kwe, kugira ngo agobotore udusigisigi tw’umuryango we, abazaba bakiri muri Ashuru no mu Misiri, i Patorosi, n’i Kushi, i Elamu, n’i Shimeyari, i Hamati no mu birwa byo ku nyanja.


Abatware b’i Tanisi bahindutse ibigoryi, ab’i Memfisi bibereye mu nzozi, bariho barayobya Misiri, kandi ari bo gahuzamiryango.


Uwo munsi, Uhoraho azahura imyaka ye, uhereye ku ruzi rwa Efurati kugeza ku mugezi wa Misiri. Nuko mwebwe Abayisraheli, muzasarurwe mutyo, umwe umwe.


Muzaririra ubutaka bw’umuryango wanjye, igihe buzaba bumeraho ibihuru by’amahwa, muririre n’amazu meza yose mwishimiragamo, mu murwa w’umunezero.


Ingoro zabo zizameramo amahwa, ibigo bikomeye bimeremo ibisura n’ibitovu, habe indiri y’ingunzu, n’imbuga ya za mbuni.


Nzawureka ube ikigunda, ntuzicirwa cyangwa ngo uhingirwe, uzameremo amahwa n’imifatangwe, nzabuze n’ibicu kuwugushaho imvura.


Uwo munsi nanone, ahantu hari ingemwe igihumbi z’imizabibu, zikwiranye n’ibiceri igihumbi bya feza, hazahinduka ibihuru by’amahwa n’imifatangwe.


Dore ndetse ab’i Nofu n’i Dafune baragukandagira ku gahanga!


Ubu rero nimumenye neza ko muzicwa n’inkota, inzara, ndetse n’icyorezo, mukagwa aho mugiye guhungira.»


Uhoraho abwira Yeremiya iri jambo ryerekeye Abayuda bose bari batuye mu gihugu cya Misiri, i Migidoli, i Tafune, i Memfisi no mu gihugu cya Patorosi, agira ati


Nzigarurira abasigaye bo muri Yuda, bagahungira mu Misiri bakahatura. Bazapfa bose, bagwe mu gihugu cya Misiri bazize inkota n’inzara. Bose bazazira inkota n’inzara, babe ba ruvumwa, batukwe kandi basekwe.


Nzahana abagiye gutura mu gihugu cya Misiri nk’uko nahannye ab’i Yeruzalemu, nkabicisha inkota, inzara n’icyorezo.


Ubitangaze mu Misiri, ubyamamaze i Migidoli, ubigeze i Memfisi n’i Tafune, ugira uti «Urarye uri menge, inkota yabiciye impande zawe.


Baturage ba Misiri, nimutegure impago zo guhungana; kuko Memfisi igiye guhinduka agasi, ibe umuyonga n’itongo ridatuwe.


Dore uko Nyagasani Uhoraho avuga: Ngiye gutsemba burundu ibigirwamana, mvaneho ibishushanyo by’i Nofu; ndetse nta n’igikomangoma kizongera kubaho ukundi mu gihugu cya Misiri. Ngiye guteza ubwoba igihugu cya Misiri.


Igihugu cya Misiri nzagiteza inkongi y’umuriro; i Sini bagire umubabaro ukomeye, umugi wa No nywucemo icyuho, naho Nofu amazi ayisenderemo.


Amasengero y’ahirengeye y’i Aveni, ari na yo mvano y’icyaha cya Israheli, azasenywa; amahwa n’ibitovu bipfukirane intambiro zabo, maze bazabwire imisozi bati «Nimuturidukireho ! », n’utununga bati «Nimudutwikire !»


Bazaturuka mu Misiri bameze nk’uruhuri, bave no mu gihugu cya Ashuru bameze nk’inuma; maze nzabatuze mu mazu yabo. Uwo ni Uhoraho ubivuze.


Abana be sinzabagirira igishyika, kuko ari abana bo mu buraya.


Efurayimu ni nk’inuma y’injiji idatekereza, baratakira Misiri, bakirukankira no muri Ashuru;


Nibagushe ishyano kuko bampunze, barimbuke kuko banyigometseho! Nanjye se naba uwo kubacungura, kandi bambwira ibinyoma?


Iyo bagarutse, si jye baba bagarukiye, ahubwo baba bameze nk’umuheto utanoze. Abatware babo bazarimburwa n’inkota, bazazira ubugome bw’ururimi rwabo, maze basekerwe mu gihugu cya Misiri.


Bakunda kuntura ibitambo, no kurya inyama zabyo, nyamara jye Uhoraho, ntibinshimisha. Kuva ubu nzakomeza kwibuka amakosa yabo, mbaryoze ibyaha byabo, basubire mu Misiri.


Ntibazongera gutura mu gihugu cy’Uhoraho, kuko Efurayimu izasubira mu Misiri, bakazajya no muri Ashuru kurya ibyahumanye.


Mwebwe ubwo muzaba mwarakwiriye imishwaro mu mahanga yose, kandi na ho nzahabakurikiza inkota. Igihugu cyanyu kizazima, imigi yanyu isigare ari amatongo.


Nimuboroge, mwe abatuye mu karere k’epfo, kuko inyoko y’abacuruzi yatsiratsijwe, n’abapimaga feza bose bakaba batsembwe!


Abayisraheli babonye ko bari mu kaga, kuko Abafilisiti bari babasatiriye, bihisha mu buvumo, mu myobo, mu bitare, mu bisimu no mu mariba.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan