Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Hoseya 9:12 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

12 Ndetse n’iyo babyirura abahungu, nababagomwa bataraba abagabo; ni koko, bazabona ishyano nimara kwitandukanya na bo!

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

12 Naho barera abana babo, nzababambura he kugira umuntu usigara, ndetse bazabona ishyano igihe nzabarekera!

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

12 Nubwo bagira abana bakabarera, nzababagomwa he gusigara n'umwe. Abefurayimu bazabona ishyano ubwo nzaba mbaretse!

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

12 Nubwo bagira abana bakabarera, nzababagomwa he gusigara n'umwe. Abefurayimu bazabona ishyano ubwo nzaba mbaretse!

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Hoseya 9:12
23 Iomraidhean Croise  

Nibagushe ishyano kuko bampunze, barimbuke kuko banyigometseho! Nanjye se naba uwo kubacungura, kandi bambwira ibinyoma?


Efurayimu yarafashwe none imizi yayo yarumagatanye, ntibazongera kwera imbuto ukundi. Ndetse nibanabyara, nzabagomwa ibyo byiza bibarutse.


Hanze, inkota izavuga ibamareho abana, no mu mazu yabo haganze ubukangarane. Umuhungu w’umusore azapfa rumwe n’umukobwa w’inkumi, umwana uri ku ibere apfe rumwe n’umugabo umeze imvi.


Icyo gihe uburakari bwanjye buzawugurumanira, mbatererane, mbahishe amaso, bapfe bashire, ibyago n’imibabaro myinshi bibibasire. Nuko icyo gihe bazavuge bibaza bati ’Igituma ibi byago byadusaritse, aho si uko Imana yacu itakiri muri twe?’


Efurayimu ndabona imeze nka Tiri, yubatse ahantu hatohagiye, nyamara bazayihatira gutanga abana ngo bicwe!


«Uhoraho, reba kandi witegereze; abo wakoreye ibi ni bande? Byagenze bite kugira ngo ababyeyi barye abana babo, bya bitambambuga byabateraga ubwuzu? Byagenze bite kugira ngo abaherezabitambo n’abahanuzi bicirwe icyarimwe mu Ngoro y’Uhoraho?


Nabagoshoje intara, mbatatanyiriza mu midugudu yo mu gihugu. Umuryango wanjye ndawutsemba, nywuvutsa abana, ariko ntiwahinduye imyifatire.


abana abyara bazicwa n'inkota, abamukomokaho bazicwa n'inzara.


bituma Uhoraho abirukana imbere ye, nk’uko yari yarabivugishije abagaragu be bose b’abahanuzi. Abayisraheli bakurwa mu gihugu cyabo, bajyanwa muri Ashuru, ari na ho bakiri na n’ubu.


Nuko Uhoraho arakarira bikabije Abayisraheli, abirukana imbere ye, hasigara umuryango wa Yuda wonyine.


Icyo gihe umwuka w’Imana wari wavuye muri Sawuli, kandi umwuka mubi utumwe n’Uhoraho wamubuzaga uburyo.


Baraki akurikirana amagare n’ingabo kugera i Harosheti‐Goyimu; ingabo zose za Sisera azimarira ku nkota; ntiyasigaza n’umwe.


Abahungu bawe n’abakobwa bawe bazagabizwa undi muryango, amaso yawe ahere mu kirere, ananizwe no kubashakisha buri munsi, nyamara ari nta cyo ushobora kubikoraho na busa.


Nk’uko Uhoraho yari yarababwiye ko bazagwa mu butayu, koko nta n’umwe waharokotse uretse Kalebu mwene Yefune, na Yozuwe mwene Nuni.


Isubireho, Yeruzalemu! Naho ubundi nzitandukanya nawe, maze nguhindure ubutayu, igihugu kidatuwe.


Buri muntu wese ugenza atyo, Uhoraho arakamwima umwishingira n’umuvugizi mu mahema ya Yakobo, ndetse ntakabone n’umuturira igitambo cyo kumusabira kuri Uhoraho, Umugaba w’ingabo.


Mbese uko iminsi yabaye mirongo ine yo gutata igihugu, umunsi umwe nzawubara ho umwaka, maze mu gihe cy’imyaka mirongo ine, muzashengurwe n’intimba y’ibyaha byanyu, maze muzamenyereho icyo ari cyo umugayo wanjye.


Umuvumo uzaza mu bana bawe, mu myaka yo mu mirima yawe, mu nka zawe zihaka no mu ntama zawe zonsa.


Wampagurukirije abaterabwoba bankikije, mbese nk’abantu batumiriwe umunsi mukuru; ntihagira urokoka cyangwa ucika ku icumu, ku munsi w’uburakari bw’Uhoraho. Abo nirereye nkabakuza, umwanzi yabantsembyeho.»


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan